Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akadasangirwa kasangiwe: Abasore b’impanga bashatse umugore umwe n’umwana atwite ngo ni uwabo bombi

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Akadasangirwa kasangiwe: Abasore b’impanga bashatse umugore umwe n’umwana atwite ngo ni uwabo bombi
Share on FacebookShare on Twitter

Impanga z’abahungu bo muri Kenya, ziyemerera ko zashatse umugore umwe, zatangaje ko ziteguye kwakira umwana wabo wa mbere. Bavuga ko barara mu buriri bumwe uko ari batatu n’ibindi byose bibuberamo ngo barasangira.

Izi mpanga ndetse n’umugore wazo, zambara imyambaro y’ibara rimwe, zivuga ko ziyemeje gusangira byose bityo ko ari na yo mpamvu zahisemo gushaka umugore umwe.

Aba bagabo ndetse n’umugore wabo, mu mashusho yatambutse kuri YouTube, bavuze ko urukundo rwabo rushikamye atari urwo mu magambo gusa.

Teddy na Peter bavuga ko batarashyingiranwa n’umugore wabo Emily mu buryo bwemewe n’amategeko, bavuga ko bamaze gushinga urugo kuko babana.

Muri aya mashusho ari kuri YouTube Channel yitwa Nicholas kioko, Teddy umwe muri izi mpanga yagiez ati “Twamaze kuba umuryango, uyu ni umugore wacu njye n’umuvandimwe wanjye, turi impanga, dusangiye umugore kuko turi impanga, yewe turara no mu buriri bumwe.”

Emily, umugore w’aba bavandimwe, na we ahamya ko aba bagabo bombi ari abe, ati “Kandi bombi ndabakunda.”

Uyu mugore avuga ko yabanje kumenyana na Peter ubwo bahuriraga mu masengesho ubundi bagahana nimero ariko ko Peter yamuhaye iy’impanga ye Teddy kuko we ntayo yari afite.

Peter avuga ko nyuma yuko uyu mugore wabo ababwiriye ko atwite, bombi biyumvisemo ko umwana ari uwabo bombi ndetse ko bazamurera nk’uwo basangiye.

Baritegura kwibaruka
Emily avuga ko abagabo be abakunda
Bavuga bishimira umuryango wabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Imodoka yarimo Perezida Zelensky wa Ukraine yagonzwe n’indi

Next Post

DRC: Batanu barimo Umusirikare wo hejuru muri FARDC basize ubuzima mu gico cy’inyeshyamba

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Batanu barimo Umusirikare wo hejuru muri FARDC basize ubuzima mu gico cy’inyeshyamba

DRC: Batanu barimo Umusirikare wo hejuru muri FARDC basize ubuzima mu gico cy’inyeshyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.