Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022 hacicikanye amakuru avuga ko Gen (Rtd) Caleb Akandwanaho [Salim Saleh] akaba umuvandimwe wa Perezida Museveni, ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa Kane, gusa haje no gutangazwa andi makuru ko uru ruzinduko rwasubitswe. Aya makuru yaturutse he?

Ni amakuru yabanje gutangazwa n’Umunyamakuru w’inkuru zicukumbuye wo muri Uganda witwa Canary Mugume akaba asanzwe anakorera Televiziyo ya NBS yo muri iki Gihugu.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye saa kumi n’imwe na mirongo itanu n’icyenda z’umugoroba (17:59’), uyu Mugume ukurikirwa n’abantu basaga ibihumbi 450 kuri Twitter, yavuze ko afite amakuru yihutirwa.

Ati “Gen Salim Saleh, umuvandimwe wa Perezida [Museveni] ategerejwe i Kigali ejo [yavugaga uyu munsi ku wa Kane] aho azahura na Perezida Paul Kagame.”

https://twitter.com/CanaryMugume/status/1493978466743734275

Mugume yavugaga ko aya makuru yizewe kuko yayakuwe n’umwe mu bakomeye mu biro by’Umukuru w’Igihugu muri Uganda ndetse avuga ko byanemwe n’ubuyobozo bwo mu Rwanda.

Yakomeje agira ati “Saleh azamara icyumweru i Kigali. Iyi ni indi ntamwe igana imbere mu kuzahura umubano wa Uganda n’u Rwanda.”

Gusa nyuma y’amasaha atanu (5) Canary Mugume yagarutse kuri Twitter, atangaza ko uru rugendo yari yatangaje rwasubitswe.

Mu butumwa bwazaga buvuga ku bwo yari yatambukije mbere, Mugume yagize ati “Uru ruzinduko rwimuriwe ku yindi tariki iri imbere.”

Aya makuru yari yagiye agarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga, bavuga ko ibi bigaragaza indi ntambwe yo gukomeza kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe urimo igitotsi ariko ubu hakaba hari gukorwa ibikorwa bigamije kuwubura.

Gusa ibi byatangajwe n’uyu Munyamakuru, nta rwego na rumwe rubifitiye ububasha rwaba urwo muri Uganda cyangwa mu Rwanda rwari rwagize icyo rubitangazaho.

Gen Salim Saleh w’imyaka 62 y’amavuko uri mu kiruho cy’izabukuru, ni umwe mu basirikare bakomeye bagize uruhare runini mu ntambara yo gukura ku butegetsi Idi Amin, akaba yaragiye anagira imyanya ikomeye mu butegetsi bwa Museveni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Kigali: Avoka akurikiranyweho kwaka umukiliya we Miliyoni 3 yo ‘guha Umucamanza ngo azihutishe urubanza’

Next Post

Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

Related Posts

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana
IBYAMAMARE

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.