Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amafoto y’intoranywa y’umusangiro wa Perezida Kagame na Ruto waranzwe n’urugwiro rushyitse

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amafoto y’intoranywa y’umusangiro wa Perezida Kagame na Ruto waranzwe n’urugwiro rushyitse
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba w’umunsi wa mbere w’uruzinduko rwa Perezida wa Kenya, William Ruto, Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yakiriye ku meza mugenzi we, n’abayobozi bazanye, baboneraho kuganira bahuje urugwiro.

Ni umusangiro wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, nyuma y’ibikorwa binyuranye byaranze umunsi wa mbere w’uruzinduko rwa Ruto mu Rwanda.

William Ruto, wari wabanje kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame, ndetse bakanagirana ikiganiro n’abanyamakuru, uyu Mukuru w’Igihugu cya Kenya yanasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, aharuhukiye inzirarakarengane zirenga ibihumbi 250.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yanakiriye ku meza mugenzi we William Ruto ndetse n’itsinda ry’abayobozi bo muri Kenya bazanye mu Rwanda.

Uyu musangiro wabereye muri Kigali Convention Center, warimo kandi abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, baboneyeho kuganira na bagenzi babo bo muri Kenya.

Muri uyu musangiro kandi, Perezida Kagame yaboneyeho kongera guha ikaze mugenzi we Ruto mu Rwanda, wagiriye uruzinduko rwa mbere mu Rwanda kuva yatorerwa kuyobora Kenya, ndetse yongera kumushimira kuba yaratowe.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko u Rwanda na Kenya ari Ibihugu by’ibivandimwe byakomeje kugirana imibanire myiza yahoze ari ntamakemwa, kandi bikaba bihuriye mu Muryango umwe wa Afurika y’Iburasirazuba, yewe bikaba binafite byinshi bihuriyeho, birimo umuco, ubucuruzi ndetse no mu zindi nzego.

Yavuze kandi ko mu Rwanda hatuye Abanyakenya benshi kandi bakaba barakomeje gutanga umusanzu mu buzima bw’iki Gihugu cy’u Rwanda.

Ati “Umubano w’Abanyarwanda n’Abanyekenya, wahoze ushikamye kandi ni iby’agaciro kuba twarakomeje kugira ibyo twungurana no gukomeza inzira ituganisha imbere dufatanyije.”

Yavuze ko hari kompanyi nyinshi z’Abanyakenya zikorera mu Rwanda zikaba zikomeje kugira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bwarwo, ari na byo byatumye habaho kuvugurura amasezerano asanzwe hagati ya Guverinoma z’Ibihugu byombi mu rwego rwo kwagura imikoranire n’ubuhahirane.

Ati “Twishimiye ko tuzakomeza gukorana mu gushyira mu bikorwa ibyo twemeranyijwe, vuba bwihuse mu nyungu z’abaturage b’Ibihugu byacu byombi.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yaboneyeho gushimira Ruto ku muhate n’uruhare yagize mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida William Ruto na we washimiye mugenzi we Paul Kagame, yavuze ko yishimiye kuba ari mu Rwanda kuri iyi nshuro ari Perezida wa Kenya.

Ati “Mbere najyaga nza hano, kandi igihe cyose nahagiriraga ibihe byiza igihe cyose nazaga mu Rwanda, ni yo mpamvu mpamya ko u Rwanda rukomeje kuba rwiza.”

Yavuze ko we n’itsinda bazanye, baje mu murongo w’ubuvandimwe bw’Abanyafurika, mu gukomeza gutsimbataza no kwishimira umubano w’u Rwanda na Kenya bisangiye byinshi.

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Ruto
Perezida Kagame yongeye guha ikaze Ruto n’Abanyakenya
Umukuru w’u Rwanda yavuze ko umubano w’u Rwanda na Kenya wahoze ari ntamakemwa
Abayobozi ku mpande zombi baganiriye

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Itsinda ry’Abaraperi batazibagirana mu Rwanda ryakoze ibyatunguye benshi

Next Post

TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza

TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.