Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakipe y’i Burayi afite abakunzi benshi mu Rwanda yatunguriwe mu irushanwa rikukirwa cyane

radiotv10by radiotv10
04/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakipe y’i Burayi afite abakunzi benshi mu Rwanda yatunguriwe mu irushanwa rikukirwa cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino y’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere mu Bihugu i Burayi UEFA Champions League, Arsenal na Manchester United, zombi zo mu Bwongereza, zatsinzwe n’amakipe zahuye.

Manchester United yatsindiwe mu rugo na Galatasaray 3-2, mu gihe Arsenal yatsindiwe mu Bufaransa na RC Lens ibitego 2-1.

Amatsinda yakinnye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ni ukuva ku rya mbere kugera kurya kane, mu gihe andi matsinda akina kuri uyu wa Gatatu.

Kuri Sitade ya Bollaert mu Bufaransa, RC Lens yari yakiriye Arsenal, umukino urangira RC lens ibonye intsinzi y’ibitego 2-1 Arsenal.

Gabriel Jesus ni we watsindiye igitego rukumbi Arsenal, mu gihe Lens yatsindiwe na Thomasson ndetse na Wahi.

Gutsinda uyu mukino byatumye Lens iyobora Itsinda C n’amanota ane, ikurikiwe na Arsenal n’amanota atatu, mu gihe Seville FC yagize amanota abiri nyuma yo kunganyiriza mu Buholandi na PSV Eindhoven ibitego 2-2.

Mu Itsinda A, ibitego bya Jamal Musial ana Mathys Tel mu gice cya kabiri byafashije Bayern Munich gutsindira FC Copenhagen iwayo 2-1.

Naho Manchester United yanabonye ikarita y’umutuku yahawe Casemiro, itsindirwa mu Bwongereza na Galatasaray ibitego 3-2.

Mu Itsinda C, Real Madrid yongeye kubona intsinzi igoye nyuma y’uko yikuye ku kibuga cya Napoli SSC ihatsindiye ibitego 3-2, mu gihe na Union Berlin yatsindiwe mu rugo na SC Braga ibitego 3-2.

Real Sociedad yayoboye Itsinda D n’amanota ane nyuma yo gutsindira RB Salzburg iwayo ibitego 2-0, iyanganya na Inter Milan yatsinze Benfica igitego 1-0 cyinjijwe na Marcus Thuram mu gice cya kabiri.

 

Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu :

Itsinda E:

  • Atletico Madrid vs Feyenoord (18:45)
  • Celtic vs Lazio

 

Itsinda F:

  • Borussia Dortmund vs AC Milan
  • Newcastle United vs PSG

 

Itsinda G:

  • FK Crvena Zvezda vs Young Boys
  • RB Leipzig vs Manchester City

 

Itsinda H:

  • Royal Antwerp vs Shakhtar Donetsk (18:45)
  • FC Porto vs FC Barcelone

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − nine =

Previous Post

Amakuru yaramutse mu gitondo cya kare mu rugamba FARDC na M23

Next Post

Umunyarwanda wari umusirikare mbere ya Jenoside yongeye gutabwa muri yombi i Burayi

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye
MU RWANDA

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

05/01/2026
Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

05/01/2026
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Buholandi bwafashe uwari Majoro muri FAR ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside

Umunyarwanda wari umusirikare mbere ya Jenoside yongeye gutabwa muri yombi i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.