Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abapolisi 500 barimo abakabakaba 100 b’abakobwa bambariye kuza gukaza umutekano w’Abaturarwanda

radiotv10by radiotv10
14/07/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abapolisi 500 barimo abakabakaba 100 b’abakobwa bambariye kuza gukaza umutekano w’Abaturarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Umutekano, Alfred Gasana yibukije abanyeshuri 501 barimo ab’igitsinagore 96 basoje amahugurwa mu ishuri rya Polisi rya Gishari, ko nubwo hari ibibazo byugarije Isi muri iki gihe, ariko Abaturarwanda n’ibyabo bakeneye umutekano, kandi ari cyo bagiye gukora.

Ni mu muhango wo kwinjiza aba banyeshuri basoje amasomo abagira Abofisiye bato muri Polisi y’u Rwanda, wabereye i Rwamagana ku cyicaro cy’iri shuri rya Polisi.

Aba bofisiye bahawe ipeti rya AIP (Assistant Inspector of Police) bize amasomo anyuranye arimo; kubungabunga umutekano, ubuyobozi n’imicungire y’abantu, ubumenyi mu bikorwa bya Polisi, ubumenyi mu bya gisirikare, ikoreshwa ry’imbaraga n’imbunda, gucunga umutekano wo mu muhanda, ndetse n’amategeko.

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Alfred Gasana, wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yabwiye aba banyeshuri ko bitezweho byinshi mu gucungira umutekano Abaturarwanda n’ibyabo.

Yavuze ko basoje amasomo yabo mu gihe Isi yugarijwe n’ibibazo birimo ihungabana ry’ubukungu ndetse n’imihindagukire y’ikirere, ariko ko mu guhangana na byo, Abaturarwanda bakeneye gucungirwa umutekano.

Yagize ati “Nubwo ibyo bibazo byose byugarije iyi si, abayituye twese dukeneye kubaho mu bwisanzure, buzira umutekano muke n’ingaruka ziwushamikiyeho.”

Minisitiri w’Umutekano kandi yavuze ko hakwiye kubaho imikoranire y’inzego ndetse n’aba bapolisi bakazasurushaho gukorana ndetse n’abaturage ubu bakomeje kumenya ko bagomba kugira uruhare mu mutekano wabo.

Icyakora Abapolisi na bo bagomba kurangwa n’imyitwarire iboneye ndetse no gukorera mu mucyo bityo bakanakomeza guhesha isura nziza Polisi y’u Rwanda.

Ati “Abo bapolisi rero bagomba kugira ubumenyi, imyumvire n’imikorere inoze, ibi byose bigatuma Polisi y’u Rwanda ikomeza kuba intangarugero mu Rwanda ndetse no mu mahanga.”

Yakomeje agira ati “Umusingi w’ibi byose rero ni imyitwarire myiza igomba guhora iranga Abapolisi, imikoranire myiza n’abaturage, ndetse n’izindi nzego za leta, turangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame.”

Minisitiri Gasana ubwo yageraga ahabereye uyu muhango
Aba basoje amasomo bakoze akarasisi kanogeye ijisho

Minisitiri yabaye ipeti rya AIP
Barahiriye inshingano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 1 =

Previous Post

Kenya: Abantu 13 bari mu myigaragambyo bayiburiyemo ubuzima barimo abapfuye urupfu rubabaje

Next Post

Ibiteye amatsiko ku Mujepe Lt.Col Bagwaneza warwanye urugamba rwo Kwibohora

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku Mujepe Lt.Col Bagwaneza warwanye urugamba rwo Kwibohora

Ibiteye amatsiko ku Mujepe Lt.Col Bagwaneza warwanye urugamba rwo Kwibohora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.