Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amafoto y’intoranywa y’umusangiro wa Perezida Kagame na Ruto waranzwe n’urugwiro rushyitse

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amafoto y’intoranywa y’umusangiro wa Perezida Kagame na Ruto waranzwe n’urugwiro rushyitse
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba w’umunsi wa mbere w’uruzinduko rwa Perezida wa Kenya, William Ruto, Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yakiriye ku meza mugenzi we, n’abayobozi bazanye, baboneraho kuganira bahuje urugwiro.

Ni umusangiro wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, nyuma y’ibikorwa binyuranye byaranze umunsi wa mbere w’uruzinduko rwa Ruto mu Rwanda.

William Ruto, wari wabanje kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame, ndetse bakanagirana ikiganiro n’abanyamakuru, uyu Mukuru w’Igihugu cya Kenya yanasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, aharuhukiye inzirarakarengane zirenga ibihumbi 250.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yanakiriye ku meza mugenzi we William Ruto ndetse n’itsinda ry’abayobozi bo muri Kenya bazanye mu Rwanda.

Uyu musangiro wabereye muri Kigali Convention Center, warimo kandi abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, baboneyeho kuganira na bagenzi babo bo muri Kenya.

Muri uyu musangiro kandi, Perezida Kagame yaboneyeho kongera guha ikaze mugenzi we Ruto mu Rwanda, wagiriye uruzinduko rwa mbere mu Rwanda kuva yatorerwa kuyobora Kenya, ndetse yongera kumushimira kuba yaratowe.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko u Rwanda na Kenya ari Ibihugu by’ibivandimwe byakomeje kugirana imibanire myiza yahoze ari ntamakemwa, kandi bikaba bihuriye mu Muryango umwe wa Afurika y’Iburasirazuba, yewe bikaba binafite byinshi bihuriyeho, birimo umuco, ubucuruzi ndetse no mu zindi nzego.

Yavuze kandi ko mu Rwanda hatuye Abanyakenya benshi kandi bakaba barakomeje gutanga umusanzu mu buzima bw’iki Gihugu cy’u Rwanda.

Ati “Umubano w’Abanyarwanda n’Abanyekenya, wahoze ushikamye kandi ni iby’agaciro kuba twarakomeje kugira ibyo twungurana no gukomeza inzira ituganisha imbere dufatanyije.”

Yavuze ko hari kompanyi nyinshi z’Abanyakenya zikorera mu Rwanda zikaba zikomeje kugira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bwarwo, ari na byo byatumye habaho kuvugurura amasezerano asanzwe hagati ya Guverinoma z’Ibihugu byombi mu rwego rwo kwagura imikoranire n’ubuhahirane.

Ati “Twishimiye ko tuzakomeza gukorana mu gushyira mu bikorwa ibyo twemeranyijwe, vuba bwihuse mu nyungu z’abaturage b’Ibihugu byacu byombi.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yaboneyeho gushimira Ruto ku muhate n’uruhare yagize mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida William Ruto na we washimiye mugenzi we Paul Kagame, yavuze ko yishimiye kuba ari mu Rwanda kuri iyi nshuro ari Perezida wa Kenya.

Ati “Mbere najyaga nza hano, kandi igihe cyose nahagiriraga ibihe byiza igihe cyose nazaga mu Rwanda, ni yo mpamvu mpamya ko u Rwanda rukomeje kuba rwiza.”

Yavuze ko we n’itsinda bazanye, baje mu murongo w’ubuvandimwe bw’Abanyafurika, mu gukomeza gutsimbataza no kwishimira umubano w’u Rwanda na Kenya bisangiye byinshi.

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Ruto
Perezida Kagame yongeye guha ikaze Ruto n’Abanyakenya
Umukuru w’u Rwanda yavuze ko umubano w’u Rwanda na Kenya wahoze ari ntamakemwa
Abayobozi ku mpande zombi baganiriye

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − three =

Previous Post

Itsinda ry’Abaraperi batazibagirana mu Rwanda ryakoze ibyatunguye benshi

Next Post

TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza

TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.