Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022 hacicikanye amakuru avuga ko Gen (Rtd) Caleb Akandwanaho [Salim Saleh] akaba umuvandimwe wa Perezida Museveni, ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa Kane, gusa haje no gutangazwa andi makuru ko uru ruzinduko rwasubitswe. Aya makuru yaturutse he?

Ni amakuru yabanje gutangazwa n’Umunyamakuru w’inkuru zicukumbuye wo muri Uganda witwa Canary Mugume akaba asanzwe anakorera Televiziyo ya NBS yo muri iki Gihugu.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye saa kumi n’imwe na mirongo itanu n’icyenda z’umugoroba (17:59’), uyu Mugume ukurikirwa n’abantu basaga ibihumbi 450 kuri Twitter, yavuze ko afite amakuru yihutirwa.

Ati “Gen Salim Saleh, umuvandimwe wa Perezida [Museveni] ategerejwe i Kigali ejo [yavugaga uyu munsi ku wa Kane] aho azahura na Perezida Paul Kagame.”

https://twitter.com/CanaryMugume/status/1493978466743734275

Mugume yavugaga ko aya makuru yizewe kuko yayakuwe n’umwe mu bakomeye mu biro by’Umukuru w’Igihugu muri Uganda ndetse avuga ko byanemwe n’ubuyobozo bwo mu Rwanda.

Yakomeje agira ati “Saleh azamara icyumweru i Kigali. Iyi ni indi ntamwe igana imbere mu kuzahura umubano wa Uganda n’u Rwanda.”

Gusa nyuma y’amasaha atanu (5) Canary Mugume yagarutse kuri Twitter, atangaza ko uru rugendo yari yatangaje rwasubitswe.

Mu butumwa bwazaga buvuga ku bwo yari yatambukije mbere, Mugume yagize ati “Uru ruzinduko rwimuriwe ku yindi tariki iri imbere.”

Aya makuru yari yagiye agarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga, bavuga ko ibi bigaragaza indi ntambwe yo gukomeza kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe urimo igitotsi ariko ubu hakaba hari gukorwa ibikorwa bigamije kuwubura.

Gusa ibi byatangajwe n’uyu Munyamakuru, nta rwego na rumwe rubifitiye ububasha rwaba urwo muri Uganda cyangwa mu Rwanda rwari rwagize icyo rubitangazaho.

Gen Salim Saleh w’imyaka 62 y’amavuko uri mu kiruho cy’izabukuru, ni umwe mu basirikare bakomeye bagize uruhare runini mu ntambara yo gukura ku butegetsi Idi Amin, akaba yaragiye anagira imyanya ikomeye mu butegetsi bwa Museveni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − ten =

Previous Post

Kigali: Avoka akurikiranyweho kwaka umukiliya we Miliyoni 3 yo ‘guha Umucamanza ngo azihutishe urubanza’

Next Post

Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.