Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakipe ya mbere azacakirana mu irushanwa Nyafurika rigezweho yamenyekanye

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakipe ya mbere azacakirana mu irushanwa Nyafurika rigezweho yamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imwe mu mikino ya 1/4 ya African Football League, hamenyekanye amakipe abiri azahurira muri 1/2 ari yo Al Ahly yo mu Misiri na Mamelody Sundown yo muri Afurika y’Epfo.

Kuri uyu wa Kabiri saa kumi z’umugoroba mu Gihugu cya Misiri, ikipe ya Al Ahly yari yakiriye ikipe ya Simba SC, umukino ukaba warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Ikipe ya Simba SC ni yo yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Kanoute, kiza kwishyurwa na Kahraba umukino urangira gutyo binasiga Al Ahly ihise ibona tike ya 1/2 cy’irangiza kubera ibitego byo hanze bibiri yatsinze ubwo yanganyaga na Simba 2-2 muri Tanzania.

Mu wundi mukino wabaye kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Mamelody Sundown yanganyirije muri Afurika y’Epfo na Petro de Luanda 0-0, bihita biha amahirwe Mamelody Sundown yo gukomeza muri 1/2 kuko umukino ubanza yari yatsindiye muri Angola Petro de Luanda ibitego 2-0.

Umukino wa 1/2 wa mbere uzahuza Al Ahly na Mamelody Sundown tariki ya 29 Ukwakira 2023, mu gihe uwo kwishyura uteganyijwe hagati ya tariki ya 1-2 Ugushyingo.

Andi makipe agomba gukina 1/2 azamenyekana kuri uyu wa Kane hagati ya TP Mazembe izaba yagiye gusura Esperance de Tunis, aho umukino ubanza TP Mazembe yatsindiye Esperance de Tunis muri Tanzania igitego 1-0.

Kuri uyu wa Kane kandi Wydad Casablanca yo muri Maroc izakira Enyimba yo muri Nigeria umukino ubanza wabereye muri Nigeria Wydad Casablanca yahaboneye intsinzi y’igitego 1-0.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − seventeen =

Previous Post

Kolari iri mu zikunzwe mu Rwanda izaniye abakunzi bayo inkuru nziza

Next Post

Abanyarwanda bazaniwe inkuru nziza mu bijyanye n’ikoranabuhanga yerecyeye ubufatanye bw’ibigo bikomeye

Related Posts

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

IZIHERUKA

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda
SIPORO

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

29/11/2025
Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

29/11/2025
Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

29/11/2025
Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

29/11/2025
Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

29/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda bazaniwe inkuru nziza mu bijyanye n’ikoranabuhanga yerecyeye ubufatanye bw’ibigo bikomeye

Abanyarwanda bazaniwe inkuru nziza mu bijyanye n’ikoranabuhanga yerecyeye ubufatanye bw'ibigo bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.