Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku basirikare ba FARDC bahungiye kuri MONUSCO ubwo batsindwaga na M23

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku basirikare ba FARDC bahungiye kuri MONUSCO ubwo batsindwaga na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abapolisi bari bamaze amezi atatu bacumbikiwe na MONUSCO nyuma yo gutsindwa urugamba bari bahanganyemo na M23, batangiye kujyanwa i Kinshasa.

Aba basirikare n’abapolisi ba Leta ya Congo ndetse n’abo mu miryango yabo bari bamaze igihe bacumbikiwe na MONUSCO, baratangira kujyanwa i Kinshasa kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025, igikorwa giakorwa ku bufatanye na MONUSCO n’Umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge (CICR).

Aba basirikare n’Abapolisi n’imiryango yabo bajyanwa i Kinshasa, bari bahungiye mu birindiro by’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri DRC (MONUCSO) biri i Goma, ubwo umutwe wa M23 wafataga uyu mujyi muri Mutarama uyu mwaka.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa FARDC kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, bwashimiye Umuryango utabara Imbabare Croix-Rouge (CICR) “ku bw’ubufasha bwawo” ndetse n’uruhare “wagize mu buhuza n’ubwumvikane” byakozwe bisabwe na Guverinoma ya Congo ku bijyanye n’ibikorwa by’ubutabazi.

FARDC kandi yoboneyeho gushimira Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye “ku bwo kuzuza inshingano zabo nubwo byari bigoye” mu kurindira umutekano aba basirikare n’abapolisi ba Congo.

Aba basirikare n’Abapolisi mu nzego za Congo Kinshasa, bajyanywe i Kinshasa, mu gihe n’ingabo za mbere zari mu butumwa bwa SADC, na zo zari zimaze igihe i Goma, zatangiye gutaha kuri uyu wa Kabiri zinyuze mu Rwanda.

Ubwo aba basirikare n’abapolisi bajyanwaga i Kinshasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Havuzwe ibyo umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye yakoreraga abanyeshuri b’abakobwa byatumye atabwa muri yombi

Next Post

Kenya: Hongeye kuzamurwa ikibazo cy’abamaze umwaka biciwe mu myigaragambyo

Related Posts

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

by radiotv10
28/07/2025
0

Mu biganiro byahuje Guverinoma y’Igihugu cya Thailand n’iy’icya Cambodia biherutse kwinjira mu mirwano ikarishye, zemeranyijwe ko ibi Bihugu bihagarika imirwano...

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riranenga Radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye, riyishinja kubogama no kutariha umwanya mu byo iritangazaho biryibasira, rikavuga ko...

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye ubwicanyi bwakozwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF/NALU bwakorewe abaturage b’abasivile 47 biciwe muri Kiliziya ya Komanda iherereye muri...

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe
FOOTBALL

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

by radiotv10
29/07/2025
0

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

29/07/2025
Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

28/07/2025
BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hongeye kuzamurwa ikibazo cy’abamaze umwaka biciwe mu myigaragambyo

Kenya: Hongeye kuzamurwa ikibazo cy’abamaze umwaka biciwe mu myigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.