• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida w’u Burundi yasuye umuhinzi watahutse ava Canada baganirira mu rutoki

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida w’u Burundi yasuye umuhinzi watahutse ava Canada baganirira mu rutoki
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yasuye Umurundi wari warahungiye muri Canada akaba aherutse gutahuka, ubu akaba ari umuhinzi-mworozi wa kijyambere, banaganirira muri kimwe mu bikorwa bye by’ubuhinzi.

Uyu Murundi witwa Jackson Nahayo wabaga muri Canada, akaza kwiyemeza gutahuka mu Gihugu cyamwibarutse, akajya gukomeza ibikorwa bimuteza imbere binateza imbere Igihugu cye.

Jackson Nahayo akigaruka mu Burundi yahise yiyemeza gukora ubuhinzi n’ubworozi mu buryo bwa kijyambere, ubu akaba ari umwe mu bahinzi ntangarugero muri Komini ya Murwi mu Ntara ya Cibitoke.

Aha mu rugo rwe ni na ho Perezida Evaritse Ndayishimiye yamusuye we n’umuryango, aho bagaragaye bicaye ku ntebe bateye mu rutoki bari kuganira.

Jackson Nahayo yavuze ko Abarundi benshi bibwira ko mu mahanga ari ho hari ubuzima bwiza, nyamara atari ko bimze, bityo ko yagarutse mu Burundi kugira ngo ahinyuze imyumvire nk’iyo kuko ubu ari gutera imbere kurusha uko yari ameze muri Canada.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yaboneyeho guha ubutumwa abayobozi b’Intara zose, gushishikariza Abarundi baba mu mahanga, kuza guteza imbere Igihugu cyababyaye.

Evariste Ndayishimiye yasabye Abayobozi b’Intara kumenyesha abaturage bavuka mu Ntara bayoboye baba hanze, kubereka amahirwe ari mu Gihugu cyabo kugira ngo baze kuyabyaza umuraruro.

Perezida Ndayishimiye yaganiraga na Nahayo ubu wabaye umuhinzi wa kijyambere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + three =

Previous Post

Hari uwo mu muryango waje yashananaje asubizwayo shishitabona-Ibitaravuzwe mu bukwe bwa Gafaranga

Next Post

Yago arongeye…Aje mu ndirimbo inyura buri wese uryohewe n’urukundo

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Yago arongeye…Aje mu ndirimbo inyura buri wese uryohewe n’urukundo

Yago arongeye…Aje mu ndirimbo inyura buri wese uryohewe n'urukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.