Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
02/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Sudani y’Epfo yatangaje ko na yo igiye kohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abasirikare 750 bazaba bagiye mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bw’iki Gihugu irimo uwa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC.

Byatangajwe na Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir nkuko byemejwe na Radio Miraya isanzwe ari iy’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri iki Gihugu (Sudani y’Epfo).

Perezida Salva Kiir yavuze ko iyi batayo izoherezwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwazahajwe n’imitwe yitwaje intwaro.

Yagize ati “Sudani y’Epfo yemeye gutanga batayo y’abasirikare 750 mu ngabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Aba basirikare bazoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutanga umusanzu wo kugarura amahoro mu barasirazuba bwaho.”

Aba basirikare ba Sudan y’Epfo, bazaba basanzeyo aba Kenya barenga 900 bamaze kugera i Goma mu kwezi gushize ndetse n’abandi 1 000 ba Uganda na bo boherejwe muri DRC mu butumwa bwa EAC n’abandi b’u Burundi bamazeyo igihe.

Kohereza abasirikare bo mu Bihugu bya EAC, biri mu myanzuro yafatiwe mu nama zagiye zibera i Nairobi zabaga zigamije gushakira umuti ikibazo cy’umutekano mucye umaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ikibazo cyongeye gukaza umurego ubwo umutwe wa M23 wubugara imirwano ndetse ukaba umaze iminsi uhanganye n’igisirikare cya Congo (FARDC).

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi iherutse gusabwa gukomeza kuganira n’imitwe yitwaje intwaro ikomoka muri iki Gihugu, mu gihe ubutegetsi bwacyo bwamaze gufata umutwe wa M23 nk’uw’iterabwoba ndetse bukaba buvuga ko butazaganira na wo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

U Rwanda rutahabwaga n’urumiya y’inkunga mu butumwa bwa RDF muri Mozambique rwakiriye inkuru nziza

Next Post

Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

Related Posts

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

IZIHERUKA

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda
AMAHANGA

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.