• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afurika y’Epfo: Amakuru agezweho ku mpanuka y’igorofa yagwiriye abayubakaga

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Afurika y’Epfo: Amakuru agezweho ku mpanuka y’igorofa yagwiriye abayubakaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’inyubako yagwiriye abarimo bayubaka mu Mujyi wa George wo mu majyepfo ya Afurika y’Epfo, wazamutse wikuba inshuro eshatu ugereranyije n’uwatangajwe ikimara kuba.

Iyi mpanuka yabaye mu cyumweru gishize, yahise ihitana abantu batandatu bahise batangazwa ikimara kuba ku wa Mbere w’icyumweru gishize.

Abari mu bikorwa by’ubutabazi, batangazaga ko imibare ishobora kwiyongera, kuko hari abari bagwiriwe n’ibikuta bari bataraboneka.

Amakuru yatangajwe ubu, avuga ko abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’iyi manduka, ari abantu 24. Ugereranyije na batandatu bahise batangazwa, uyu mubare wikubye gatatu.

Ni mu gihe kandi ubutabazi bugikomeje, hashakishwa abandi bantu 28 baheze munsi y’ibikuta, dore ko ubwo iyi mpanuka yabaga, hari abantu 81 bari mu bikorwa byo kubaka iyi nyubako y’amagorofa atanu.

Muri abo 81 bagwiriwe n’iyi nyubako, 29 nibo bakuwemo bakiri bazima, mu gihe 13 bakuwemo bakomeretse bikomeye bahita bajyanwa mu bitaro.

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa wari wihanganishije imiryango yabuze abayo, yanasabye ko hakorwa iperereza ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka, ndetse inzego zikaba zikomeje kurikora.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − sixteen =

Previous Post

Handball: U Rwanda ruri mu itsinda rimwe n’u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia

Next Post

Habonetse Igihugu gishyigikira icyareze Israel mu Rukiko ruregwamo Ibihugu bihemukira ibindi

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Habonetse Igihugu gishyigikira icyareze Israel mu Rukiko ruregwamo Ibihugu bihemukira ibindi

Habonetse Igihugu gishyigikira icyareze Israel mu Rukiko ruregwamo Ibihugu bihemukira ibindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.