Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasanzwe mu rugo rw’uwo mu Itorero ‘Christo w’Abera’ ritemewe bakurikiranyweho kwigomeka

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abasanzwe mu rugo rw’uwo mu Itorero ‘Christo w’Abera’ ritemewe bakurikiranyweho kwigomeka
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batanu bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bakurikiranyweho kwigomeka ku buyobozi nyuma yuko bafatiwe mu rugo rw’umuyoboke mu Itorero ritemewe bise Christo w’Abera, utuye mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke.

Aba bantu batanu barimo abagore babiri n’abagabo batatu berekanywe kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mutarama 2025, nyuma yuko bafashwe mu cyumweru gishize tariki 19 Mutarama.

Aba bantu ni Miniani Damascene ari na we nyiri urugo rwafatiwemo aba bantu, Nyiramabumba Monique, Mukamana Francine, Zikamabahari Alexis, na Bizimungu Jean Damscene.

Igikorwa cyo kubereka Itangazamakuru, cyabereye mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa Kabiri, cyakozwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruvuga ko aba bantu bafatiwe mu rugo rw’umuturage ubarizwa mu Itorero Christo w’Abera ritemewe mu Rwanda, ndetse ryanahagaritswe ubwo hakorwaga ubugenzuzi bw’amatorero n’amadini bitujuje ibisabwa.

Bafatanywe n’abandi bantu 20 na bo bariho basengera mu rugo rw’uyu muturage, ubu na we uri muri aba batanu batawe muri yombi, aho abandi barekuwe kuko basanze nta mpamvu yo gukurikiranwa bafunze.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira yagize ati “Iperereza rero riza kugaragara ko abafite uruhare rutaziguye ari batanu bakaba ari bo bari gukurikiranwa mu nzira z’ubutabera, bariya batanu bafatanywe n’abandi 20 ariko iperereza n’isensengura riza kugaragaraza ko bafite uruhare rutaziguye.”

Dr Murangira akomeza avuga ko aba bantu bakurikiranyweho icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi, giteganywa n’ingingo ya 230 y’Itegeko Riteganya Ibyaha n’Ibihano muri Rusange, aho ugihamijwe ahanishwa gufungwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze umwaka umwe.

Ati “Aba bantu mwabonye bakaba bararenze ku mabwiriza ajyanye no gusenga, amabwiriza ajyanye no gushyiraho insengero n’aho gusengera.”

Aba batawe muri yombi, bafungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Shangi muri aka Karere ka Nyamasheke, mu gihe hagikorwa iperereza, kugira ngo hakorwe dosiye y’ikirego cyabo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse yavuze ko aba bantu bafashwe, basanzwe bari mu batitabira gahunda za Leta ku buryo ahabereye ibikorwa bijyanye n’iterambere ry’Igihugu n’iry’abaturage, batazijyamo.

Ati “Usanga kenshi batahaza, uko kutahaza rero bivuze ko baba banabizi ko n’ubundi ibyo bakora bitari mu mucyo, kuko n’ubundi abaturage bamenyereye kuganira n’ubuyobozi n’ubundi turababona mu Nteko z’Abaturage.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + six =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Musenyeri w’Itorero rimwe mu Rwanda yatawe muri yombi hatangazwa n’impamvu

Next Post

Bidasubirwaho hafashwe icyemezo ntakuka ku by’amasezerano y’Umutoza w’Amavubi yarangiye

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026
IMYIDAGADURO

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidasubirwaho hafashwe icyemezo ntakuka ku by’amasezerano y’Umutoza w’Amavubi yarangiye

Bidasubirwaho hafashwe icyemezo ntakuka ku by’amasezerano y’Umutoza w’Amavubi yarangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.