Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022 hacicikanye amakuru avuga ko Gen (Rtd) Caleb Akandwanaho [Salim Saleh] akaba umuvandimwe wa Perezida Museveni, ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa Kane, gusa haje no gutangazwa andi makuru ko uru ruzinduko rwasubitswe. Aya makuru yaturutse he?

Ni amakuru yabanje gutangazwa n’Umunyamakuru w’inkuru zicukumbuye wo muri Uganda witwa Canary Mugume akaba asanzwe anakorera Televiziyo ya NBS yo muri iki Gihugu.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye saa kumi n’imwe na mirongo itanu n’icyenda z’umugoroba (17:59’), uyu Mugume ukurikirwa n’abantu basaga ibihumbi 450 kuri Twitter, yavuze ko afite amakuru yihutirwa.

Ati “Gen Salim Saleh, umuvandimwe wa Perezida [Museveni] ategerejwe i Kigali ejo [yavugaga uyu munsi ku wa Kane] aho azahura na Perezida Paul Kagame.”

https://twitter.com/CanaryMugume/status/1493978466743734275

Mugume yavugaga ko aya makuru yizewe kuko yayakuwe n’umwe mu bakomeye mu biro by’Umukuru w’Igihugu muri Uganda ndetse avuga ko byanemwe n’ubuyobozo bwo mu Rwanda.

Yakomeje agira ati “Saleh azamara icyumweru i Kigali. Iyi ni indi ntamwe igana imbere mu kuzahura umubano wa Uganda n’u Rwanda.”

Gusa nyuma y’amasaha atanu (5) Canary Mugume yagarutse kuri Twitter, atangaza ko uru rugendo yari yatangaje rwasubitswe.

Mu butumwa bwazaga buvuga ku bwo yari yatambukije mbere, Mugume yagize ati “Uru ruzinduko rwimuriwe ku yindi tariki iri imbere.”

Aya makuru yari yagiye agarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga, bavuga ko ibi bigaragaza indi ntambwe yo gukomeza kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe urimo igitotsi ariko ubu hakaba hari gukorwa ibikorwa bigamije kuwubura.

Gusa ibi byatangajwe n’uyu Munyamakuru, nta rwego na rumwe rubifitiye ububasha rwaba urwo muri Uganda cyangwa mu Rwanda rwari rwagize icyo rubitangazaho.

Gen Salim Saleh w’imyaka 62 y’amavuko uri mu kiruho cy’izabukuru, ni umwe mu basirikare bakomeye bagize uruhare runini mu ntambara yo gukura ku butegetsi Idi Amin, akaba yaragiye anagira imyanya ikomeye mu butegetsi bwa Museveni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 16 =

Previous Post

Kigali: Avoka akurikiranyweho kwaka umukiliya we Miliyoni 3 yo ‘guha Umucamanza ngo azihutishe urubanza’

Next Post

Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.