• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Afghanistan: Hamaze kumenyekana abantu 1.000 bahitanywe n’umutingito udasanzwe

radiotv10by radiotv10
22/06/2022
in Uncategorized
0
Afghanistan: Hamaze kumenyekana abantu 1.000 bahitanywe n’umutingito udasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutingito ukomeye wabaye muri Afghanistan wahitanye abantu benshi, aho kugeza ubu hamaze kumenyekana abarenga 1 000.

Uyu mutingito wari ku gipimo cya 5,9, wibasiye Uburarazuba bw’iki Gihugu aho wabaye mu masaaha y’urukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022.

Wibasiye agace gaherereye mu majyepfo ashyira uburengerazuba mu bilometero 46 uvuye mu mujyi wa Khost uri hafi y’umupaka wa uhuza Afghanistan na Pakistan.

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe ubugenzuzi bw’ibibera mu nda y’Isi USGS (United States Geological Survey), cyatangaje ko uyu mutingiro wari ku muvuduko w’ibilometero 10 ku isaha.

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, hakomeje gutangazwa umubare w’abahitanywe n’uyu mutingito aho habanje kuvugwa abasaga 300, mu gihe ku gicamunsi cyo kuri uyu munsi hatangajwe ko abamaze kumenyekana ko bahitanywe na wo barenga 1 000.

Minisiteri Ishinzwe imicungire y’ibiza, yatangaje ko abenshi mu baburiye ubuzima muri uyu mutingito, ari abo mu Ntara ya Paktika mu Turere twa Giyan, Nika, Barmal na Zirok.

Umuyobozi ushizwe itumanaho n’umuco mu Ntara ya Paktika, Amin Hozaifa yabwiye CNN ko nibura muri iyi Ntara hakomeretse abarenga 1 500 mu Turere twa Gayan na Barmal.

Uyu muyobozi kandi avuga ko imibare y’abahitanywe n’abakomerekejwe n’uyu mutingito ishobora kugenda yiyongera kuko iri kugenda ikusanywa hagendewe ku guhanagana amakuru y’iby’uyu mutingito.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eight =

Previous Post

Umujenerali wa FARDC uyoboye Operasiyo yo kurwanya M23 yakijijwe n’amaguru ata imodoka ye

Next Post

Umunyamakuru w’Umunya-Uganda yashimagije Kigali ahabwa igisubizo gisekeje n’uwabaye Umuyobozi muri Polisi ya Uganda

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Umunyamakuru w’Umunya-Uganda yashimagije Kigali ahabwa igisubizo gisekeje n’uwabaye Umuyobozi muri Polisi ya Uganda

Umunyamakuru w’Umunya-Uganda yashimagije Kigali ahabwa igisubizo gisekeje n’uwabaye Umuyobozi muri Polisi ya Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.