Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amafoto y’intoranywa y’umusangiro wa Perezida Kagame na Ruto waranzwe n’urugwiro rushyitse

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amafoto y’intoranywa y’umusangiro wa Perezida Kagame na Ruto waranzwe n’urugwiro rushyitse
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba w’umunsi wa mbere w’uruzinduko rwa Perezida wa Kenya, William Ruto, Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yakiriye ku meza mugenzi we, n’abayobozi bazanye, baboneraho kuganira bahuje urugwiro.

Ni umusangiro wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, nyuma y’ibikorwa binyuranye byaranze umunsi wa mbere w’uruzinduko rwa Ruto mu Rwanda.

William Ruto, wari wabanje kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame, ndetse bakanagirana ikiganiro n’abanyamakuru, uyu Mukuru w’Igihugu cya Kenya yanasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, aharuhukiye inzirarakarengane zirenga ibihumbi 250.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yanakiriye ku meza mugenzi we William Ruto ndetse n’itsinda ry’abayobozi bo muri Kenya bazanye mu Rwanda.

Uyu musangiro wabereye muri Kigali Convention Center, warimo kandi abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, baboneyeho kuganira na bagenzi babo bo muri Kenya.

Muri uyu musangiro kandi, Perezida Kagame yaboneyeho kongera guha ikaze mugenzi we Ruto mu Rwanda, wagiriye uruzinduko rwa mbere mu Rwanda kuva yatorerwa kuyobora Kenya, ndetse yongera kumushimira kuba yaratowe.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko u Rwanda na Kenya ari Ibihugu by’ibivandimwe byakomeje kugirana imibanire myiza yahoze ari ntamakemwa, kandi bikaba bihuriye mu Muryango umwe wa Afurika y’Iburasirazuba, yewe bikaba binafite byinshi bihuriyeho, birimo umuco, ubucuruzi ndetse no mu zindi nzego.

Yavuze kandi ko mu Rwanda hatuye Abanyakenya benshi kandi bakaba barakomeje gutanga umusanzu mu buzima bw’iki Gihugu cy’u Rwanda.

Ati “Umubano w’Abanyarwanda n’Abanyekenya, wahoze ushikamye kandi ni iby’agaciro kuba twarakomeje kugira ibyo twungurana no gukomeza inzira ituganisha imbere dufatanyije.”

Yavuze ko hari kompanyi nyinshi z’Abanyakenya zikorera mu Rwanda zikaba zikomeje kugira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bwarwo, ari na byo byatumye habaho kuvugurura amasezerano asanzwe hagati ya Guverinoma z’Ibihugu byombi mu rwego rwo kwagura imikoranire n’ubuhahirane.

Ati “Twishimiye ko tuzakomeza gukorana mu gushyira mu bikorwa ibyo twemeranyijwe, vuba bwihuse mu nyungu z’abaturage b’Ibihugu byacu byombi.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yaboneyeho gushimira Ruto ku muhate n’uruhare yagize mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida William Ruto na we washimiye mugenzi we Paul Kagame, yavuze ko yishimiye kuba ari mu Rwanda kuri iyi nshuro ari Perezida wa Kenya.

Ati “Mbere najyaga nza hano, kandi igihe cyose nahagiriraga ibihe byiza igihe cyose nazaga mu Rwanda, ni yo mpamvu mpamya ko u Rwanda rukomeje kuba rwiza.”

Yavuze ko we n’itsinda bazanye, baje mu murongo w’ubuvandimwe bw’Abanyafurika, mu gukomeza gutsimbataza no kwishimira umubano w’u Rwanda na Kenya bisangiye byinshi.

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Ruto
Perezida Kagame yongeye guha ikaze Ruto n’Abanyakenya
Umukuru w’u Rwanda yavuze ko umubano w’u Rwanda na Kenya wahoze ari ntamakemwa
Abayobozi ku mpande zombi baganiriye

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 7 =

Previous Post

Itsinda ry’Abaraperi batazibagirana mu Rwanda ryakoze ibyatunguye benshi

Next Post

TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

by radiotv10
27/01/2026
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted international philanthropists Bill and Joyce Cummings, along with key actors in...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza

TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.