Tuesday, June 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho ku ntambara ya Israel na Iran bamwe bari batangiye kwikanga aho yerecyeza

radiotv10by radiotv10
24/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Agezweho ku ntambara ya Israel na Iran bamwe bari batangiye kwikanga aho yerecyeza

An Israeli soldier gestures from a tank, amid cross-border hostilities between Hezbollah and Israel, by Israel's border with Lebanon in northern Israel, November 26, 2024. REUTERS/Ayal Margolin ISRAEL OUT. NO COMMERCIAL OR EDITORIAL SALES IN ISRAEL

Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu bya Israel na Iran bimaze iminsi byinjiye mu ntambara yari yakomeje guteza impungenge, bamwe bikanga ko ishobora kuvamo iya gatatu y’Isi yose, byemeranyijwe agahenge.

Aka gahenge katangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump wasabye Igihuru cya Israel guhagarika imirwano.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Israel, yatangaje ko yemeye aka gahenge nyuma yuko ibisabwe na Donald Trump.

Gusa Guverinoma ya Israel yatangaje ko igihe cyose Iran yahirahira irenze kuri aka gahenge, iki Gihugu “kitazuyaza gusubiza mu buryo bwihuse igihe cyose haba habayeho kurenga ku gahenge.”

Iki Gihugu kandi cyatangaje ko cyemeye aka gahenge nyuma “yo kugera ku ntego” zacyo mu bitero cyagabye kuri Iran bigamije kwikiza impungenge z’ingufu za kirimbuzi.

Guvernoma ya Israel ivuga kandi ko uretse kugera kuri izi ntego, cyabashije “kwivugana benshi mu bakomeye mu buyobozi bw’igisirikare, kandi kinasenya ibikorwa byinshi bya Guverinoma ya Iran byari biteye impungenge.”

Itangazo rya Israel rivuga kandi ko igisirikare cy’iki Gihugu ku munsi wa nyuma w’ibitero byacyo “cyagabye ibitero rurangiza ku bikorwa bifatwa nk’umutima wa Tehran, kibasha kwivugana ababarirwa mu magana ba Basij [umutwe wihariye wa Gisirikare wa Iran]” umutwe wifashishwaga n’Igisirikare cya Guverinoma ya Iran mu gukandamiza abigaragambya ndetse “kinivugana undi muhanga ukomeye mu bya nikeleyeri.”

Aka gahenge kandi kemejwe nyuma yuko Iran na yo yihoreye kuri Leta Zunze Ubumwe za America, ikagaba igitero cya misile ku kigo cya gisirikare cy’iki Gihugu kiri muri Qatar.

Abasesenguzi bavuga ko aka gahenge kasabwe na Israel kuko ibitero bya Iran byari bikomeje gushegesha iki Gihugu, ndetse Iran ikereka Leta Zunze Ubumwe za America ko atari Igihugu cyo kwisukira.

Ni mu gihe kandi Ibihugu binyuranye nk’u Burusiya, u Bushinwa n’u Buyapani; na byo byari byatangiye gutangaza ko bishobora kwinjira muri iyi ntambara, ibintu byari byateye ikikango ko biganisha kuba habaho intambara ya gatatu y’Isi yose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 18 =

Previous Post

Uwabaye muri Guverinoma agiye kugaragara mu kiganiro nkarishyabitekerezo kizaca kuri YouTube

Next Post

Eng-Rwanda Defence Force denounces fake statement circulating on social media

Related Posts

UPDATE: Haravugwa ibindi ku gahenge kari katangajwe hagati ya Israel na Iran

UPDATE: Haravugwa ibindi ku gahenge kari katangajwe hagati ya Israel na Iran

by radiotv10
24/06/2025
0

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz arashinja Iran kurenga ku gahenge kari katangajwe, ategeka igisirikare gutegura ibitero simusiga kuri Iran...

Icyateye Umusirikare mu Ngabo za Congo kubyuka arasa urufaya rw’amasasu muri bagenzi be

Icyateye Umusirikare mu Ngabo za Congo kubyuka arasa urufaya rw’amasasu muri bagenzi be

by radiotv10
24/06/2025
0

Umusirikare umwe mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yarashe amasasu menshi muri bagenzi be, yicamo babiri, abandi...

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Icyo Perezida Trump avuga ku gitero cya Iran cyari kigamije kwihorera kuri America

by radiotv10
24/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yavuze ko igitero Iran yagabye ku birindiro by’Igisirikare cy’Igihugu cye biri...

Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/06/2025
0

Muri Lokarite ya Nyanzale muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Rurugu, habereye imirwano ikomeye hagati y’Ihuriro rya...

Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba

Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba

by radiotv10
23/06/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America yifatanyije na Israel, ikagaba ibitero ku bikorwa by’ingufu za Nikeleyeri bya Iran, iki...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yakiriye Obasanjo wayoboye Nigeria
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yakiriye Obasanjo wayoboye Nigeria

by radiotv10
24/06/2025
0

President Kagame is in good health- Government dispels online rumors

President Kagame is in good health- Government dispels online rumors

24/06/2025
Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Guverinoma yasubije abakomeje kuzamura amakuru y’ibihuha

24/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

24/06/2025
Ingabo z’u Rwanda zamaganye itangazo ryazitiriwe ry’amakuru y’ibihuha

Ingabo z’u Rwanda zamaganye itangazo ryazitiriwe ry’amakuru y’ibihuha

24/06/2025
UPDATE: Haravugwa ibindi ku gahenge kari katangajwe hagati ya Israel na Iran

UPDATE: Haravugwa ibindi ku gahenge kari katangajwe hagati ya Israel na Iran

24/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng-Rwanda Defence Force denounces fake statement circulating on social media

Eng-Rwanda Defence Force denounces fake statement circulating on social media

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yakiriye Obasanjo wayoboye Nigeria

President Kagame is in good health- Government dispels online rumors

Guverinoma yasubije abakomeje kuzamura amakuru y’ibihuha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.