Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho ku bakinnyi nyamwamba ba Rayon baherutse kugira imvune

radiotv10by radiotv10
24/01/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho ku bakinnyi nyamwamba ba Rayon baherutse kugira imvune
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko abakinnyi barimo Kapiteni w’iyi Kipe, Muhire Kevin baherutse kuvunika, bari koroherwa ku buryo butanga icyizere ko bazagaruka mu kibuga vuba.

Ni amakuru yatangajwe n’ubuyobozi bwa Rayon Sports mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mutarama 2025, nyuma yuko aba bakinnyi baherutse kugira imvune.

Muhire Kevin usanzwe ari kapiteni w’iyi kipe iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’u Rwanda, yavunikiye mu mukino wa Shampiyona iyi kipe yari yahuyemo na Police FC, warangiye iyi kipe ibonye intsinzi y’ibitego 2-0.

Muri uwo mukino, Muhire Kevin wasimbuwe ku munota wa 20’, yavunitse nyuma yo kugongana na myugariro wa Police FC Issa Yakubu, ahita agira imvune.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mutarama 2025, ubuyobozi bwa Rayon Sports, mu butumwa bwatambukije ku mbuga nkoranyambaga, bugaragagaza uko imvune y’uyu kapiteni w’iyi kipe kimwe n’iya myugariro wayo Aimable Nsabimana, imeze.

Ubuyobozi bwa Rayon bwagize buti “Kevin Muhire na Aimable Nsabimana bari koroherwa mu burwayi bw’imvune bagize. Basubukuye imyitozo yoroheje. Turabifuriza gukira burundu.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane kandi, ikipe ya Rayon Sports yakomeje imyitozo yayo yitegura imikino y’igikombe cy’Intwari iteganyijwe mu cyumweru gitaha.

Nyuma yuko habaye impinduka mu miterere y’imikino y’iki gikombe, Ikipe ya Rayon Sports iyoboye urutonde, izahura na Police FC ya kane, mu gihe APR FC iri ku mwanya wa kabiri izakina na AS Kigali ya gatatu, mu mikino izaba tariki 28 Mutarama 2025.

Muhire Kevin umukinnyi w’ingenzi muri Rayon ari gutora ka mitende
Na myugariro Nsabimana Aimable

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 8 =

Previous Post

Uko byagenze ngo umugore n’abahungu be babe bafungiwe kwica uwo mu muryango wabo

Next Post

Menya amasezerano uruzinduko rwa Perezida Kagame rusize hagati y’u Rwanda na Türkiye

Related Posts

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Perezida w'ikipe ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu, yahamije ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba kugaruka mu kazi, ariko ko atamwerera ngo...

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisiteri ya Siporo n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, bamaganye amakuru y’Ibuhuha yavugaga ko amatora ya Komite Nyobozi y’iri Shyirahamwe...

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amasezerano uruzinduko rwa Perezida Kagame rusize hagati y’u Rwanda na Türkiye

Menya amasezerano uruzinduko rwa Perezida Kagame rusize hagati y’u Rwanda na Türkiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.