Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku biganiro biherutse gutangazwa bya M23 n’Ubutegetsi bwa Congo

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku biganiro biherutse gutangazwa bya M23 n’Ubutegetsi bwa Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje i Luanda muri Angola, itsinda ry’intumwa zigomba kurihagararira mu biganiro bitaziguye hagati yaryo na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’iri Huriro, AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu butumwa yatangaje ku rubuga Nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025.

Muri ubu butumwa, Lawrence Kanyuka atangira ati ati “L’Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) iramenyesha ko kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025 yohereje itsinda ry’abantu batanu i Luanda mu Murwa Mukuru wa Angola kwitabira ibiganiro bitaziguye byasabwe n’ubuyobozi bwa Angola.”

Lawrence Kanyuka kandi yaboneyeho gushimira Perezida wa Angola, João Lourenço ku bw’izi mbaraga akomeje gushyira mu nzira zo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “AFC/M23 irashimira byimazeyo nyakubabwa Perezida João Lourenço, wa Angola, ku bw’umuhate ukomeye akomeje gushyira mu gushaka umuti w’amakimbirane ari muri DRC binyuze mu nzira z’amahoro.”

Ibi biganiro biteganyijwe ku wa kabiri w’iki cyumweru tariki 18 Werurwe 2025, byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola mu cyumweru gishize, aho byari byavuze ko Perezida João Lourenço azatangiza ibiganiro by’imishyikirano hagati ya Guverinoma ya DRC n’umutwe wa M23 bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Ni ibiganiro kandi bibaye mu gihe Imiryango ya EAC na SADC, Congo inabereye Umuryango wa yombi, ikomeje gushaka na yo inzira z’umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRD, aho kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe, i Harare muri Zimbabwe habera inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri bo mu Bihugu bigize iyi miryango.

Ni inama kandi ikurikiye iy’abo mu nzego nkuru za Gisirikare bateraniye na bo i Harare kuri iki Cyumweru tariki 16 Werurwe, yanitabiriwe n’u Rwanda rwari ruhagariwe n’itsinda riyobowe n’Umugaba Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − one =

Previous Post

Abayobozi n’abakozi ba RADIOTV10 bagiranye ubusabane muri Hoteli iri mu za mbere mu Rwanda (AMAFOTO)

Next Post

Hagiye hanze amajwi yumvikanamo ibyakunze gutungwaho agatoki kwica umupira mu Rwanda

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye hanze amajwi yumvikanamo ibyakunze gutungwaho agatoki kwica umupira mu Rwanda

Hagiye hanze amajwi yumvikanamo ibyakunze gutungwaho agatoki kwica umupira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.