Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yongeye kwihanangiriza Ubutegetsi bwa Congo iha integuza FARDC, FDLR n’abacancuro

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryamaze kwita ubw’iterabwoba, riravuga ko nyuma yuko ababurwanirira bagizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bakomeje kugaba ibitero ku baturage no ku birindiro byaryo, ryiyemeje kujya kubiburizamo rikabasanga ku isoko aho babitegurira.

Iri huriro kandi rirateganya kugirana ikiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nzeri 2025 kiza kuyobora n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa i Goma nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’iri Huriro, Lawrence Kanyuka.

Kanyuka atangaje iki kiganiro nyuma yuko kuri iki Cyumweru tariki 31 Kanama 2025, ashyize hanze itangazo ryihanangiriza uruhande bahanganye.

Muri iri tangazo ry’amashusho, Lawrence Kanyuka wumvikana akoresha ijwi riri hejuru ririmo umujinya, avuga ko ku wa Gatandatu “Ubutegetsi bw’iterabwoba bwa Kinshasa, bwatangije intambwe nshya mu mugambi wabwo mubisha.”

Avuga ko uru ruhande bahanganye “rwatangije intambara yagutse rukoresheje abasanzwe barurwanirira, bagizwe na FARDC, FDLR, Mai-Mai Wazalendo, Abacancuro, n’igisirikare cy’u Burundi, barashe ibisaru nta mpuhwe mu bice bituwemo n’abaturage, banagaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23.”

Kanyuka akomeza avuga ko ibi byose biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, nyamara harabayeho isinywa ry’amahame y’i Doha tariki 19 Nyakanga 2025.

Ati “Ubutegetsi bw’inkoramaraso bwakomeje politiki y’urwangano ndetse n’ibikorwa byo guhohotera abaturage. Bukomeje kandi gukwirakwiza propaganda yabwo mbi mu bice byose bugenzura, byumwihariko muri Uvira aho bamaze gushyira agace kabwo rusange. Aho ni ho bakorera ubuhuzabikorwa bw’ibikorwa bya gisirikare, no ho haturuka abasirikare ndetse hanategurirwa ibitero bya za drone.”

Avuga ko nyuma yo gutegurira ibitero by’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, bagabye ibitero mu bice birimo ibya Walikare ushyira Mpinga, Bunyakiri ushyira Kadasomwa na Kasika ushyira Mwenga.

Ati “Ibyo bitero bikomeye, byateye impfu z’abaturage bagenzi bacu, bitera abaturage benshi b’inzirakarengane kuva mu byabo, binashyira mu kaga abaturage benshi bakeneye ubutabazi.”

Kanyuka asoza ijambo rye yizeza abanyagihugu ko ihuriro AFC/M23 ridashobora gukomeza kurebera ibi bikorwa by’ubugome bikorwa n’ubutegetsi bwa DRC, bityo ko abarwanyi baryo biyemeje kurinda abaturage ndetse no kuburizamo ibyo bikorwa byose bakajya kubarwanya aho babitegurira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seven =

Previous Post

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.