Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku basirikare ba FARDC bahungiye kuri MONUSCO ubwo batsindwaga na M23

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku basirikare ba FARDC bahungiye kuri MONUSCO ubwo batsindwaga na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abapolisi bari bamaze amezi atatu bacumbikiwe na MONUSCO nyuma yo gutsindwa urugamba bari bahanganyemo na M23, batangiye kujyanwa i Kinshasa.

Aba basirikare n’abapolisi ba Leta ya Congo ndetse n’abo mu miryango yabo bari bamaze igihe bacumbikiwe na MONUSCO, baratangira kujyanwa i Kinshasa kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025, igikorwa giakorwa ku bufatanye na MONUSCO n’Umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge (CICR).

Aba basirikare n’Abapolisi n’imiryango yabo bajyanwa i Kinshasa, bari bahungiye mu birindiro by’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri DRC (MONUCSO) biri i Goma, ubwo umutwe wa M23 wafataga uyu mujyi muri Mutarama uyu mwaka.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa FARDC kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, bwashimiye Umuryango utabara Imbabare Croix-Rouge (CICR) “ku bw’ubufasha bwawo” ndetse n’uruhare “wagize mu buhuza n’ubwumvikane” byakozwe bisabwe na Guverinoma ya Congo ku bijyanye n’ibikorwa by’ubutabazi.

FARDC kandi yoboneyeho gushimira Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye “ku bwo kuzuza inshingano zabo nubwo byari bigoye” mu kurindira umutekano aba basirikare n’abapolisi ba Congo.

Aba basirikare n’Abapolisi mu nzego za Congo Kinshasa, bajyanywe i Kinshasa, mu gihe n’ingabo za mbere zari mu butumwa bwa SADC, na zo zari zimaze igihe i Goma, zatangiye gutaha kuri uyu wa Kabiri zinyuze mu Rwanda.

Ubwo aba basirikare n’abapolisi bajyanwaga i Kinshasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 11 =

Previous Post

Havuzwe ibyo umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye yakoreraga abanyeshuri b’abakobwa byatumye atabwa muri yombi

Next Post

Kenya: Hongeye kuzamurwa ikibazo cy’abamaze umwaka biciwe mu myigaragambyo

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hongeye kuzamurwa ikibazo cy’abamaze umwaka biciwe mu myigaragambyo

Kenya: Hongeye kuzamurwa ikibazo cy’abamaze umwaka biciwe mu myigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.