Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

radiotv10by radiotv10
11/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko ribabajwe bikomeye no kuba uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha ruri kwinjiza mu gisirikare abana bato rukabajyana ku rugamba, rigaragaza bamwe mu bana ryafashe.

Amashusho yashyizwe hanze n’iri huriro AFC/M23, agaragaza umwe mu bagize iri huriro yereka abaturage bamwe mu barwanaga ku ruhande bahanganye baherutse gufatirwa mpiri muri Kalehe, barimo abana bigaragara ko ari bato cyane.

Uyu wo muri AFC/M23 agira ati “Leta nzima igafata umwana nk’uyu ikamuha imbunda…ari kuvuga ngo afite imyaka 16, ariko ntayo.”

Akomeza avuga ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kugaragaza ko budaha agaciro abaturage b’iki Gihugu, ati “Niba koko Leta ya Kinshasa ari umubyeyi atari umwicanyi, umwana w’undi wamufata koko ukamujyana muri ririya shyamba? Wafata uru ruhinja ukaruhereza imbunda?”

Akomeza avuga ko abana nk’aba bari bakwiye kuba bari kwiga aho kubinjiza mu gisirikare, ariko ko ubutegetsi bwa Congo bwiyemeje kurangwa n’amarorerwa, butagira isoni zo kubakoresha mu bikorwa bya gisirikare.

AFC/M23 yagaragaje abana bato bafatiwe ku rugamba

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka na we yifashishije ubu butumwa bw’amashusho bwatanzwe n’umwe mu bagize iri huriro wagaragaje aba bana bafatiwe ku rugamba, yamaganye yivuye inyuma ibi bikorwa by’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu butumwa yanditse kuri iki Cyumweru tariki 10 Kanama 2025, Lawrence Kanyuka yagize ati “AFC/M23 yababajwe kandi yamaganye yivuye inyuma ishyirwa mu gisirikare ry’abana rikorwa n’abahuzamugambi b’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Yavuze ko aba barwanyi bafashwe tariki 28 Nyakanga 2025 ubwo umutwe wa Nyatura ufasha Leta bagabaga ibitero kuri M23 mu gace ka Nyamugali mu misozi miremire ya Kalehe, ahafatiwe abarwanyi benshi barimo abana bataruzuza imyaka y’ubukure.

Ati “Ibi bikorwa byo kudahana birakomeje, nyamara hari Imiryango ivuga ko irengera uburenganzira bwa muntu muri rusange kimwe n’ivuga ko byumwihariko irwanya kwinjiza abana mu bikorwa bya gisirikare.”

Lawrence Kanyuka akomeza avuga ko bibabaje kubona ubutegetsi bwa Congo bukomeje gukora ibikorwa nk’ibi, ntibyamaganwe n’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu BCNUDH, ahubwo bigashinja Ihuriro AFC/M23 ibirego bidafite ishingiro.

Ati “Uku kuruca bakarumira kwabo bitera kwibaza ku kutabogama kwabo ndetse no kugirwa ibikoresho bya politiki.”

Ni nyuma yuko hasohowe raporo ebyiri zishinja iri Huriro rya AFC/M23 kwica abaturage benshi b’abasivile, mu gihe ryo ryabyamaganiye kure rivuga ko ibikubiye muri ziriya raporo, ari ibihimbano kandi ko abazishyize hanze batigeze bakora ubucukumbuzi ku makuru batangaje.

Lawrence Kanyuka yamaganye ibi biriho bikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 12 =

Previous Post

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

Next Post

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.