Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abapolisi bashya ba Polisi y’u Rwanda bagaragaje imyitozo izabafasha gucunga neza umutekano w’Abaturarwanda

radiotv10by radiotv10
22/12/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abapolisi bashya ba Polisi y’u Rwanda bagaragaje imyitozo izabafasha gucunga neza umutekano w’Abaturarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yakiriye Abapolisi bashya 2 072, basoje amahugurwa n’amasomo mu kigo cya Polisi cya Gishari, banagaragaje imwe mu myitozo bahawe.

Aba bapolisi bashya 2 072 barimo 1 645 b’igitsinagabo n’ab’igitsinagore 427, bari bamaze amezi 09 muri aya masomo aho ubumenyi butandukanye ndetse n;ubushobozi n’imyitwarire ya kinyamwuga mu kazi ka Gipolisi ku rwego rw’abapolisi bato.

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihgu, Alfred Gasana yashimiye aba Bapolisi bashya kuba binjiye mu Giposi cy’u Rwanda.

Yagize ati “Bapolisi murangije amahugurwa, ndabashimira kuba mwarahisemo neza, mukaza muri uyu mwuga. Inyigisho mwahawe, ni umusingi ukomeye muzubakiraho, kugira ngo muzakore  neza imirimo ibategereje.”

Minisitiri Gasana yakomeje ashimira na Polisi y’u Rwanda ndetse n’ubuyobozi bw’u Rwanda bukomeje kongera umubare w’Abapolisi, kandi byose bikaba bigamije kurushaho gucunira umutekano Abaturarwanda n’ibyabo.

Ati “Ndashimira kandi Ubuyobozi bwa Polisi y’Igihugu cyacu, kuba bukomeje kongera umubare w’abashinzwe umutekano. Ndashimira Abanyarwanda, ku bufatanye bwa buri munsi butuma Polisi y’u Rwanda ibasha kurangiza neza inshingano zayo.”

Yaboneyeho kandi kwibutsa ko iki gikorwa kibaye mu gihe Abaturarwanda begereza iminsi mikuru, bityo ko bakwiye kwitwararika kugira ngo hatazagira igihungabanya umutekano.

Ati “Turimo kwinjira mu minsi mikuru isoza Umwaka wa 2023, tunatangira umwaka mushya wa 2024. Ni ngombwa ko twirinda icyo aricyo cyose cyaduhungabanyiriza umutekano, turushaho gukaza ingamba mu kuwubungabunga.”

Bagaragaje imyitozo bahawe irimo no kurasa
N’imyitozi njyarugamba
Abarushije abandi bashimiwe
Minisitiri Gasana yabasabye kuzakoresha neza ubumenyi bahawe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko CG (Rtd) Gasana yababariwe ndetse atakibarizwa mu Igororero

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda wujuje etaje yavuze ko igikurikiyeho ari ugushaka uzamumara irungu ayigiriramo

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda wujuje etaje yavuze ko igikurikiyeho ari ugushaka uzamumara irungu ayigiriramo

Umuhanzi Nyarwanda wujuje etaje yavuze ko igikurikiyeho ari ugushaka uzamumara irungu ayigiriramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.