Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara
Share on FacebookShare on Twitter

Révérien Ndikuriyo, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, wari umaze igihe atagaragara mu ruhame kubera uburwayi bukomeye yari afite, yongeye kugaragara.

Uburwayi bwa Ndikuriyo bwavuzwe cyane mu kwezi gushize, aho amakuru yavaga mu Burundi, yavugaga ko uyu munyapolitiki yoherejwe igitaraganya i Nairobi muri Kenya kuvurirwayo.

Uburwayi bwe kandi bwateye impungenge mu bo mu ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, bavugaga ko amakuru y’ubwo burwayi yari yagizwe ibanga, bigatuma hari n’abakeka ko yaba agiye kwitaba Imana.

Umwe mu bo mu muryango we, aganira n’Ikinyamakuru SOS Medias Burundi, mu mpera z’ukwezi gushize, yari yavuze ko yari yasubiye muri Coma, nyuma yuko yari yabanje kuyivamo agatora ka mitende ariko akaza kongera kuremba.

Icyo gihe uyu wo mu muryango wa Révérien Ndikuriyo, yari yagize ati “Dutegereje icyo imbaraga z’Imana zakora, kuko twe twamaze kwiheba.”

Iki kinyamakuru SOS Medias Burundi, kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, cyatangaje ko “Révérien Ndikuriyo, Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD yongeye kugaragara, nyuma yo kugaruka mu Gihugu avuye mu mahanga kwivuza nyuma yuko habayeho kugerageza kumwivugana hakoreshejwe uburozi.”

Iki kinyamakuru kivuga ko Révérien Ndikuriyo, yongeye kugaragara mu ruhame mu isengesho ryabaye kuri uyu wa Kane, risanzwe ari ngarukakwezi ritegurwa n’ishyaka ayoboye.

SOS Medias Burundi ivuga ko ubwo Ndikuriyo yagaragaraga muri iri sengesho, byagaragaraga ko afite intege nke aho yari kumwe n’umugore we.

Iki kinyamakuru kigira kiti “Perezida wa Repubulika, Évariste Ndayishimiye, akaba n’Umuyobozi w’Akanama k’inararibonye ziyoboye ishyaka, na we yari muri iri sengesho.”

Bivugwa kandi ko Ndikuriyo yagaragaye mu ruhame nyuma y’ibindi birori byateguwe inshuro zirenze imwe, byo kumwakira, ariko ntibikorwe.

Perezida Ndayishimiye yaramukije Ndikuriyo bataherukanaga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − seven =

Previous Post

U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine

Next Post

Hamenyekanye ubusabe bwatanzwe mbere y’umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ubusabe bwatanzwe mbere y’umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda

Hamenyekanye ubusabe bwatanzwe mbere y'umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.