Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo
Share on FacebookShare on Twitter

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ntarindwa Emmanuel ukekwaho gukora Jenoside mu yahoze ari Komini Kigoma, wafashwe nyuma y’imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu y’umuturage wo mu Karere ka Nyanza, yashyikirijwe Ubushinjacyaha.

Ntarindwa Emmanuel yafashwe mu cyumweru gishize tariki 16 Gicurasi 2024, nyuma y’uko inzego z’iperereza zifatanyije n’abaturage, hatahuwe ko uyu mugabo yabaga mu mwobo ucukuye mu nzu y’umuturage w’umugore wo mu Mudugudu wa Rukandiro mu Kagari ka Kavumu mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza.

Yahise atabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, we n’umugore babanaga muri iyo nzu icukuyemo umwobo, witwa Mukamana Eugenie, babanaga nk’umugore n’umugabo, ndetse bakaba barabyaranye umwana umwe.

Uyu Mukamana akurikiranyweho icyaha cyo kuba icyitso mu guhisha uyu mugabo ukekwaho gukora Jenoside, mu gihe we [Ntarindwa] akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakoreye mu yahoze ari Komini Kigoma na Nyabisindu, ubu ni mu Karere ka Nyanza.

Nyuma y’iminsi itanu isanzwe iteganywa n’itegeko, kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB); rwayishyikirije dosiye ikubiyemo ikirego cy’aba bombi, Ubushinjacyaha kugira ngo buzabaregere inkiko zibifitiye ububasha.

Ntarindwa wafashwe nyuma y’imyaka 23 yihishe mu mwobo, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yabanje guhungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aza gutahuka muri 2001, ari na bwo yahitaga acumbikirwa na Mukamana bari basanzwe baziranye kuva mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ntarindwa yafashwe mu cyumweru gishize nyuma y’imyaka 23 yihisha mu mwobo
Yahise atabwa muri yombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Rubavu: Icyizere ni cyose ku muti w’ikibazo cy’umugezi wateraga benshi ikikango wanigeze guhitana benshi

Next Post

Karongi: Batujwe mu nzu zigezweho ariko bazifitiyemo ibibazo nk’ibyo mu zo bahozemo

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Batujwe mu nzu zigezweho ariko bazifitiyemo ibibazo nk’ibyo mu zo bahozemo

Karongi: Batujwe mu nzu zigezweho ariko bazifitiyemo ibibazo nk’ibyo mu zo bahozemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.