Umutaliyani Lorenzo Mark Finn, w’imyaka 18 yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali mu cyiciro cy’abasore batarengeje imaka 23, akaba ari na we muto mu basiganwaga muri iki cyiciro.
Lorenzo Mark Finn yegukanye uyu Mudali wa Zahabu ku gicamusi cyo kuri uyu wa Gatanu, ubwo aba basore bakoraga intera y’Ibilometero 164,6, akaba yawegukanye akoresheje amasaha 3:57’27”.
Mu bakinnyi 121 basiganwaga muri iki cyiciro, uyu Mutaliyani Lorenzo Mark Finn wegukanye umwanya wa mbere ni we muto muri aba bose. Muri aba 121, ababashije gusoza ni 66, mu gihe 65 batabashije kurisoza.
Ni mu Gihe ku mwanya wa Kabiri, hahe Umusuwisi Jan Huber warushijwe amasegona 31” n’uyu Mutaliyari wegukanye umwanya wa mbere.
Ku Mwanya wa gatatu haje Umunya-Autriche Marco Schrettl warushijwe Umunota 1′:13”, na we waje akurikirwa n’Umunya-Espagne Hector Alvarez Martinez waje ku mwanya wa kane, aho we yarushijwe umunota 1′:38”.
Ku mwanya wa gatanu, haje Umunya-Pologne, Mateusz Gajdulewicz waje arushwa umunota 1′:42” na we wakurikiwe n’Umunya-Espagne Pau Marti Soriano ku mwanya wa gatandatu we warushijwe iminota 2′:22”
Mu icumi ba mbere kandi, ku mwanya wa karindwi hane Umufaransa Victor Loulergue warushijwe iminota 2′:22”, ku mwanya wa munani haza Umusuwisi nanone Robin Donze warushijwe iminota 2′:24”.
Ni mu gihe ku mwanya wa cyenda haje Umunya-Espagne Adria Pericas Capdevila warushijwe iminota 2′:24”, na ho ku mwanya wa cumi haza Umunya-Ecuador Mateo Pablo Ramirez Torres warushijwe iminota 2′:24”.


RADIOTV10