Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda byavugwaga ko yashimuswe

radiotv10by radiotv10
20/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho ku munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda byavugwaga ko yashimuswe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, byavuzwe ko yashimutiwe muri Kenya, byamenyekanye ko afungiye muri Gereza ya Gisirikare muri Uganda, ndetse uyu munsi akaba yagombaga kugezwa imbere y’Urukiko rwa Gisirikare, ariko urubanza rwe rukaba rwasubitswe.

Amakuru dukesha URN (Uganda Radio Network), avuga ko Urukiko rwa Gisirikare rwasubitse urubanza rw’uyu munyapolitiki kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Ugushyingo 2024.

Ni icyemezo cyatangajwe na Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare, Brigadier Freeman Mugabe; wavuze ko Besigye yanze kuburana kuko yari yunganiwe n’abanyamategeko bashyizweho na Leta.

Umugore wa Kizza Besigye, Winnie Byanyima usanzwe ayobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rirwanya SIDA (UNAIDS), yari yasabye ubutegetsi bwa Uganda, kurekura vuba na bwangu umugabo we.

Bivugwa ko Besigye yafatiwe i Nairobi muri Kenya ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo yari yitabiriye igikorwa cyo kumurika igitabo cyari cyahabereye.

Umugore we Winnie Byanyima yari yagize ati “Ubu amakuru mfite ni uko afungiye muri gereza ya Gisirikare i Kampaka. Twe nk’umuryango we ndetse n’umunyamategeko we, turifuza ko twamubona. Si umusirikare, none no kubera iki afungiwe muri gereza ya gisirikare?”

Kugeza ubu Guverinoma ya Uganda kimwe n’Igisirikare cy’iki Gihugu, ntacyo baratangaza kuri iki kibazo cy’ishimutwa n’ifungwa rya Kizza Besigye.

Umunyamategeko we Erias Lukwago, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafarasan AFP ko na bo bamenye amakuru ko uyu munyapolitiki afungiye muri Gereza ya Gisirikare iri i Kampala.

Yavuze kandi ko “Igisirikare kirateganya kumugeza imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare uyu munsi. Kugeza ubu ntituramenyeshwa ibyaha ashinjwa.”

Ni mu gihe Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Kituuma Rusoke yabwiye Ibiro Ntaramakuru Reuters ko Polisi idafite uyu munyapolitiki, bityo ko ntacyo yabivugaho.

Umunyamabanga ushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Kenya, Korir Singoei yatangaje ko Guverinoma y’iki Gihugu, nta ruhare yagize mu kibazo cya Besigye.

Muri Nyakanga uyu mwaka, ubuyobozi bwa Kenya bwataye muri yombi abantu 36 basanzwe ari abarwanashyaka b’ishyaka FDC rya Kizza Besigye, aho baje koherezwa muri Uganda, bashinjwa ibyaha by’iterabwoba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − three =

Previous Post

Igisubizo kirimo urujijo cy’umutoza w’Amavubi ku kongererwa amasezerano

Next Post

Umuryango wa Olga wavuze ku ifungurwa ‘ritunguranye’ ry’abasore bakekwaho uruhare mu rupfu rwe

Related Posts

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye...

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

IZIHERUKA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasore bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Olga bafatiwe icyemezo mu bujurire

Umuryango wa Olga wavuze ku ifungurwa 'ritunguranye' ry’abasore bakekwaho uruhare mu rupfu rwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.