Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Amahirwe akomeje kwiyongera ko rurangiranwa Mbappe yakwerecyeza mu yindi kipe ikorana n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/11/2023
in Uncategorized
0
Amahirwe akomeje kwiyongera ko rurangiranwa Mbappe yakwerecyeza mu yindi kipe ikorana n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Arsenal iri mu z’i Burayi zifite abakunzi batari bacye mu Rwanda, na yo yinjiye mu zifuza gusizinyisha rurangiranwa w’Umufaransa Kylian Mbappe wa PSG, ndetse amahirwe akomeje kwiyongera ko yamwegukana.

Uyu musore w’Umufaransa uzasoza amasezerano mu ikipe ya Paris Saint Germain mu mpeshyi y’umwaka utaha, ibimenyetso bikomeje kugenda bigaragaza ko ibijyanye no kongera amasezerano muri iyi kipe bitagifite amahirwe menshi.

Mbappe wegukanye igikombe cy’Isi cya 2018 ndetse agafasha n’ikipe ye nanone kugaruka ku mukino wa nyuma muri 2022, inzira ye imuganisha i Madrid muri Real Madrid yasaga nk’iharuye ariko iyi kipe y’i Madrid ibinyamakuru byinshi biri hafi yayo biratangaza ko yamaze kuva mu rugamba rwo gusinyisha Mbappe kubera gushaka iby’umurengera.

Ikinyuranyo kiri hagati y’amafaranga yifuzwa na Mbappe ndetse n’ayo Real Madrid yashakaga kumutangaho ni kirekire, aho bivugwa ko Mbappe yifuzaga umushahara ukubye hafi kabiri ayo Jude Bellingham arimo ahabwa ubu kandi na we yagize intangiriro nziza cyane muri Madrid.

Abasesenguzi mu bya ruhago, bavuga ko ibi biha amahirwe akomeye kuri Arsenal FC yari yifuje gusinyisha Mbappe mu myaka ishize aho izina rye rikomeje kuzenguruka ku meza ya Edu Gaspard ushinzwe ibikorwa bya Siporo muri Arsenal ndetse n’umutoza Mikel Arteta.

Nubwo urugamba rusa n’urutazoroha ku ruhande rwa Arsenal isanzwe ifitanye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda mu bukangurambaga bwa Visit Rwanda, ariko iyi kipe y’i Londres yiteguye gukora ibishoboka byose ngo imubone mu mpeshyi itaha ubwo azaba avuye muri PSG na yo ikorana n’u Rwanda muri ubu bukangumbaga.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Afurika yibiwe ibanga ry’uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo

Next Post

Madagascar: Bitunguranye hasabwe ko amatora ya Perezida asubikwa ku mpamvu itavugwaho rumwe

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Madagascar: Bitunguranye hasabwe ko amatora ya Perezida asubikwa ku mpamvu itavugwaho rumwe

Madagascar: Bitunguranye hasabwe ko amatora ya Perezida asubikwa ku mpamvu itavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.