Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasore biyemerera kwica uwakoraga uburaya bakamuzingazingira mu mufuka w’ibishingwe bavuze icyo bamuhoye kibabaje

radiotv10by radiotv10
08/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abasore biyemerera kwica uwakoraga uburaya bakamuzingazingira mu mufuka w’ibishingwe bavuze icyo bamuhoye kibabaje

Photo/Internet: Ntihuye n'uvugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Abasore babiri bakekwaho kwica umugore wakoraga uburaya bikekwa ko bari batahanye aho yari atuye mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, bakamuzingazingira mu mufuka w’ibishingwe, bariyemerera icyaha bakavuga ko bivuganye nyakwigendera kuko yari yibye ibihumbi bitatu umwe muri bo.

Aba basore babiri bakurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo, bakekwaho gukora iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi mu ijoro ryo ku ya 02 Mutarama 2023.

Iki cyaha cyabereye mu Mudugudu wa Gisiza mu Kagari ka Nyamabuye mu Murenge wa Gatsata, cyamenyekanye muri iryo joro ryo ku ya 02 Mutarama saa tanu na mirongo itanu (23:50’).

Ubushinjacyaha buvuga ko aba basore bamaze kwica nyakwigendera, bamushyize mu mufuka w’ibishingwe kugira ngo nihaza kwira baze kujya kumujugunya mu mugezi wa Yanze.

Nyuma yuko aya makuru amenyekanye, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwihutiye kuhagera rusanga nyakwigendera azingazingiye mu mufuka.

Ubushinjacyaha buvuga ko RIB yasanze nyakwigendera asa nk’uwishwe kuko yari yarumye ururimi, ndetse bari babanje kumuvanamo imyenda yose.

Uyu mugore wishwe, yari asanzwe akora uburaya ndetse amakuru yaturutse mu baturanyi, avuga yari yatahanye n’aba basore bakurikiranyweho kumwica.

Ubushinjacyaha buvuga ko abakekwaho icyaha, bacyemera, bakavuga ko bafatanyije kumwica bamuhoye ko yibye umwe muri bo amafaranga ibihumbi bitatu (3 000Frw).

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

ITEGEKO RITEGANYA IBYAHA N’IBIHANO MURI RUSANGE

Ingingo ya 107: Ubwicanyi buturutse ku bushake n’uko buhanwa

Umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 17 =

Previous Post

Umuraperi ukomeye mu Rwanda yahishuye ibanga ritari rizwi hagati ye n’uyoboye R&B Nyarwanda

Next Post

Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda yakoze impanuka

Related Posts

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku...

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umurambo w’umugabo utamenyekana imyirondoro, wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi ku gice cyo mu Kagari k'Urugarama mu Murenge wa Gahini mu...

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

by radiotv10
13/11/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda yakoze impanuka

Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda yakoze impanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.