Friday, July 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje uko i Goma byifashe nyuma y’amezi abiri ibohowe

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwifashishije amashusho agaragaza umuhuzabikorwa waryo agenda i Goma n’amaguru, bwavuze ko nyuma y’amezi abiri uyu mujyi ubohowe, ubu amahoro ahinda.

Bikubiye mu butumwa bwashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, wavuze ko kuri uyu wa Gatatu, Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, yagiye ku biro bye mu Mujyi wa Goma n’amaguru.

Ubu butumwa bugira buti “Ugutembera guto k’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa Yobeluo, kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Mata 2025 i Goma. Habayeho gusuzuma ubuzima rusange ndetse no gusigasira ibidukikije no gusuzuma ibikorwa by’isuku, nyuma y’amezi abiri habohowe uyu mujyi.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Coneille Nangaa “yakoze urugendo n’amaguru agera ku biro bye. Gihamya yuko Ihuriro AFC/M23 rihagaze neza.”

Muri aya mashusho, Corneille Nangaa uba ari kumwe n’abandi mu buyobozi bwa AFC/M23 barimo Umuvugizi Lawrence Kanyuka, uyu Muhuzabikorwa w’iri Huriro, agenda aramutsa bamwe mu baturage bahuriraga mu nzira.

Tariki 27 Mutarama 2025, umunsi utazibagirana mu mateka ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo abarwanyi b’umutwe wa M23, batangazaga ku mugaragaro ko bamaze gufata umujyi wa Goma usanzwe ari Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Ni nyuma yuko uyu mujyi ubereyemo imirwano iremereye, aho abarwanyi ba M23 bakubise incuro uruhande bari bahanganye rugizwe na FARDC, ingabo za SADC, iz’u Burundi n’abacancuro b’abanyaburayi, aho uru ruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa nubwo rwari rufite intwaro za rutura, ariko M23 yarwamuruye, ubundi bamwe mu bari barugize bakamanika amaboko, bamwe bakishyikiriza ingabo za SADC, abandi bakerecyeza muri Sitade nk’uko bari babitegetswe na M23.

Nyuma y’uru rugamba, M23 yatangaje ko yatangiye ibikorwa byo gusukura Umujyi wa Goma wari wabaye isibaniro ry’imirwano, ndetse hakaba hari n’imirambo myinshi y’abarwanaga ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa.

Amezi abaye abiri uyu Mujyi wa Goma uri mu maboko ya AFC/M23 wanamaze gushyiraho abayobozi, aho benshi mu bawutuyemo bemeza ko umutekano bari barabuze kuva cyera, ubu bawufite, kuko baryama bagasinzira, ndetse n’ibikorwa byabo bikaba bigenda nta nkomyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Abanyeshuri bagiye mu kiruhuko, ababyeyi n’abarimu bo mu Rwanda bagenewe ubutumwa

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

Related Posts

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

by radiotv10
18/07/2025
0

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Alhajji Farid M. Kaliisa, yatumijweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo,...

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

by radiotv10
18/07/2025
0

The DRC Ministry of Foreign Affairs reaffirmed on Thursday that Minister Thérèse Kayikwamba Wagner had summoned the Ugandan Ambassador to...

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aratabariza impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi zimuriwe mu...

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

Eng.- AFC/M23 sends a message to DRC Government and warns the Burundian army

by radiotv10
18/07/2025
0

The AFC/M23 coalition, has urged the DRC authorities to cease intensified military attacks. It also accused the Burundian army of...

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
18/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare bwakajije, rinavuga ko igisirikare...

IZIHERUKA

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho
AMAHANGA

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

by radiotv10
18/07/2025
0

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

18/07/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

18/07/2025
Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

18/07/2025
Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

Eng.- AFC/M23 sends a message to DRC Government and warns the Burundian army

18/07/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.