Abanyamerika batatu bari mu bari barakatiwe igihano cy’urupfu n’Inkiko za Gisirikare muri DRC kubera kugerageza guhirika ubutegetsi, bakaba baherutse guhabwa imbabazi na Perezida Félix Tshisekedi akabakuriraho iki gihano cyo kwicwa, boherejwe iwabo muri America.
Aba banyamerika, ni bamwe mu bari bakoze igikorwa cyiswe kugerageza guhirika ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyabaye tariki 19 Gicurasi 2024.
Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko nyuma yuko aba Banyamerika batatu bahawe imbabazi na Perezida Tshisekedi akabakuriraho igihano ry’urupfu, kuri uyu wa Kabiri boherejwe muri Leta Zunze Ubumwe za America, kugira ngo bazajye kurangirizayo igihano cyo gufungwa burundu bagumishirijweho.
Muri bo, barimo Marcel Malanga Malu, umuhungu wa Christian Malanga, wari uyoboye itsinda ry’abantu bigabije ibiro by’Umukuru w’Igihugu bavuga ko bashaka gukuraho ubutegetsi, ariko we akaba yarahasize ubuzima.
Uyu Marcel Malanga Malu, yari yakatiwe igihano cy’urupfu tariki 27 Mutarama 2025 nk’uko byari byemejwe n’Urukiko rwa gisirikare rwa Gombe muri Kinshasa. We n’abandi bantu 36 baregwaga hamwe, bakaba bari bafungiye muri Gereza ya Gisirikare ya Ndolo, ndetse igihano bari barakatiwe kikaba cyari cyamaze kuba itegeko tariki 09 Werurwe 2025.
Iteka rya Perezida ryatangajwe mu ijoro ryo ku ya 02 Mata 2025, rikubiyemo imbabazi zahawe uyu Marcel Malanga Malu kimwe na bagenzi be babiri b’Abanyamerika; Taylor Christa Thomson na Zalman Polun Benjamin.
Amakuru avuga ko koherezwa muri Leta Zunze Ubumwe za America kwabo, kwakozwe ku bufatanye bwa Guverinoma ya DRC na Ambasade ya USA i Kinshasa. Gusa nta makuru arambuye avuga ku bijyanye no kuzafungirwa muri America.
RADIOTV10