Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakipe y’i Burayi afite abakunzi benshi mu Rwanda yatunguriwe mu irushanwa rikukirwa cyane

radiotv10by radiotv10
04/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakipe y’i Burayi afite abakunzi benshi mu Rwanda yatunguriwe mu irushanwa rikukirwa cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino y’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere mu Bihugu i Burayi UEFA Champions League, Arsenal na Manchester United, zombi zo mu Bwongereza, zatsinzwe n’amakipe zahuye.

Manchester United yatsindiwe mu rugo na Galatasaray 3-2, mu gihe Arsenal yatsindiwe mu Bufaransa na RC Lens ibitego 2-1.

Amatsinda yakinnye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ni ukuva ku rya mbere kugera kurya kane, mu gihe andi matsinda akina kuri uyu wa Gatatu.

Kuri Sitade ya Bollaert mu Bufaransa, RC Lens yari yakiriye Arsenal, umukino urangira RC lens ibonye intsinzi y’ibitego 2-1 Arsenal.

Gabriel Jesus ni we watsindiye igitego rukumbi Arsenal, mu gihe Lens yatsindiwe na Thomasson ndetse na Wahi.

Gutsinda uyu mukino byatumye Lens iyobora Itsinda C n’amanota ane, ikurikiwe na Arsenal n’amanota atatu, mu gihe Seville FC yagize amanota abiri nyuma yo kunganyiriza mu Buholandi na PSV Eindhoven ibitego 2-2.

Mu Itsinda A, ibitego bya Jamal Musial ana Mathys Tel mu gice cya kabiri byafashije Bayern Munich gutsindira FC Copenhagen iwayo 2-1.

Naho Manchester United yanabonye ikarita y’umutuku yahawe Casemiro, itsindirwa mu Bwongereza na Galatasaray ibitego 3-2.

Mu Itsinda C, Real Madrid yongeye kubona intsinzi igoye nyuma y’uko yikuye ku kibuga cya Napoli SSC ihatsindiye ibitego 3-2, mu gihe na Union Berlin yatsindiwe mu rugo na SC Braga ibitego 3-2.

Real Sociedad yayoboye Itsinda D n’amanota ane nyuma yo gutsindira RB Salzburg iwayo ibitego 2-0, iyanganya na Inter Milan yatsinze Benfica igitego 1-0 cyinjijwe na Marcus Thuram mu gice cya kabiri.

 

Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu :

Itsinda E:

  • Atletico Madrid vs Feyenoord (18:45)
  • Celtic vs Lazio

 

Itsinda F:

  • Borussia Dortmund vs AC Milan
  • Newcastle United vs PSG

 

Itsinda G:

  • FK Crvena Zvezda vs Young Boys
  • RB Leipzig vs Manchester City

 

Itsinda H:

  • Royal Antwerp vs Shakhtar Donetsk (18:45)
  • FC Porto vs FC Barcelone

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 19 =

Previous Post

Amakuru yaramutse mu gitondo cya kare mu rugamba FARDC na M23

Next Post

Umunyarwanda wari umusirikare mbere ya Jenoside yongeye gutabwa muri yombi i Burayi

Related Posts

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Buholandi bwafashe uwari Majoro muri FAR ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside

Umunyarwanda wari umusirikare mbere ya Jenoside yongeye gutabwa muri yombi i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.