Monday, April 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Inyamaswa yari yazengereje aborozi ibicira Inka hafi ya Gishwati yishwe

radiotv10by radiotv10
05/02/2022
in MU RWANDA
0
AMAFOTO: Inyamaswa yari yazengereje aborozi ibicira Inka hafi ya Gishwati yishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Inyamaswa yari imaze iminsi yica inka z’aborozi bo mu Turere twa Nyabihu na Rutsiro begereye ishyamba rya Gishwati, na yo yishwe nyuma y’uko ingabo na Polisi bakoze igikorwa cyo kuyishakisha.

Aborozi baturiye ishyamba rya Gishwati, bari bamaze iminsi biyasira kubera inyamaswa yari imaze iminsi yica Inka zabo ziganjemo inyana aho byavugwaga ko yari imaze kwivugana izigera muri 80.

Ni ikibazo cyahagurukije inzego zaba iz’ibanze, iz’umutekano ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere RDB.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Gashyantare, inzego z’umutekano; Polisi n’Ingabo z’u Rwanda zakoze igikorwa cyo kwica iyi nyamaswa, ziza no kukigeraho.

Ni igikorwa cyashimije benshi barimo abasanzwe bakorera ubworozi muri aka gace.

Ngabo Karegeya ukoresha izina rya Ibere rya Bigogwe kuri Twitter wakunze gutabariza aborozi bo muri aka gace, ari mu bishimiye iyicwa ry’iyi nyamaswa yari yarabazengereje.

Ubutumwa yashyize kuri Twitter, Karegeya yagize ati “Intsinzi irabonetse. Inka zacu ziratabawe. Murakoze cyane Ngabo zacu na Polisi.”

Karegeya kandi avuga ko inzego z’umutekano zakomeje gushakisha niba hari indi nyamaswa yafatanyaga n’iyi kwica Inka z’abaturage.

Yakomeje agira ati “Kanze mbamare impungenge. Ntabwo abari guhiga iki kinyamaswa bigeze bataha nyuma yo kwica kiriya. bakomeje gushaka indi nyamaswa y’inkazi yose yaba yaraje muri kano gace karimo inka. Muhumure rwose bazavamo inka zabonye umutekano niko badusezeranyije.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wakunze kumenyeshwa iki kibazo na we agasaba inzego kugihagurukira, na we yagize ati “Muzishakire kubura hasi kubura hejuru.”

Minisitiri Gatabazi kandi na we ari mu bishimiye iyicwa ry’iyi nyamaswa, aho yasubizaga uyu Muturage witwa Karegeya, agira ati “Cyera kabaye bigezweho.”

Abazi iby’inyamaswa, bavuga ko iyi yishwe ari imbwa y’agasozi izwi nk’Ikirura, ikaba iri mu nyamaswa z’inkazi z’indyanyama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 9 =

Previous Post

Gasabo: Imodoka yari itwawe na Musenyeri yagonze umunyegare ahita apfa

Next Post

FERWAFA yateye utwatsi ubujurire bwa KNC wanze kuyitaba

Related Posts

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

by radiotv10
13/04/2026
0

Every year, during the commemoration of the 1994 Genocide against the Tutsi, Rwanda pauses to remember, reflect, and honor the...

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

by radiotv10
13/04/2026
0

Tariki 13 Mata 1994, umunsi uremeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’iyicwa ry’Abatutsi ryakorewe ahiganjemo muri za Kiliziya zafatwaga nk’inzu...

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

by radiotv10
13/04/2026
0

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaturage bo mu Murenge wa Giheke mu cyahoze...

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

IZIHERUKA

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up
MU RWANDA

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

by radiotv10
13/04/2026
0

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/2026
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

13/04/2026
Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

13/04/2026
12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FERWAFA yateye utwatsi ubujurire bwa KNC wanze kuyitaba

FERWAFA yateye utwatsi ubujurire bwa KNC wanze kuyitaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.