Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
1
Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Buhinde abantu bitwaje intwaro za Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya bangiza imodoka zari ziparitse, Abakirisitu bamenyesha Leta ko bashaka kwihorera.

Agatsiko k’indwanyi za Sikh kitwaje intwaro za gakondo bateye urusengero rw’abakirisitu rwo muri leta ya Punjab mu buhinde bangiza ibintu byinshi bakomeretsa abagize itorero muri urwo rusengero.

Nkuko tubikesha ikinyamakuru Christian Post , itsinda ry’abakirisitu ryitwa Christian Solidarity Worlwide ryatangaje ko abagabyeho igitero bari bambaye imyenda ya gakondo yo mu Buhinde yitwa Nihang imyenda yiganjemo ibara ry’ubururu, bitwaje inkota n’amacumu.

Bahagaritse igiterane cy’amahoro cy’urwo rusengero rwitwa Sukhpal Rana Ministries mu mudugudu wa Rajewal hafi y’umujyi wa Amritsar muri leta ya Sikh nyuma y’uko abo bagizi ba nabi bari batangiye gukubita no gukomeretsa abo basanze mu giterane , bashwanyaguza Bibiliya, banangiza imodoka zari ziparitse hanze, byaje no kurangira impande zombi ziteranye amabuye.

Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’urugomo rukorerwa abakirisitu ,umuryango w’abakiristu bo muri uwo mudugudu bigaragambije basaba ubutabera babwira leta ko nitabyitaho bazihorera mu minsi ya vuba.

Abapolisi baho, barimo n’umuyobozi wa polisi , basuye ahabereye imyigaragambyo bizeza itorero ko ikirego cyatanzwe ku mugaragaro kandi ko harafatwa ingamba zihuse.

Muri Kanama umwaka ushize , Kiliziya Gatolika yitwa Infant Catholic church yo muri aka gace yatewe n’abagabo bane bari bipfutse mu maso bavugaga ko ari Nihangs ,nabo batwitse imodoka y’umupadiri banangiza kiliziya.

RADIOTV10RWANDA / ESTHER FIFI UWIZERA.

Comments 1

  1. Fabrice says:
    2 years ago

    Dukeneye ko abamenye kristo bo mubuhinde bagubwa neza!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 1 =

Previous Post

Menya bamwe mu rubyiruko rukomoka muri Afurika rwabereye urumuri abandi muri 2023

Next Post

Abakinnyi ba Rayon batangiye ibirori by’akataraboneka bava i Nyanza berekeza i Kigali – Amafoto

Related Posts

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamerikakazi Aevin Dugas, ari mu byishimo nyuma yo kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi ‘Guinness World Records’, aho yagize umusatsi...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

by radiotv10
15/09/2025
0

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura...

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere...

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

by radiotv10
15/09/2025
0

Mu birori binogeye ijisho byabereye ku mbuga ngari ya Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma, Gimbal Musk, umuvandimwe w’umuherwe...

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

by radiotv10
15/09/2025
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, abajijwe ubutumwa yagenera Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko...

IZIHERUKA

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi
AMAHANGA

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

16/09/2025
Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

16/09/2025
Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

16/09/2025
Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi ba Rayon batangiye ibirori by’akataraboneka bava i Nyanza berekeza i Kigali – Amafoto

Abakinnyi ba Rayon batangiye ibirori by'akataraboneka bava i Nyanza berekeza i Kigali - Amafoto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.