Thursday, July 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

radiotv10by radiotv10
03/07/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inafite igikombe cya Shampiyona initegura kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, yatangiye imyitozo igaragaramo amasura mashya y’abakinnyi iherutse kwinjzamo.

Iyi myitozo yabereye kuri stade Ikirenga i Shyorongi aho iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu isanzwe yitoreza, iyoborwa n’umutoza mushya TALEB ABDERRAHIM.

Byari biteganyijwe ko APR FC itangira imyitozo ku wa Kabiri ariko biza kwimurwaho umunsi umwe.

Abakinnyi hafi ya bose basanzwe bakinira iyi kipe n’abandi bashya yaguze b’Abanyarwanda, bitabiriye iyi myitozo yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Nyakanga 2025.

Abo bakinnyi b’Abanyarwanda bitabiriye imyitozo APR FC yaguze, ni umunyezamu wavuye muri As Kigali Hakizimana Adolphe, Ombolenga Fitina, Hakim Bugingo na Iraguha Hadji yaguze muri Rayon Sports FC, Ngabonziza Pacifique waguzwe muri Police FC na Nduwayo Alexis myugariro waguzwe muri Gasogi United.

Abakinnyi b’Abanyamahanga baguzwe n’iyi kipe, ntibagaragaye mu myitozo y’umunsi wa mbere wo kwitegura imikino y’umwaka wa 2025-2026.

Muri aba b’Abanyamahanga baguzwe na APR FC, Ni Umunya-Uganda Ssekiganda Ronald, ushobora kuzabanza gukina imikino ya CHAN na Uganda Cranes, dore ko ari ku rutonde rw’abakinnyi Morley Byekwaso yahamagaye azifashisha muri iyi mikino izatangira tariki 02 Kanama 2025, ndetse na Memel Raouf Dao Umunya-Burkina Faso ukina hagati asatira izamu.

Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa aherutse gutangaza ko iyi kipe isigaje kugura rutahizamu umwe igahita iva ku isoko ry’igura ry’abakinnyi.

APR FC itangiye imyitozo, mu gihe abafana bayo bateguye igikorwa cyiswe “APR FC ku ivuko” aho bazahurira ku Murindi wa Byumba mu Karere ka Gicumbi, hashingiwe iyi kipe mu 1993, bakazaba bizihiza imyaka 32 imaze ishinzwe n’imyaka 30 imaze ikina shampiyona yegukanye inshuro 22.

APR yatangiye imyitozo
Ombolenga uherutse kuyigarukamo na we yatangiranye n’abandi
Amasura mashya muri APR

Umutoza yatangiye gutanga amabwiriza
Adolphe umunyezamu mushya muri APR na we yatangiye imyitozo

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eight =

Previous Post

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Next Post

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Related Posts

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

Harimo iya 2.000.000Frw- Amatike yo kwinjira mu mukino wa Rayon utegerejwe yaje yihagazeho

Harimo iya 2.000.000Frw- Amatike yo kwinjira mu mukino wa Rayon utegerejwe yaje yihagazeho

by radiotv10
22/07/2025
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwatangaje ibiciro by’amatike yo kwinjira mu mukino wa gicuti uzayihuza na Younga Africans, harimo iya...

IZIHERUKA

Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye
MU RWANDA

Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Eng.-Dr. Ngirente thanks President Kagame after 8 years as Prime Minister

Eng.-Dr. Ngirente thanks President Kagame after 8 years as Prime Minister

24/07/2025
Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

24/07/2025
Why do weddings nowadays cost so much and seem like a competition?

Why do weddings nowadays cost so much and seem like a competition?

24/07/2025
Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

24/07/2025
Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

24/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye

Eng.-Dr. Ngirente thanks President Kagame after 8 years as Prime Minister

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.