Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Akurikiranyweho ibyaha biremereye- Ibirambuye ku muhanzi Yago n’icyo RIB imuvugaho

radiotv10by radiotv10
04/09/2024
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Akurikiranyweho ibyaha biremereye- Ibirambuye ku muhanzi Yago n’icyo RIB imuvugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwavuze ko umunyamakuru akaba n’umuhanzi Yago yahunze afite ibyaha akurikiranyweho kandi ko yagiye ubwo yari atangiye kubazwa ku byaha biremereye, rukamwibutsa ko ukuboka k’ubutabera ntaho kutagera.

Mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, hamaze iminsi havugwa inkuru y’umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago, wavuze ko yahunze agatsiko kamaze igihe kamugendaho gashaka kumwivugana.

Mu biganiro uyu munyamakuru akomeje gutangira kuri YouTube Channel ye, agaruka ku bo ashinja kumugirira umugambi mubisha, akoresheje amagambo aremereye aho agera akanavuga ayumvikanamo gukurura amacakubiri.

Nanone kandi hagiye hanze amashusho y’urukozasoni, bivugwa ko byakozwe n’uyu munyamakuru Yago agamije kwihimura kuri umwe mu bo avuga ko bagambiriye kumugirira nabi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry; mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Primo Media, yavuze ko ubwo uku guterana amagambo hagati ya Yago na bagenzi be byatangiraga, abantu babonaga ari ukuryoshya uruganda rw’imyidagaduro.

Ati “Ariko tuza kubona ko biri kugenda bifata indi ntera aho batangiye kuzanamo amagambo aganisha ku byaha, aganisha ku gukurura amacakubiri, aganisha ku ngengabitekerezo, amagambo ashobora gutuma abandi bashobora kwanga abandi.”

Dr Murangira avuga ko aho bigereye kuri uru rwego, ari bwo RIB yatangiye kubyinjiramo, ndetse ko uru rwego rwahamagaje umunyamakuru Yago.

Ati “Yabanje guhamagarwa mbere hari ibyaha yarezwemo n’umuntu yakangishaga gusebya ku bijyanye n’amashusho y’ubwambure bwe yamukangishaga ko ashobora gushyira hanze ku mbuga nkoranyambaga.”

Avuga ko mu gihe RIB yari iri gukurikirana uyu munyamakuru kuri iki kirego, uyu munyamakuru Yago yongeye gushyira hanze andi mashusho y’ikiganiro kirimo amacakubiri n’ivangura.

Ati “Yarabajijwe, arakurikiranwa ari hanze. Muri cya gihe yakurikiranwaga, ni bwo twagiye kumva twumva na we aravuze ngo yarahunze.”

Dr Murangira akomeza agira ati “Ahunze yari agikurikiranywe, kuko abonye ko atangiye kubazwa ku byaha biremereye nka biriya by’ivangura yavuze, yahise ajyenda.”

Umuvugizi wa RIB avuga ko ikibabaje ari uko nubwo uyu munyamakuru Yago avuga ko yahunze, yakomeje gutangaza amagambo yumvikanamo nubundi ibyaha by’ivangura no kubiba amacakubiri.

Ati “Icyo namwibutsa hamwe n’abandi bose bumva ko bari hanze y’u Rwanda cyangwa se bumva ko amazina yabo bayahishe, aho waba uri hose bibuke ko ukuboka k’ubutabera ntaho kutagera, ntabwo byabuza kuba bakurikiranwa.”

Dr Murangira kandi yaboneyeho kugira inama abaremye udutsiko dushingiye kuri iki kibazo, n’abakwirakwiza ibiganiro by’uyu munyamakuru byumvikanamo gukurura amacakubiri, ko babihagarika kuko bigize ibyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 3 =

Previous Post

Rwanda Today! Rwanda Tomorrow!

Next Post

Perezida Kagame mu Bushinwa yaganiriye n’Abakuru b’Ibihugu babiri baherutse mu Rwanda

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame mu Bushinwa yaganiriye n’Abakuru b’Ibihugu babiri baherutse mu Rwanda

Perezida Kagame mu Bushinwa yaganiriye n’Abakuru b’Ibihugu babiri baherutse mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.