Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Inyamaswa yari yazengereje aborozi ibicira Inka hafi ya Gishwati yishwe

radiotv10by radiotv10
05/02/2022
in MU RWANDA
0
AMAFOTO: Inyamaswa yari yazengereje aborozi ibicira Inka hafi ya Gishwati yishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Inyamaswa yari imaze iminsi yica inka z’aborozi bo mu Turere twa Nyabihu na Rutsiro begereye ishyamba rya Gishwati, na yo yishwe nyuma y’uko ingabo na Polisi bakoze igikorwa cyo kuyishakisha.

Aborozi baturiye ishyamba rya Gishwati, bari bamaze iminsi biyasira kubera inyamaswa yari imaze iminsi yica Inka zabo ziganjemo inyana aho byavugwaga ko yari imaze kwivugana izigera muri 80.

Ni ikibazo cyahagurukije inzego zaba iz’ibanze, iz’umutekano ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere RDB.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Gashyantare, inzego z’umutekano; Polisi n’Ingabo z’u Rwanda zakoze igikorwa cyo kwica iyi nyamaswa, ziza no kukigeraho.

Ni igikorwa cyashimije benshi barimo abasanzwe bakorera ubworozi muri aka gace.

Ngabo Karegeya ukoresha izina rya Ibere rya Bigogwe kuri Twitter wakunze gutabariza aborozi bo muri aka gace, ari mu bishimiye iyicwa ry’iyi nyamaswa yari yarabazengereje.

Ubutumwa yashyize kuri Twitter, Karegeya yagize ati “Intsinzi irabonetse. Inka zacu ziratabawe. Murakoze cyane Ngabo zacu na Polisi.”

Karegeya kandi avuga ko inzego z’umutekano zakomeje gushakisha niba hari indi nyamaswa yafatanyaga n’iyi kwica Inka z’abaturage.

Yakomeje agira ati “Kanze mbamare impungenge. Ntabwo abari guhiga iki kinyamaswa bigeze bataha nyuma yo kwica kiriya. bakomeje gushaka indi nyamaswa y’inkazi yose yaba yaraje muri kano gace karimo inka. Muhumure rwose bazavamo inka zabonye umutekano niko badusezeranyije.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wakunze kumenyeshwa iki kibazo na we agasaba inzego kugihagurukira, na we yagize ati “Muzishakire kubura hasi kubura hejuru.”

Minisitiri Gatabazi kandi na we ari mu bishimiye iyicwa ry’iyi nyamaswa, aho yasubizaga uyu Muturage witwa Karegeya, agira ati “Cyera kabaye bigezweho.”

Abazi iby’inyamaswa, bavuga ko iyi yishwe ari imbwa y’agasozi izwi nk’Ikirura, ikaba iri mu nyamaswa z’inkazi z’indyanyama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fifteen =

Previous Post

Gasabo: Imodoka yari itwawe na Musenyeri yagonze umunyegare ahita apfa

Next Post

FERWAFA yateye utwatsi ubujurire bwa KNC wanze kuyitaba

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FERWAFA yateye utwatsi ubujurire bwa KNC wanze kuyitaba

FERWAFA yateye utwatsi ubujurire bwa KNC wanze kuyitaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.