Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakipe ya mbere azacakirana mu irushanwa Nyafurika rigezweho yamenyekanye

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakipe ya mbere azacakirana mu irushanwa Nyafurika rigezweho yamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imwe mu mikino ya 1/4 ya African Football League, hamenyekanye amakipe abiri azahurira muri 1/2 ari yo Al Ahly yo mu Misiri na Mamelody Sundown yo muri Afurika y’Epfo.

Kuri uyu wa Kabiri saa kumi z’umugoroba mu Gihugu cya Misiri, ikipe ya Al Ahly yari yakiriye ikipe ya Simba SC, umukino ukaba warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Ikipe ya Simba SC ni yo yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Kanoute, kiza kwishyurwa na Kahraba umukino urangira gutyo binasiga Al Ahly ihise ibona tike ya 1/2 cy’irangiza kubera ibitego byo hanze bibiri yatsinze ubwo yanganyaga na Simba 2-2 muri Tanzania.

Mu wundi mukino wabaye kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Mamelody Sundown yanganyirije muri Afurika y’Epfo na Petro de Luanda 0-0, bihita biha amahirwe Mamelody Sundown yo gukomeza muri 1/2 kuko umukino ubanza yari yatsindiye muri Angola Petro de Luanda ibitego 2-0.

Umukino wa 1/2 wa mbere uzahuza Al Ahly na Mamelody Sundown tariki ya 29 Ukwakira 2023, mu gihe uwo kwishyura uteganyijwe hagati ya tariki ya 1-2 Ugushyingo.

Andi makipe agomba gukina 1/2 azamenyekana kuri uyu wa Kane hagati ya TP Mazembe izaba yagiye gusura Esperance de Tunis, aho umukino ubanza TP Mazembe yatsindiye Esperance de Tunis muri Tanzania igitego 1-0.

Kuri uyu wa Kane kandi Wydad Casablanca yo muri Maroc izakira Enyimba yo muri Nigeria umukino ubanza wabereye muri Nigeria Wydad Casablanca yahaboneye intsinzi y’igitego 1-0.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 8 =

Previous Post

Kolari iri mu zikunzwe mu Rwanda izaniye abakunzi bayo inkuru nziza

Next Post

Abanyarwanda bazaniwe inkuru nziza mu bijyanye n’ikoranabuhanga yerecyeye ubufatanye bw’ibigo bikomeye

Related Posts

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda bazaniwe inkuru nziza mu bijyanye n’ikoranabuhanga yerecyeye ubufatanye bw’ibigo bikomeye

Abanyarwanda bazaniwe inkuru nziza mu bijyanye n’ikoranabuhanga yerecyeye ubufatanye bw'ibigo bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.