Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira kwica Abanyekongo b’Abanyamulenge.
Byatangajwe n’abayobozi muri iri Huriro ubwo basuraga abaturage b’Abanyekongo barenga 250 bahunze uyu mujyi wa Uvira bakerecyeza muri Kamanyola nyuma yuko uruhande rurwanirira Leta ya Congo Kinshasa, rutangiye kwica aba banyekongo bavuga Ikinyarwanda, no kubasahura no kubasenyera.
Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Freddy Kanika wari umwe mu bayobozi basuye aba baturage, wihanganishije aba baturage, yababwiye ko iri Huriro riri kumwe na bo muri ibi bibazo bikomeye barimo.
Ati “Amajoro mwaraye mudasinziriye n’abandi bari kure ya Uvira baraye badasinziriye. Amarira mwarize sinaje kubabwira ngo twarayumvise, naje kubabwira ngo twariranye namwe, twabanye namwe, imitima yarakomeretse kimwe n’uko iyanyu yakomeretse.”
Freddy Kanika wavuze ko hari abo mu muryango we barimo umubyeyi we n’abavandimwe be batatu nabo biciwe muri biriya bice mu 1996, yavuze ko uko byagenda kose Abanyekongo bagomba kubana mu Gihugu cyabo.
Ati “Nyamara iki Gihugu ni icyacu, tuzakibamo abazagira ubwenge tuzakibanamo neza, abatazabugira tuzakibanamo ku nabi, kandi nta bakunda iki Gihugu kuturusha, nta bundi bwoko bwamennye amaraso ku bw’iki Gihugu kuturusha.”
Yasabye abo muri ubu bwoko bw’Abanyamulenge kudaheranwa n’agahinda k’ibi bikorwa bibi bakorerwa, abasaba guhaguruka bakarwanirira uburenganzira bwabo.
Freddy Kanika yavuze ko AFC/M23 yafashe icyemezo cyo kurekura uyu mujyi wa Uvira, kubera ibyavuye mu biganiro byagizwemo uruhare n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America, kandi ko ari umwe muri babiri bari babirimo bahagarariye AFC/M23.
Yavuze ko atari ubwa mbere habayeho kurekura ibice bari barafashe, kuko no mu 2022 bari basubiye inyuma ho ibilometero birenga 70 ku bice bari bamaze gufata, bikaza gukurikirwa n’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye.
Ati “Icyo gihe hari abantu bapfuye, muribuka batwika aho bita ku Nturo bakagenda bagafata amazu yose bakayashyiraho umuriro bakica n’abantu.”
Yavuze ko uku gusubira inyuma ari uburyo bwo kurwana intambara yo kwibohora, bityo ko bidakwiye kugira abo bitera urujijo, cyangwa ngo abantu bumve ko ari ukubatererana.
Ati “Mwihangane ni ibihe. Uvira turayisubiramo, Uvira ni iwacu, ntawe uzaza kutwimiira ngo tureke kubayo, turayibamo, turayibanamo n’abandi. Ntabwo twifuje ko ibi bimera gutya, ariko kandi ntabwo bitubuza iyo tujya.”
Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka na we wari muri aba bayobozi basuye aba baturage, yavuze ko aba ari abavandimwe ndetse n’ababyeyi babo, kuko basangiye Igihugu cya Congo.
Yavuze ko aba baturage batangiye guhura n’ibibazo ubwo iri Huriro ryafataga icyemezo cyo kurekura mu buryo bwuzuye Umujyi wa Uvira, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye.
Ati “Bahise batangira kwigabiza ingo zabo, barabasenyera, barabasahura. Rero twaje kubaramutsa, tubihanganisha, kandi tubabwira ko twifatanyije na bo.”
Kanyuka yakomeje avuga ko amarira y’aba baturage bo mu mujyi wa Uvira, bakomeje kuyumva kuko na bo batishimira ibiriho bikorwa na Wazalendo ifatanyije na FARDC ndetse n’umutwe wa FDLR.
Avuga kandi ko uru ruhande bahanganye rwahise runatangira kurasa ibisasu mu birindiro by’abarwanyi ba AFC/M23, ndetse no ku bindi bikorwa by’abaturage.
Ati “Twakomeje kubwira umuryango mpuzamahanga ko Abanyamulenge, bageramiwe, baratwika insengero zabo, baratwika inzu zabo, barabarasa, ibisasu birabagwaho ijoro n’amanywa.”
Mbere yuko Ihuriro AFC/M23 rirekura Umujyi wa Uvira, ryari ryasabye ko wazarindwa n’ingabo zidafite uruhande zibogamiyeho, ariko nyuma yo gukuramo abarwanyi baryo wahise winjira FARDC n’impande ziyifasha zirimo Umutwe wa Wazalendo, FDLR n’igisirikare cy’u Burundi.
RADIOTV10











