Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasanzwe mu rugo rw’uwo mu Itorero ‘Christo w’Abera’ ritemewe bakurikiranyweho kwigomeka

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abasanzwe mu rugo rw’uwo mu Itorero ‘Christo w’Abera’ ritemewe bakurikiranyweho kwigomeka
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batanu bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bakurikiranyweho kwigomeka ku buyobozi nyuma yuko bafatiwe mu rugo rw’umuyoboke mu Itorero ritemewe bise Christo w’Abera, utuye mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke.

Aba bantu batanu barimo abagore babiri n’abagabo batatu berekanywe kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mutarama 2025, nyuma yuko bafashwe mu cyumweru gishize tariki 19 Mutarama.

Aba bantu ni Miniani Damascene ari na we nyiri urugo rwafatiwemo aba bantu, Nyiramabumba Monique, Mukamana Francine, Zikamabahari Alexis, na Bizimungu Jean Damscene.

Igikorwa cyo kubereka Itangazamakuru, cyabereye mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa Kabiri, cyakozwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruvuga ko aba bantu bafatiwe mu rugo rw’umuturage ubarizwa mu Itorero Christo w’Abera ritemewe mu Rwanda, ndetse ryanahagaritswe ubwo hakorwaga ubugenzuzi bw’amatorero n’amadini bitujuje ibisabwa.

Bafatanywe n’abandi bantu 20 na bo bariho basengera mu rugo rw’uyu muturage, ubu na we uri muri aba batanu batawe muri yombi, aho abandi barekuwe kuko basanze nta mpamvu yo gukurikiranwa bafunze.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira yagize ati “Iperereza rero riza kugaragara ko abafite uruhare rutaziguye ari batanu bakaba ari bo bari gukurikiranwa mu nzira z’ubutabera, bariya batanu bafatanywe n’abandi 20 ariko iperereza n’isensengura riza kugaragaraza ko bafite uruhare rutaziguye.”

Dr Murangira akomeza avuga ko aba bantu bakurikiranyweho icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi, giteganywa n’ingingo ya 230 y’Itegeko Riteganya Ibyaha n’Ibihano muri Rusange, aho ugihamijwe ahanishwa gufungwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze umwaka umwe.

Ati “Aba bantu mwabonye bakaba bararenze ku mabwiriza ajyanye no gusenga, amabwiriza ajyanye no gushyiraho insengero n’aho gusengera.”

Aba batawe muri yombi, bafungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Shangi muri aka Karere ka Nyamasheke, mu gihe hagikorwa iperereza, kugira ngo hakorwe dosiye y’ikirego cyabo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse yavuze ko aba bantu bafashwe, basanzwe bari mu batitabira gahunda za Leta ku buryo ahabereye ibikorwa bijyanye n’iterambere ry’Igihugu n’iry’abaturage, batazijyamo.

Ati “Usanga kenshi batahaza, uko kutahaza rero bivuze ko baba banabizi ko n’ubundi ibyo bakora bitari mu mucyo, kuko n’ubundi abaturage bamenyereye kuganira n’ubuyobozi n’ubundi turababona mu Nteko z’Abaturage.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 10 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Musenyeri w’Itorero rimwe mu Rwanda yatawe muri yombi hatangazwa n’impamvu

Next Post

Bidasubirwaho hafashwe icyemezo ntakuka ku by’amasezerano y’Umutoza w’Amavubi yarangiye

Related Posts

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidasubirwaho hafashwe icyemezo ntakuka ku by’amasezerano y’Umutoza w’Amavubi yarangiye

Bidasubirwaho hafashwe icyemezo ntakuka ku by’amasezerano y’Umutoza w’Amavubi yarangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.