Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yongeye kwihanangiriza Ubutegetsi bwa Congo iha integuza FARDC, FDLR n’abacancuro

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryamaze kwita ubw’iterabwoba, riravuga ko nyuma yuko ababurwanirira bagizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bakomeje kugaba ibitero ku baturage no ku birindiro byaryo, ryiyemeje kujya kubiburizamo rikabasanga ku isoko aho babitegurira.

Iri huriro kandi rirateganya kugirana ikiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nzeri 2025 kiza kuyobora n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa i Goma nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’iri Huriro, Lawrence Kanyuka.

Kanyuka atangaje iki kiganiro nyuma yuko kuri iki Cyumweru tariki 31 Kanama 2025, ashyize hanze itangazo ryihanangiriza uruhande bahanganye.

Muri iri tangazo ry’amashusho, Lawrence Kanyuka wumvikana akoresha ijwi riri hejuru ririmo umujinya, avuga ko ku wa Gatandatu “Ubutegetsi bw’iterabwoba bwa Kinshasa, bwatangije intambwe nshya mu mugambi wabwo mubisha.”

Avuga ko uru ruhande bahanganye “rwatangije intambara yagutse rukoresheje abasanzwe barurwanirira, bagizwe na FARDC, FDLR, Mai-Mai Wazalendo, Abacancuro, n’igisirikare cy’u Burundi, barashe ibisaru nta mpuhwe mu bice bituwemo n’abaturage, banagaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23.”

Kanyuka akomeza avuga ko ibi byose biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, nyamara harabayeho isinywa ry’amahame y’i Doha tariki 19 Nyakanga 2025.

Ati “Ubutegetsi bw’inkoramaraso bwakomeje politiki y’urwangano ndetse n’ibikorwa byo guhohotera abaturage. Bukomeje kandi gukwirakwiza propaganda yabwo mbi mu bice byose bugenzura, byumwihariko muri Uvira aho bamaze gushyira agace kabwo rusange. Aho ni ho bakorera ubuhuzabikorwa bw’ibikorwa bya gisirikare, no ho haturuka abasirikare ndetse hanategurirwa ibitero bya za drone.”

Avuga ko nyuma yo gutegurira ibitero by’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, bagabye ibitero mu bice birimo ibya Walikare ushyira Mpinga, Bunyakiri ushyira Kadasomwa na Kasika ushyira Mwenga.

Ati “Ibyo bitero bikomeye, byateye impfu z’abaturage bagenzi bacu, bitera abaturage benshi b’inzirakarengane kuva mu byabo, binashyira mu kaga abaturage benshi bakeneye ubutabazi.”

Kanyuka asoza ijambo rye yizeza abanyagihugu ko ihuriro AFC/M23 ridashobora gukomeza kurebera ibi bikorwa by’ubugome bikorwa n’ubutegetsi bwa DRC, bityo ko abarwanyi baryo biyemeje kurinda abaturage ndetse no kuburizamo ibyo bikorwa byose bakajya kubarwanya aho babitegurira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 8 =

Previous Post

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Related Posts

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Abayobozi b’Ihuriro AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa; bitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba wa...

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

by radiotv10
01/11/2025
0

Madamu Samia Suluhu Hassan wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi, yatsinze amatora y'Umukuru w'Igihugu cya Tanzania, ku majwi 97,66%, nk’uko...

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.