Tuesday, August 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

radiotv10by radiotv10
14/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwatangaje ko bwababajwe n’urupfu rwa Gasinzira Gishinge Juvenal wari uherutse kugirwa Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu y’Epfo ushinzwe Ubukungu, Imari n’Iterambere.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ihuriro AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gicurasi, rivuga ko iri Huriro ribabajwe n’Urupfu rw’uyu wari mu buyobozi bwa Kivu y’Epfo wapfuye urupfu rutunguranye.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Délion Kimbulungu Mutangala, rigira riti “Muri aka kababaro, AFC/M23 irihanganisha byimazeyo umuryango avukamo, ndetse n’umuryango wa politiki dusaba kumusengera kugira ngo roho ye iruhukire mu mahoro.”

Iri tangazo kandi rigaragaza gahunda z’ibikorwa byo gusezera kuri Gasinzira Gishinge Juvenal, birimo ibizabera i Bukavu, ahateganyijwe gutangirizwa ikiriyo ku wa Gatanu tariki 16 Gicurasi, bucyeye bwaho ku wa Gatandatu hakaba ibikorwa byo kumusezera bizabera aho yari atuye.

Nanone kandi ku wa Mbere w’icyumweru gitaha, tariki 19 Gicurasi, i Bukavu n’i Goma hateganyijwe misa yo kumusabira, ndetse no kumushyingura bizakorerwa i Bukavu.

AFC/M23 yatangaje ko muri icyo gihe cy’icyunamo, ibendera ry’Igihugu ryo mu bice bigenzurwa n’iri Huriro, rizamanurwa rigashyirwa muri 1/2 mu rwego rwo kumuha icyubahiro.

Gasinzira Gishinge Juvenal yari yagizwe Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu y’Epfo ushinzwe Ubukungu, Imari n’Iterambere muri Gashyantare uyu mwaka, nyuma yuko AFC/M23 yari imaze gufata umujyi wa Bukavu usanzwe ari Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Epfo, ikanashyiraho abayobozi b’iyi Ntara.

Uyu mugabo Gasinzira Gishinge Juvenal, yitabye Imana ku wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2024, azize urupfu rutunguranye rwababaje abari bamuzi n’abo bakoranaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 4 =

Previous Post

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Next Post

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Related Posts

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

by radiotv10
05/08/2025
0

Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu ya Ruguru washyizweho na AFC/M23, yashimye Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba M23, Maj Gen Sultani Makenga...

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

by radiotv10
05/08/2025
0

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Mpunzi, riratangaza ko mbere yuko uyu mwaka urangira, Igihugu cya Uganda gishobora kuzaba cyarakiriye impunzi...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

by radiotv10
05/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yasabye abayobozi mu nzego zinyuranye mu bice bigenzurwa n’iri Huriro mu...

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

by radiotv10
05/08/2025
0

Umwe mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urasaba Minisitiri w’Umutekano kwegura kuko adashoboye inshingano...

Eng.-The US has temporarily suspended the issuance of visas for all Burundian nationals

Eng.-The US has temporarily suspended the issuance of visas for all Burundian nationals

by radiotv10
04/08/2025
0

The Embassy of the United States of America in Burundi has announced that the country has temporarily suspended visas for...

IZIHERUKA

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye
FOOTBALL

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

by radiotv10
05/08/2025
1

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

05/08/2025
Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

05/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.