Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
02/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Sudani y’Epfo yatangaje ko na yo igiye kohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abasirikare 750 bazaba bagiye mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bw’iki Gihugu irimo uwa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC.

Byatangajwe na Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir nkuko byemejwe na Radio Miraya isanzwe ari iy’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri iki Gihugu (Sudani y’Epfo).

Perezida Salva Kiir yavuze ko iyi batayo izoherezwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwazahajwe n’imitwe yitwaje intwaro.

Yagize ati “Sudani y’Epfo yemeye gutanga batayo y’abasirikare 750 mu ngabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Aba basirikare bazoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutanga umusanzu wo kugarura amahoro mu barasirazuba bwaho.”

Aba basirikare ba Sudan y’Epfo, bazaba basanzeyo aba Kenya barenga 900 bamaze kugera i Goma mu kwezi gushize ndetse n’abandi 1 000 ba Uganda na bo boherejwe muri DRC mu butumwa bwa EAC n’abandi b’u Burundi bamazeyo igihe.

Kohereza abasirikare bo mu Bihugu bya EAC, biri mu myanzuro yafatiwe mu nama zagiye zibera i Nairobi zabaga zigamije gushakira umuti ikibazo cy’umutekano mucye umaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ikibazo cyongeye gukaza umurego ubwo umutwe wa M23 wubugara imirwano ndetse ukaba umaze iminsi uhanganye n’igisirikare cya Congo (FARDC).

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi iherutse gusabwa gukomeza kuganira n’imitwe yitwaje intwaro ikomoka muri iki Gihugu, mu gihe ubutegetsi bwacyo bwamaze gufata umutwe wa M23 nk’uw’iterabwoba ndetse bukaba buvuga ko butazaganira na wo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

U Rwanda rutahabwaga n’urumiya y’inkunga mu butumwa bwa RDF muri Mozambique rwakiriye inkuru nziza

Next Post

Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.