Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

radiotv10by radiotv10
12/10/2022
in MU RWANDA
0
Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Igenzura ry’Amashuri (NESA) gitangaza ko cyakiriye ubusabe ibihumbi 30 bw’abanyeshuri bifuza guhindurirwa ibigo by’amashuri boherejweho, mu gihe abamaze gusubizwa ari ibihumbi bitatu.

Hashize ibyumweru bibiri, Minisiteri y’Uburezi itangaje ibyavuye mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2021-2022.

Mu cyumweru gishize, tariki 04 Ukwakira 2022, abanyeshuri bakoze ibi bizamini barimo abiga baba mu bigo n’abiga bataha, batangiye amasomo.

Gusa hari bamwe mu banyeshuri batarajya gutangira amasomo ku bigo boherejwemo kubera impamvu zinyuranye, ndetse bakaba barahawe uburenganzira bwo gusaba kubihindurirwa, bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Igenzura ry’Amashuri (NESA), Dr Bernard Bahati avuga ko “tumaze kwakira ubusabe ibihumbi mirongo itatu (30 000), kugeza ubu ubusabe bugera mu bihumbi bitatu (3 000) bwamaze gusubizwa.”

Bamwe mu babyeyi basaba ko abana babo bahindurirwa ibigo boherejweho, batanga impamvu zitandukanye zirimo kuba abana babo bafite ibibazo nk’uburwayi buhoraho ndetse n’ubumuga.

Dr Bernard Bahati avuga ko ubusabe busigaye na bwo buzasubizwa mu gihe cya vuba ku buryo bizageza ku wa Gatanu w’icyumweru gitaha bwaramaze guhabwa umurongo.

Yavuze ko impamvu ituma ubu busabe budahita busubizwa ari iko iki Kigo  gishinzwe Ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi bw’amashuri, kibanza gukorana n’ibigo by’amashuri kugira ngo hamenyekane abanyeshuri bagezeyo n’abataragezeyo n’impamvu batarajyayo.

Ati “Izo raporo ni zo zidufasha kumenya abanyeshuri batageze ku mashuri ubundi tukamenya uburyo twohereza abanyeshuri ku bigo bifuza.”

Ubwo hatangazwaga abatsinze ibizaminiri bya Leta mu mwaka w’amashuri wa 2021-2022, Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko abatsinze ibizamini by’amashuri abanza, ni ukuvuga abazajya mu mwaka wa mbere w’ayisumbuye, abaziga baba mu bigo ari 26 922 naho abazajya biga bataha bakaba ari 179 364.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 17 =

Previous Post

Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye

Next Post

Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.