Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku biganiro biherutse gutangazwa bya M23 n’Ubutegetsi bwa Congo

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku biganiro biherutse gutangazwa bya M23 n’Ubutegetsi bwa Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje i Luanda muri Angola, itsinda ry’intumwa zigomba kurihagararira mu biganiro bitaziguye hagati yaryo na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’iri Huriro, AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu butumwa yatangaje ku rubuga Nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025.

Muri ubu butumwa, Lawrence Kanyuka atangira ati ati “L’Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) iramenyesha ko kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025 yohereje itsinda ry’abantu batanu i Luanda mu Murwa Mukuru wa Angola kwitabira ibiganiro bitaziguye byasabwe n’ubuyobozi bwa Angola.”

Lawrence Kanyuka kandi yaboneyeho gushimira Perezida wa Angola, João Lourenço ku bw’izi mbaraga akomeje gushyira mu nzira zo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “AFC/M23 irashimira byimazeyo nyakubabwa Perezida João Lourenço, wa Angola, ku bw’umuhate ukomeye akomeje gushyira mu gushaka umuti w’amakimbirane ari muri DRC binyuze mu nzira z’amahoro.”

Ibi biganiro biteganyijwe ku wa kabiri w’iki cyumweru tariki 18 Werurwe 2025, byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola mu cyumweru gishize, aho byari byavuze ko Perezida João Lourenço azatangiza ibiganiro by’imishyikirano hagati ya Guverinoma ya DRC n’umutwe wa M23 bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Ni ibiganiro kandi bibaye mu gihe Imiryango ya EAC na SADC, Congo inabereye Umuryango wa yombi, ikomeje gushaka na yo inzira z’umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRD, aho kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe, i Harare muri Zimbabwe habera inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri bo mu Bihugu bigize iyi miryango.

Ni inama kandi ikurikiye iy’abo mu nzego nkuru za Gisirikare bateraniye na bo i Harare kuri iki Cyumweru tariki 16 Werurwe, yanitabiriwe n’u Rwanda rwari ruhagariwe n’itsinda riyobowe n’Umugaba Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Abayobozi n’abakozi ba RADIOTV10 bagiranye ubusabane muri Hoteli iri mu za mbere mu Rwanda (AMAFOTO)

Next Post

Hagiye hanze amajwi yumvikanamo ibyakunze gutungwaho agatoki kwica umupira mu Rwanda

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye hanze amajwi yumvikanamo ibyakunze gutungwaho agatoki kwica umupira mu Rwanda

Hagiye hanze amajwi yumvikanamo ibyakunze gutungwaho agatoki kwica umupira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.