Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agahinda gakomeje kuba kenshi muri Afghanistan ku bw’imibare y’abahitanywe n’umutingito

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Agahinda gakomeje kuba kenshi muri Afghanistan ku bw’imibare y’abahitanywe n’umutingito
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu barenga 800 ni bo bamaze kwemezwa ko bahitanywe n’umutigito wibasiye uburasirazuba bwa Afghanistan, mu gihe abandi barenga 2 500 bakomeretse.

Uretse aba bahitanywe n’umutingito wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 31 Kanama 2025, hari n’inzu nyinshi zasenyutse burundu, n’ibindi bikorwa byinshi byangiritse, nk’uko byatangajwe na Leta y’aba Taliban iyoboye iki Gihugu kuri uyu wa Mbere.

Uwo mutingito wari uri ku gipimo cya 6.0 wabaye mu ijoro ryo ku cyumweru, wibasiye imijyi yo muNntara ya Kunar, hafi y’umujyi wa Jalalabad mu Ntara yegereye ya Nangarhar, usiga wangije ibintu byinshi.

Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubushakashatsi ku mitingito (U.S. Geological Survey) cyatangaje ko uwo mutingito wabaye saa 23h47, wari uri ku ntera y’ibilometero 27, ufite uburebure bwa kilometero 8.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuvugizi wa Leta y’aba Taliban, Zabihullah Mujahid, yatangaje ko umubare w’abapfuye wageze kuri 800, mu gihe abakomeretse bagera ku 2 500. Yongeyeho ko abenshi mu bagizweho ingaruka bakomoka mu ntara ya Kunar.

Sharafat Zaman, umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, yatangaje ko ibikorwa by’ubutabazi bikomeje, kandi ko amatsinda y’abaganga aturutse mu Ntara za Kunar, Nangarhar ndetse no mu murwa mukuru Kabul yageze mu gace kabayemo ibyo biza kugira ngo afashe abahuye n’ingaruka z’umutingito.

Agace ka Jalalabad, gatuwe n’abaturage bagera ku bihumbi 300, kamwe mu twibasiwe n’umutingito, gafatwa nk’umujyi ukomeye w’ubucuruzi kubera ko uherereye hafi y’Igihugu cya Pakisitani ndetse hakaba n’umupaka munini uhuza Ibihugu byombi.

Jalalabad kandi inazwi nk’agace gakungahaye ku buhinzi n’ubworozi, cyane cyane imbuto n’umuceri, ndetse ikaba inyuranamo uruzi rwa Kabul.

Si ubwa mbere umutingito ukomeye wibasira igihugu cya Afganistan, kuko Ku wa 07 Ukwakira 2023, muri iki Gihugu habaye umutingito wari uri ku gipimo cya 6.3, wahitanye abasaga 4 000 nk’uko byatangajwe na Leta y’aba Taliban nubwo Umuryango w’Abibumbye wo watangaje ko abapfuye icyo gihe bari 1 500.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 8 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Next Post

NAME CHANGE REQUEST

Related Posts

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Abayobozi b’Ihuriro AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa; bitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba wa...

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

by radiotv10
01/11/2025
0

Madamu Samia Suluhu Hassan wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi, yatsinze amatora y'Umukuru w'Igihugu cya Tanzania, ku majwi 97,66%, nk’uko...

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.