Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

radiotv10by radiotv10
18/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Gutangira kuva muri uyu Mujyi wo mu Ntara ya Kivu y’Epfo byemejwe na bamwe mu bayobozi bo muri AFC/M23 barimo umuvugizi w’iri huriro mu rwego rwa gisirikare, Col Willy Ngoma.

Mu butumwa bwe, Col Willy Ngoma yanditse ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Ukuboza 2025, yagize ati “Ku bw’impamvu z’amahoro, ingabo zacu zatangiye kuva mu mujyi wa Uvira kuva muri uyu mugoroba.”

Abarwanyi ba AFC/M23 batangiye kuva muri uyu Mujyi wari umaze iminsi 10 uri mu maboko y’iri Huriro, nyuma yo gushyira hanze itangazo rivuga ko ryemeye kurekura uyu mujyi kugira ngo rihe amahirwe inzira z’ibiganiro biriho bikorwa hagati yaryo na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biri kubera i Doha muri Qatar.

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Betrand Bisimwa na we mu butumwa yatanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, yemeje ko abarwanyi b’iri huriro batangiye kuva muri Uvira.

Betrand Bisimwa yagize ati “Gukura Ingabo za AFC/M23 muri Uvira birakomeje kandi bizarangira ku munsi w’ejo.”

Bamwe mu barwanyi ba AFC/M23 ubwo bari muri Uvira

Ubwo AFC/M23 yashyiraga hanze itangazo rivuga ko yemeye kurekura uyu mujyi, bamwe mu baturage bawutuyemo babyukiye mu myigaragambyo, bagaragaza ko icyo cyemezo kitabanyuze, kuko mu gihe gito bari bamaze bari kumwe n’iri huriro bari batangiye kubona impinduka nziza.

Bisimwa usanzwe ari na Perezida wa M23, yakomeje aha ubutumwa abaturage bo muri Uvira, ndetse n’ubuhuza gukora ibishoboka kugira ngo intego yo kuzana amahoro byari byagezweho muri uyu Mujyi idahungabana.

Yagize ati “Turasaba abaturage b’abasivili gutuza. Turasaba imbaraga z’ubuhuza n’abandi bafatanyabikorwa kwizera ko Uvira irinzwe urugomo, ndetse ntihazabeho ibikorwa byo kwihorera no kongera ntizongere gukoreshwa n’igisirikare.”

Mu byasabwe na AFC/M23 kugira ngo irekure uyu mujyi wa Uvira, harimo ko igomba kurindwa n’igisirikare kidafite uruhande kibogamiyeho, kandi uruhande bahanganye ntirwongere kuwujyamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − three =

Previous Post

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Next Post

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.