Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akadasangirwa kasangiwe: Abasore b’impanga bashatse umugore umwe n’umwana atwite ngo ni uwabo bombi

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Akadasangirwa kasangiwe: Abasore b’impanga bashatse umugore umwe n’umwana atwite ngo ni uwabo bombi
Share on FacebookShare on Twitter

Impanga z’abahungu bo muri Kenya, ziyemerera ko zashatse umugore umwe, zatangaje ko ziteguye kwakira umwana wabo wa mbere. Bavuga ko barara mu buriri bumwe uko ari batatu n’ibindi byose bibuberamo ngo barasangira.

Izi mpanga ndetse n’umugore wazo, zambara imyambaro y’ibara rimwe, zivuga ko ziyemeje gusangira byose bityo ko ari na yo mpamvu zahisemo gushaka umugore umwe.

Aba bagabo ndetse n’umugore wabo, mu mashusho yatambutse kuri YouTube, bavuze ko urukundo rwabo rushikamye atari urwo mu magambo gusa.

Teddy na Peter bavuga ko batarashyingiranwa n’umugore wabo Emily mu buryo bwemewe n’amategeko, bavuga ko bamaze gushinga urugo kuko babana.

Muri aya mashusho ari kuri YouTube Channel yitwa Nicholas kioko, Teddy umwe muri izi mpanga yagiez ati “Twamaze kuba umuryango, uyu ni umugore wacu njye n’umuvandimwe wanjye, turi impanga, dusangiye umugore kuko turi impanga, yewe turara no mu buriri bumwe.”

Emily, umugore w’aba bavandimwe, na we ahamya ko aba bagabo bombi ari abe, ati “Kandi bombi ndabakunda.”

Uyu mugore avuga ko yabanje kumenyana na Peter ubwo bahuriraga mu masengesho ubundi bagahana nimero ariko ko Peter yamuhaye iy’impanga ye Teddy kuko we ntayo yari afite.

Peter avuga ko nyuma yuko uyu mugore wabo ababwiriye ko atwite, bombi biyumvisemo ko umwana ari uwabo bombi ndetse ko bazamurera nk’uwo basangiye.

Baritegura kwibaruka
Emily avuga ko abagabo be abakunda
Bavuga bishimira umuryango wabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 1 =

Previous Post

Imodoka yarimo Perezida Zelensky wa Ukraine yagonzwe n’indi

Next Post

DRC: Batanu barimo Umusirikare wo hejuru muri FARDC basize ubuzima mu gico cy’inyeshyamba

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Batanu barimo Umusirikare wo hejuru muri FARDC basize ubuzima mu gico cy’inyeshyamba

DRC: Batanu barimo Umusirikare wo hejuru muri FARDC basize ubuzima mu gico cy’inyeshyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.