Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho ku ntambara ya Israel na Iran bamwe bari batangiye kwikanga aho yerecyeza

radiotv10by radiotv10
24/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Agezweho ku ntambara ya Israel na Iran bamwe bari batangiye kwikanga aho yerecyeza

An Israeli soldier gestures from a tank, amid cross-border hostilities between Hezbollah and Israel, by Israel's border with Lebanon in northern Israel, November 26, 2024. REUTERS/Ayal Margolin ISRAEL OUT. NO COMMERCIAL OR EDITORIAL SALES IN ISRAEL

Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu bya Israel na Iran bimaze iminsi byinjiye mu ntambara yari yakomeje guteza impungenge, bamwe bikanga ko ishobora kuvamo iya gatatu y’Isi yose, byemeranyijwe agahenge.

Aka gahenge katangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump wasabye Igihuru cya Israel guhagarika imirwano.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Israel, yatangaje ko yemeye aka gahenge nyuma yuko ibisabwe na Donald Trump.

Gusa Guverinoma ya Israel yatangaje ko igihe cyose Iran yahirahira irenze kuri aka gahenge, iki Gihugu “kitazuyaza gusubiza mu buryo bwihuse igihe cyose haba habayeho kurenga ku gahenge.”

Iki Gihugu kandi cyatangaje ko cyemeye aka gahenge nyuma “yo kugera ku ntego” zacyo mu bitero cyagabye kuri Iran bigamije kwikiza impungenge z’ingufu za kirimbuzi.

Guvernoma ya Israel ivuga kandi ko uretse kugera kuri izi ntego, cyabashije “kwivugana benshi mu bakomeye mu buyobozi bw’igisirikare, kandi kinasenya ibikorwa byinshi bya Guverinoma ya Iran byari biteye impungenge.”

Itangazo rya Israel rivuga kandi ko igisirikare cy’iki Gihugu ku munsi wa nyuma w’ibitero byacyo “cyagabye ibitero rurangiza ku bikorwa bifatwa nk’umutima wa Tehran, kibasha kwivugana ababarirwa mu magana ba Basij [umutwe wihariye wa Gisirikare wa Iran]” umutwe wifashishwaga n’Igisirikare cya Guverinoma ya Iran mu gukandamiza abigaragambya ndetse “kinivugana undi muhanga ukomeye mu bya nikeleyeri.”

Aka gahenge kandi kemejwe nyuma yuko Iran na yo yihoreye kuri Leta Zunze Ubumwe za America, ikagaba igitero cya misile ku kigo cya gisirikare cy’iki Gihugu kiri muri Qatar.

Abasesenguzi bavuga ko aka gahenge kasabwe na Israel kuko ibitero bya Iran byari bikomeje gushegesha iki Gihugu, ndetse Iran ikereka Leta Zunze Ubumwe za America ko atari Igihugu cyo kwisukira.

Ni mu gihe kandi Ibihugu binyuranye nk’u Burusiya, u Bushinwa n’u Buyapani; na byo byari byatangiye gutangaza ko bishobora kwinjira muri iyi ntambara, ibintu byari byateye ikikango ko biganisha kuba habaho intambara ya gatatu y’Isi yose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Uwabaye muri Guverinoma agiye kugaragara mu kiganiro nkarishyabitekerezo kizaca kuri YouTube

Next Post

Eng-Rwanda Defence Force denounces fake statement circulating on social media

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng-Rwanda Defence Force denounces fake statement circulating on social media

Eng-Rwanda Defence Force denounces fake statement circulating on social media

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.