Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Amakuru agezweho ku munyamakuru Fatakumavuta ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in IMYIDAGADURO
0
Amakuru agezweho ku munyamakuru Fatakumavuta ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye
Share on FacebookShare on Twitter

Dosiye y’ikirego kiregwamo umunyamakuru Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta, yamaze gukorwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, inayishyikiriza Ubushinjacyaha.

Amakuru dukesha Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, avuga ko dosiye iregwamo Fatakumavuta yashyikirijwe Ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ukwakira 2024.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye RADIOTV10 ko dosiye ya Fatakumavuta yashyikirijwe Ubushinjacyaha nyuma yuko uru rwego rurangije iperereza ry’ibanze kuri uyu Munyamakuru.

Fatakumavuta watawe muri yombi mu cyumweru gishize tariki 18 Ukwakira, aho yari akurikiranyweho ibyaha bibiri, icyo kubuza undi amahwemo hifashishijwe imbuga nkoranyambaga, n’icyo gukoresha imvugo ziremereye zikurura amacakubiri mu bantu, nyuma aza kuregwa ikindi cyagaragaye nyuma yuko atawe muri yombi.

Dr Murangira yagize ati “Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko Sengabo Jean Bosco, ibi byaha akekwaho yabikoze mu bihe bitandukanye, yifashishije imbuga nkoranyambaga.”

Ikindi cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, yakirezwe nyuma yuko akorewe isuzuma rigasanga mu mubiri we harimo igipimo cy’ikiyobyabwenge cy’urumogi kiri kuri cya 298 mu gihe igipimo gisanzwe ari hagati ya 0 na 20.

Umuvugizi wa RIB avuga ko icyemezo cyo kujya gusuzumisha Sengabo alias Fatakumavuta, cyafashwe nyuma yo gusesengura bikagaragara ko imvugo yakoreshaga ku mbuga nkoranyambaga, zitakoreshwa n’umuntu utanyoye ibiyobyabwenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yabonanye n’Umwami wu Bwongereza Charles III

Next Post

Hatanzwe umucyo ku murwayi mushya wa Marburg wabonetse mu Rwanda

Related Posts

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku murwayi mushya wa Marburg wabonetse mu Rwanda

Hatanzwe umucyo ku murwayi mushya wa Marburg wabonetse mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.