Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje uko i Goma byifashe nyuma y’amezi abiri ibohowe

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwifashishije amashusho agaragaza umuhuzabikorwa waryo agenda i Goma n’amaguru, bwavuze ko nyuma y’amezi abiri uyu mujyi ubohowe, ubu amahoro ahinda.

Bikubiye mu butumwa bwashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, wavuze ko kuri uyu wa Gatatu, Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, yagiye ku biro bye mu Mujyi wa Goma n’amaguru.

Ubu butumwa bugira buti “Ugutembera guto k’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa Yobeluo, kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Mata 2025 i Goma. Habayeho gusuzuma ubuzima rusange ndetse no gusigasira ibidukikije no gusuzuma ibikorwa by’isuku, nyuma y’amezi abiri habohowe uyu mujyi.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Coneille Nangaa “yakoze urugendo n’amaguru agera ku biro bye. Gihamya yuko Ihuriro AFC/M23 rihagaze neza.”

Muri aya mashusho, Corneille Nangaa uba ari kumwe n’abandi mu buyobozi bwa AFC/M23 barimo Umuvugizi Lawrence Kanyuka, uyu Muhuzabikorwa w’iri Huriro, agenda aramutsa bamwe mu baturage bahuriraga mu nzira.

Tariki 27 Mutarama 2025, umunsi utazibagirana mu mateka ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo abarwanyi b’umutwe wa M23, batangazaga ku mugaragaro ko bamaze gufata umujyi wa Goma usanzwe ari Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Ni nyuma yuko uyu mujyi ubereyemo imirwano iremereye, aho abarwanyi ba M23 bakubise incuro uruhande bari bahanganye rugizwe na FARDC, ingabo za SADC, iz’u Burundi n’abacancuro b’abanyaburayi, aho uru ruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa nubwo rwari rufite intwaro za rutura, ariko M23 yarwamuruye, ubundi bamwe mu bari barugize bakamanika amaboko, bamwe bakishyikiriza ingabo za SADC, abandi bakerecyeza muri Sitade nk’uko bari babitegetswe na M23.

Nyuma y’uru rugamba, M23 yatangaje ko yatangiye ibikorwa byo gusukura Umujyi wa Goma wari wabaye isibaniro ry’imirwano, ndetse hakaba hari n’imirambo myinshi y’abarwanaga ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa.

Amezi abaye abiri uyu Mujyi wa Goma uri mu maboko ya AFC/M23 wanamaze gushyiraho abayobozi, aho benshi mu bawutuyemo bemeza ko umutekano bari barabuze kuva cyera, ubu bawufite, kuko baryama bagasinzira, ndetse n’ibikorwa byabo bikaba bigenda nta nkomyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − sixteen =

Previous Post

Abanyeshuri bagiye mu kiruhuko, ababyeyi n’abarimu bo mu Rwanda bagenewe ubutumwa

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

Related Posts

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

by radiotv10
12/08/2025
0

Jorine Najjemba w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, yagiye kwaka impapuro zo kujya gushaka imikono y'abamushyigikira kugira...

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

by radiotv10
12/08/2025
0

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibyana bitatu by’intare ubwo bari mu muhanda wa Kasenga mu bilometero bicye...

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
12/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatanze impuruza ku mahanga ko uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruri kwitegura intambara yeruye,...

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
12/08/2025
0

Amahanga yamaganye icyemezo cya Guverinoma ya Israel cyo kwigarurira Intara ya Gaza nubwo iki Gihugu kivuga ko ari byo byonyine...

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

by radiotv10
11/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko ribabajwe bikomeye no kuba uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha ruri kwinjiza mu gisirikare abana bato rukabajyana...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.