Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Akurikiranyweho ibyaha biremereye- Ibirambuye ku muhanzi Yago n’icyo RIB imuvugaho

radiotv10by radiotv10
04/09/2024
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Akurikiranyweho ibyaha biremereye- Ibirambuye ku muhanzi Yago n’icyo RIB imuvugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwavuze ko umunyamakuru akaba n’umuhanzi Yago yahunze afite ibyaha akurikiranyweho kandi ko yagiye ubwo yari atangiye kubazwa ku byaha biremereye, rukamwibutsa ko ukuboka k’ubutabera ntaho kutagera.

Mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, hamaze iminsi havugwa inkuru y’umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago, wavuze ko yahunze agatsiko kamaze igihe kamugendaho gashaka kumwivugana.

Mu biganiro uyu munyamakuru akomeje gutangira kuri YouTube Channel ye, agaruka ku bo ashinja kumugirira umugambi mubisha, akoresheje amagambo aremereye aho agera akanavuga ayumvikanamo gukurura amacakubiri.

Nanone kandi hagiye hanze amashusho y’urukozasoni, bivugwa ko byakozwe n’uyu munyamakuru Yago agamije kwihimura kuri umwe mu bo avuga ko bagambiriye kumugirira nabi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry; mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Primo Media, yavuze ko ubwo uku guterana amagambo hagati ya Yago na bagenzi be byatangiraga, abantu babonaga ari ukuryoshya uruganda rw’imyidagaduro.

Ati “Ariko tuza kubona ko biri kugenda bifata indi ntera aho batangiye kuzanamo amagambo aganisha ku byaha, aganisha ku gukurura amacakubiri, aganisha ku ngengabitekerezo, amagambo ashobora gutuma abandi bashobora kwanga abandi.”

Dr Murangira avuga ko aho bigereye kuri uru rwego, ari bwo RIB yatangiye kubyinjiramo, ndetse ko uru rwego rwahamagaje umunyamakuru Yago.

Ati “Yabanje guhamagarwa mbere hari ibyaha yarezwemo n’umuntu yakangishaga gusebya ku bijyanye n’amashusho y’ubwambure bwe yamukangishaga ko ashobora gushyira hanze ku mbuga nkoranyambaga.”

Avuga ko mu gihe RIB yari iri gukurikirana uyu munyamakuru kuri iki kirego, uyu munyamakuru Yago yongeye gushyira hanze andi mashusho y’ikiganiro kirimo amacakubiri n’ivangura.

Ati “Yarabajijwe, arakurikiranwa ari hanze. Muri cya gihe yakurikiranwaga, ni bwo twagiye kumva twumva na we aravuze ngo yarahunze.”

Dr Murangira akomeza agira ati “Ahunze yari agikurikiranywe, kuko abonye ko atangiye kubazwa ku byaha biremereye nka biriya by’ivangura yavuze, yahise ajyenda.”

Umuvugizi wa RIB avuga ko ikibabaje ari uko nubwo uyu munyamakuru Yago avuga ko yahunze, yakomeje gutangaza amagambo yumvikanamo nubundi ibyaha by’ivangura no kubiba amacakubiri.

Ati “Icyo namwibutsa hamwe n’abandi bose bumva ko bari hanze y’u Rwanda cyangwa se bumva ko amazina yabo bayahishe, aho waba uri hose bibuke ko ukuboka k’ubutabera ntaho kutagera, ntabwo byabuza kuba bakurikiranwa.”

Dr Murangira kandi yaboneyeho kugira inama abaremye udutsiko dushingiye kuri iki kibazo, n’abakwirakwiza ibiganiro by’uyu munyamakuru byumvikanamo gukurura amacakubiri, ko babihagarika kuko bigize ibyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − two =

Previous Post

Rwanda Today! Rwanda Tomorrow!

Next Post

Perezida Kagame mu Bushinwa yaganiriye n’Abakuru b’Ibihugu babiri baherutse mu Rwanda

Related Posts

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa
AMAHANGA

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame mu Bushinwa yaganiriye n’Abakuru b’Ibihugu babiri baherutse mu Rwanda

Perezida Kagame mu Bushinwa yaganiriye n’Abakuru b’Ibihugu babiri baherutse mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.