Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida w’u Burundi yasuye umuhinzi watahutse ava Canada baganirira mu rutoki

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida w’u Burundi yasuye umuhinzi watahutse ava Canada baganirira mu rutoki
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yasuye Umurundi wari warahungiye muri Canada akaba aherutse gutahuka, ubu akaba ari umuhinzi-mworozi wa kijyambere, banaganirira muri kimwe mu bikorwa bye by’ubuhinzi.

Uyu Murundi witwa Jackson Nahayo wabaga muri Canada, akaza kwiyemeza gutahuka mu Gihugu cyamwibarutse, akajya gukomeza ibikorwa bimuteza imbere binateza imbere Igihugu cye.

Jackson Nahayo akigaruka mu Burundi yahise yiyemeza gukora ubuhinzi n’ubworozi mu buryo bwa kijyambere, ubu akaba ari umwe mu bahinzi ntangarugero muri Komini ya Murwi mu Ntara ya Cibitoke.

Aha mu rugo rwe ni na ho Perezida Evaritse Ndayishimiye yamusuye we n’umuryango, aho bagaragaye bicaye ku ntebe bateye mu rutoki bari kuganira.

Jackson Nahayo yavuze ko Abarundi benshi bibwira ko mu mahanga ari ho hari ubuzima bwiza, nyamara atari ko bimze, bityo ko yagarutse mu Burundi kugira ngo ahinyuze imyumvire nk’iyo kuko ubu ari gutera imbere kurusha uko yari ameze muri Canada.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yaboneyeho guha ubutumwa abayobozi b’Intara zose, gushishikariza Abarundi baba mu mahanga, kuza guteza imbere Igihugu cyababyaye.

Evariste Ndayishimiye yasabye Abayobozi b’Intara kumenyesha abaturage bavuka mu Ntara bayoboye baba hanze, kubereka amahirwe ari mu Gihugu cyabo kugira ngo baze kuyabyaza umuraruro.

Perezida Ndayishimiye yaganiraga na Nahayo ubu wabaye umuhinzi wa kijyambere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Hari uwo mu muryango waje yashananaje asubizwayo shishitabona-Ibitaravuzwe mu bukwe bwa Gafaranga

Next Post

Yago arongeye…Aje mu ndirimbo inyura buri wese uryohewe n’urukundo

Related Posts

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

IZIHERUKA

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo
AMAHANGA

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yago arongeye…Aje mu ndirimbo inyura buri wese uryohewe n’urukundo

Yago arongeye…Aje mu ndirimbo inyura buri wese uryohewe n'urukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.