Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

radiotv10by radiotv10
12/10/2022
in MU RWANDA
0
Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Igenzura ry’Amashuri (NESA) gitangaza ko cyakiriye ubusabe ibihumbi 30 bw’abanyeshuri bifuza guhindurirwa ibigo by’amashuri boherejweho, mu gihe abamaze gusubizwa ari ibihumbi bitatu.

Hashize ibyumweru bibiri, Minisiteri y’Uburezi itangaje ibyavuye mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2021-2022.

Mu cyumweru gishize, tariki 04 Ukwakira 2022, abanyeshuri bakoze ibi bizamini barimo abiga baba mu bigo n’abiga bataha, batangiye amasomo.

Gusa hari bamwe mu banyeshuri batarajya gutangira amasomo ku bigo boherejwemo kubera impamvu zinyuranye, ndetse bakaba barahawe uburenganzira bwo gusaba kubihindurirwa, bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Igenzura ry’Amashuri (NESA), Dr Bernard Bahati avuga ko “tumaze kwakira ubusabe ibihumbi mirongo itatu (30 000), kugeza ubu ubusabe bugera mu bihumbi bitatu (3 000) bwamaze gusubizwa.”

Bamwe mu babyeyi basaba ko abana babo bahindurirwa ibigo boherejweho, batanga impamvu zitandukanye zirimo kuba abana babo bafite ibibazo nk’uburwayi buhoraho ndetse n’ubumuga.

Dr Bernard Bahati avuga ko ubusabe busigaye na bwo buzasubizwa mu gihe cya vuba ku buryo bizageza ku wa Gatanu w’icyumweru gitaha bwaramaze guhabwa umurongo.

Yavuze ko impamvu ituma ubu busabe budahita busubizwa ari iko iki Kigo  gishinzwe Ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi bw’amashuri, kibanza gukorana n’ibigo by’amashuri kugira ngo hamenyekane abanyeshuri bagezeyo n’abataragezeyo n’impamvu batarajyayo.

Ati “Izo raporo ni zo zidufasha kumenya abanyeshuri batageze ku mashuri ubundi tukamenya uburyo twohereza abanyeshuri ku bigo bifuza.”

Ubwo hatangazwaga abatsinze ibizaminiri bya Leta mu mwaka w’amashuri wa 2021-2022, Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko abatsinze ibizamini by’amashuri abanza, ni ukuvuga abazajya mu mwaka wa mbere w’ayisumbuye, abaziga baba mu bigo ari 26 922 naho abazajya biga bataha bakaba ari 179 364.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + five =

Previous Post

Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye

Next Post

Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.