Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amafoto ateye ubwuzu: Madamu J.Kagame yahuje urugwiro n’abana b’imiryango yashegeshwe n’ibiza

radiotv10by radiotv10
26/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amafoto ateye ubwuzu: Madamu J.Kagame yahuje urugwiro n’abana b’imiryango yashegeshwe n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame yagendereye Akarere ka Ngororero kari mu duherutse kwibasirwa n’ibiza, aboneraho gusura irerero ryashyizweho ngo rifashe abana b’imiryango yacumbikiwe nyuma yo gusenyerwa n’ibi biza, areba uko uru Rwanda rw’ejo rubayeho muri iki gihe.

Madamu Jeannette Kagame yakoze iki gikorwa kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2023, nyuma y’ibyumweru bitatu bimwe mu bice by’u Rwanda bigwiririwe n’ibiza, byiganjemo ibyo mu Ntara y’Iburengerazuba.

Akarere ka Ngororero ni kamwe mu twashegeshwe n’ibi biza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku ya 02 rishyira ku ya 03 Gicurasi 2023.

Aka Karere kabuze abantu 23 mu bantu 131 baburiye ubuzima muri ibi biza, byanangije ibikorwa byinshi birimo inzu zirenga ibihumbi bitandatu z’abaturage zasenyutse.

Madamu Jeannette Kagame wagendereye aka Karere ka Ngororero, kuri uyu wa Gatanu, yasuye irerero ry’abana riherereye mu Murenge wa Rusura ryashyizweho muri iki gihe kugira ngo rifashe abana b’imiryango yavanywe mu byabo n’ibi biza.

Aba bana bahabwa serivisi zisanzwe zitangirwa mu marerero anyuranye mu Rwanda, baboneyeho kwereka Madamu Jeannette Kagame uko babayeho muri iyi minsi, n’ibikorwa bakorera muri iri rerero birimo gukina imikino y’abana bato.

Madamu Jeannette Kagame wihanganishije aba bana n’imiryango yabo icumbikiwe kuri Paruwasi Gatolika ya Rususa, na we yifatanyije n’aba bana muri bimwe muri ibi bikorwa barimo.

Akoze iki gikorwa nyuma y’ibyumweru bibiri byuzuye, Perezida Paul Kagame na we asuye Akarere ka Rubavu na ko kari mu twashegeshwe n’ibi biza, akihanganisha abaturage bagizweho ingaruka n’ibi biza.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yagezaga ijambo ku baturage bacumbikiwe muri site ya Nyemeramihigo, yagize ati “Uko muhangayitse natwe biraduhangayikishije, kubona uko mumeze, ndetse tunashakisha ibishoboka byose kugira ngo dushobore kubafasha muri ibi bihe bitoroshye murimo.”

Madamu Jeannette Kagame yagaragarije aba bana ko bitaweho

Amafoto/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 10 =

Previous Post

Ingingo yazamuye impaka mu Rwanda ku kongerera ikiruhuko ababyaye muri Uganda byabaye ukundi

Next Post

Igihugu kimwe muri Afurika cyafashe icyemezo gikomeye cyo kugabanya ubusumbane mu mishahara

Related Posts

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

by radiotv10
23/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batumva ukuntu ingo zabo zasimbutswe mu guhabwa...

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

by radiotv10
23/10/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced that by the end of this month, activities will begin to verify personal...

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

by radiotv10
23/10/2025
0

Umubyeyi w’imyaka 19 wo mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, watewe inda afite imyaka 16, aravuga ko abayeho...

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

by radiotv10
23/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy'lgihugu Gishinzwe Irangamuntu 'NIDA', bwamenyesheje Abanyarwanda bose ko mu mpera z’uku kwezi hazatangira ibikorwa byo kwemeza imyirondoro no...

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’Uburenge ifata amatungo yagaragaye mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Rubavu, yatumye Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu...

IZIHERUKA

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8
IBYAMAMARE

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

by radiotv10
23/10/2025
0

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

23/10/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

23/10/2025
Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

23/10/2025
Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

23/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu kimwe muri Afurika cyafashe icyemezo gikomeye cyo kugabanya ubusumbane mu mishahara

Igihugu kimwe muri Afurika cyafashe icyemezo gikomeye cyo kugabanya ubusumbane mu mishahara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.