Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

radiotv10by radiotv10
12/10/2022
in MU RWANDA
0
Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Igenzura ry’Amashuri (NESA) gitangaza ko cyakiriye ubusabe ibihumbi 30 bw’abanyeshuri bifuza guhindurirwa ibigo by’amashuri boherejweho, mu gihe abamaze gusubizwa ari ibihumbi bitatu.

Hashize ibyumweru bibiri, Minisiteri y’Uburezi itangaje ibyavuye mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2021-2022.

Mu cyumweru gishize, tariki 04 Ukwakira 2022, abanyeshuri bakoze ibi bizamini barimo abiga baba mu bigo n’abiga bataha, batangiye amasomo.

Gusa hari bamwe mu banyeshuri batarajya gutangira amasomo ku bigo boherejwemo kubera impamvu zinyuranye, ndetse bakaba barahawe uburenganzira bwo gusaba kubihindurirwa, bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Igenzura ry’Amashuri (NESA), Dr Bernard Bahati avuga ko “tumaze kwakira ubusabe ibihumbi mirongo itatu (30 000), kugeza ubu ubusabe bugera mu bihumbi bitatu (3 000) bwamaze gusubizwa.”

Bamwe mu babyeyi basaba ko abana babo bahindurirwa ibigo boherejweho, batanga impamvu zitandukanye zirimo kuba abana babo bafite ibibazo nk’uburwayi buhoraho ndetse n’ubumuga.

Dr Bernard Bahati avuga ko ubusabe busigaye na bwo buzasubizwa mu gihe cya vuba ku buryo bizageza ku wa Gatanu w’icyumweru gitaha bwaramaze guhabwa umurongo.

Yavuze ko impamvu ituma ubu busabe budahita busubizwa ari iko iki Kigo  gishinzwe Ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi bw’amashuri, kibanza gukorana n’ibigo by’amashuri kugira ngo hamenyekane abanyeshuri bagezeyo n’abataragezeyo n’impamvu batarajyayo.

Ati “Izo raporo ni zo zidufasha kumenya abanyeshuri batageze ku mashuri ubundi tukamenya uburyo twohereza abanyeshuri ku bigo bifuza.”

Ubwo hatangazwaga abatsinze ibizaminiri bya Leta mu mwaka w’amashuri wa 2021-2022, Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko abatsinze ibizamini by’amashuri abanza, ni ukuvuga abazajya mu mwaka wa mbere w’ayisumbuye, abaziga baba mu bigo ari 26 922 naho abazajya biga bataha bakaba ari 179 364.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + five =

Previous Post

Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye

Next Post

Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.