Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
02/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Sudani y’Epfo yatangaje ko na yo igiye kohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abasirikare 750 bazaba bagiye mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bw’iki Gihugu irimo uwa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC.

Byatangajwe na Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir nkuko byemejwe na Radio Miraya isanzwe ari iy’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri iki Gihugu (Sudani y’Epfo).

Perezida Salva Kiir yavuze ko iyi batayo izoherezwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwazahajwe n’imitwe yitwaje intwaro.

Yagize ati “Sudani y’Epfo yemeye gutanga batayo y’abasirikare 750 mu ngabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Aba basirikare bazoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutanga umusanzu wo kugarura amahoro mu barasirazuba bwaho.”

Aba basirikare ba Sudan y’Epfo, bazaba basanzeyo aba Kenya barenga 900 bamaze kugera i Goma mu kwezi gushize ndetse n’abandi 1 000 ba Uganda na bo boherejwe muri DRC mu butumwa bwa EAC n’abandi b’u Burundi bamazeyo igihe.

Kohereza abasirikare bo mu Bihugu bya EAC, biri mu myanzuro yafatiwe mu nama zagiye zibera i Nairobi zabaga zigamije gushakira umuti ikibazo cy’umutekano mucye umaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ikibazo cyongeye gukaza umurego ubwo umutwe wa M23 wubugara imirwano ndetse ukaba umaze iminsi uhanganye n’igisirikare cya Congo (FARDC).

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi iherutse gusabwa gukomeza kuganira n’imitwe yitwaje intwaro ikomoka muri iki Gihugu, mu gihe ubutegetsi bwacyo bwamaze gufata umutwe wa M23 nk’uw’iterabwoba ndetse bukaba buvuga ko butazaganira na wo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

U Rwanda rutahabwaga n’urumiya y’inkunga mu butumwa bwa RDF muri Mozambique rwakiriye inkuru nziza

Next Post

Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

Related Posts

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Umugabo witwa Prophète Ebo Noah w’Umunya-Ghana umaze igihe yubaka inkuge avuga ko ari izo azakoresha arokora abantu ngo kuko Isi...

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Inc., a biotechnology company dedicated to developing and delivering high-quality, affordable medicines, announced the appointment of Professor Prashant...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda
AMAHANGA

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.