Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Inyamaswa yari yazengereje aborozi ibicira Inka hafi ya Gishwati yishwe

radiotv10by radiotv10
05/02/2022
in MU RWANDA
0
AMAFOTO: Inyamaswa yari yazengereje aborozi ibicira Inka hafi ya Gishwati yishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Inyamaswa yari imaze iminsi yica inka z’aborozi bo mu Turere twa Nyabihu na Rutsiro begereye ishyamba rya Gishwati, na yo yishwe nyuma y’uko ingabo na Polisi bakoze igikorwa cyo kuyishakisha.

Aborozi baturiye ishyamba rya Gishwati, bari bamaze iminsi biyasira kubera inyamaswa yari imaze iminsi yica Inka zabo ziganjemo inyana aho byavugwaga ko yari imaze kwivugana izigera muri 80.

Ni ikibazo cyahagurukije inzego zaba iz’ibanze, iz’umutekano ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere RDB.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Gashyantare, inzego z’umutekano; Polisi n’Ingabo z’u Rwanda zakoze igikorwa cyo kwica iyi nyamaswa, ziza no kukigeraho.

Ni igikorwa cyashimije benshi barimo abasanzwe bakorera ubworozi muri aka gace.

Ngabo Karegeya ukoresha izina rya Ibere rya Bigogwe kuri Twitter wakunze gutabariza aborozi bo muri aka gace, ari mu bishimiye iyicwa ry’iyi nyamaswa yari yarabazengereje.

Ubutumwa yashyize kuri Twitter, Karegeya yagize ati “Intsinzi irabonetse. Inka zacu ziratabawe. Murakoze cyane Ngabo zacu na Polisi.”

Karegeya kandi avuga ko inzego z’umutekano zakomeje gushakisha niba hari indi nyamaswa yafatanyaga n’iyi kwica Inka z’abaturage.

Yakomeje agira ati “Kanze mbamare impungenge. Ntabwo abari guhiga iki kinyamaswa bigeze bataha nyuma yo kwica kiriya. bakomeje gushaka indi nyamaswa y’inkazi yose yaba yaraje muri kano gace karimo inka. Muhumure rwose bazavamo inka zabonye umutekano niko badusezeranyije.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wakunze kumenyeshwa iki kibazo na we agasaba inzego kugihagurukira, na we yagize ati “Muzishakire kubura hasi kubura hejuru.”

Minisitiri Gatabazi kandi na we ari mu bishimiye iyicwa ry’iyi nyamaswa, aho yasubizaga uyu Muturage witwa Karegeya, agira ati “Cyera kabaye bigezweho.”

Abazi iby’inyamaswa, bavuga ko iyi yishwe ari imbwa y’agasozi izwi nk’Ikirura, ikaba iri mu nyamaswa z’inkazi z’indyanyama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + seven =

Previous Post

Gasabo: Imodoka yari itwawe na Musenyeri yagonze umunyegare ahita apfa

Next Post

FERWAFA yateye utwatsi ubujurire bwa KNC wanze kuyitaba

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FERWAFA yateye utwatsi ubujurire bwa KNC wanze kuyitaba

FERWAFA yateye utwatsi ubujurire bwa KNC wanze kuyitaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.