Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

radiotv10by radiotv10
02/01/2026
in AMAHANGA
0
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu azira gutangaza ubuhanuzi bw’ibinyoma, ko Isi izarimburwa n’umwuzure, bikarangira itariki yari yatangaje, nta n’ikijojoba kiguye ku butaka mu Gihugu yari yabivugiyemo.

Mu mashusho yasakaye ku ku mbuga nkoranyambaga, uyu witita Prophet yari yavuze ko Imana yamuburiye ko isi izarangira ku ya 25 Ukuboza 2025. Yakomeje gusobanura ubuhanuzi bwe avuga ko irimbuka rizaterwa n’imvura nyinshi n’imyuzure.

Bivugwa ko Noah yatawe muri yombi ku wa Gatatu n’itsinda ryihariye rya polisi ya Ghana rishinzwe kugenzura ikoranabuhanga.

Nyuma kandi kuri uyu wa Kane hagaragaye ifoto y’uyu wiyita umuhanuzi ari mu maboko ya polisi afite amapingu yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga.

Noah yavuzwe cyane mu kubaka ubwato bwa Nowa bwo muri iki gihe kandi avuga ko ari umuhanuzi woherejwe n’Imana.

Yagaragaye yambitswe amapingu kubera kubeshya Isi

“Isi izarangira ku ya 25 Ukuboza”- Ni amagambo yari yatangajwe na Ebo Noah, aca igikuba, ndetse bamwe bizera ubuhanuzi bwe batangira kumuyoboka ngo azabarokore.

Yari yavuze ko imperuka izaterwa n’imvura nyinshi n’imyuzure byagombaga kugwa, ago yasobanura ko Imana yamutegetse kubaka amato kugira ngo arokore abantu, kandi ko yubatse amato 10.

Yari yakoresheje Instagram, ifite abayikurikira barenga ibihumbi 32, atangaza ko izina rye nka ‘Ebo Yesu’. Yari yanashyize videwo kuri YouTube muri Kanama umwaka ushize, ifite umutwe ugira uti “What Will Happen and How It Will Happenitwa” cyangwa “Ibizaba n’uko Bizaba”, avuga ibintu bisa n’ibi yari yatangaje. Yari yavuze ko yateganyaga gutura mu nkuge imwe yubatswe na we mu gihe cy’imyaka itatu izarangwa n’imyuzure myinshi.

Ebo Noah avuga ko yasabye Imana gusubika irimburwa. Nyuma, byagaragaye ko iyo nkuge yavugwaga n’uyu wiyita Umuhanuzi ko ari we wayubatse atari iye. Nyuma yavuze kandi ko yasabye Imana guha abantu umwanya uhagije.

Mu yindi videwo, yasakaye cyane, yavuze ko yagize uruhare mu gutuma Imana isubika irimbuka ry’Isi, abinyujije mu kwiyiriza ubusa mu gihe cy’ibyumweru bitatu, bigatuma Imana isubika irimbuka. Yanasabye abantu kwidagadura, avuga ko irimbuka ry’isi ritakibaye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + eight =

Previous Post

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Next Post

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.