Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda byavugwaga ko yashimuswe

radiotv10by radiotv10
20/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho ku munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda byavugwaga ko yashimuswe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, byavuzwe ko yashimutiwe muri Kenya, byamenyekanye ko afungiye muri Gereza ya Gisirikare muri Uganda, ndetse uyu munsi akaba yagombaga kugezwa imbere y’Urukiko rwa Gisirikare, ariko urubanza rwe rukaba rwasubitswe.

Amakuru dukesha URN (Uganda Radio Network), avuga ko Urukiko rwa Gisirikare rwasubitse urubanza rw’uyu munyapolitiki kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Ugushyingo 2024.

Ni icyemezo cyatangajwe na Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare, Brigadier Freeman Mugabe; wavuze ko Besigye yanze kuburana kuko yari yunganiwe n’abanyamategeko bashyizweho na Leta.

Umugore wa Kizza Besigye, Winnie Byanyima usanzwe ayobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rirwanya SIDA (UNAIDS), yari yasabye ubutegetsi bwa Uganda, kurekura vuba na bwangu umugabo we.

Bivugwa ko Besigye yafatiwe i Nairobi muri Kenya ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo yari yitabiriye igikorwa cyo kumurika igitabo cyari cyahabereye.

Umugore we Winnie Byanyima yari yagize ati “Ubu amakuru mfite ni uko afungiye muri gereza ya Gisirikare i Kampaka. Twe nk’umuryango we ndetse n’umunyamategeko we, turifuza ko twamubona. Si umusirikare, none no kubera iki afungiwe muri gereza ya gisirikare?”

Kugeza ubu Guverinoma ya Uganda kimwe n’Igisirikare cy’iki Gihugu, ntacyo baratangaza kuri iki kibazo cy’ishimutwa n’ifungwa rya Kizza Besigye.

Umunyamategeko we Erias Lukwago, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafarasan AFP ko na bo bamenye amakuru ko uyu munyapolitiki afungiye muri Gereza ya Gisirikare iri i Kampala.

Yavuze kandi ko “Igisirikare kirateganya kumugeza imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare uyu munsi. Kugeza ubu ntituramenyeshwa ibyaha ashinjwa.”

Ni mu gihe Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Kituuma Rusoke yabwiye Ibiro Ntaramakuru Reuters ko Polisi idafite uyu munyapolitiki, bityo ko ntacyo yabivugaho.

Umunyamabanga ushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Kenya, Korir Singoei yatangaje ko Guverinoma y’iki Gihugu, nta ruhare yagize mu kibazo cya Besigye.

Muri Nyakanga uyu mwaka, ubuyobozi bwa Kenya bwataye muri yombi abantu 36 basanzwe ari abarwanashyaka b’ishyaka FDC rya Kizza Besigye, aho baje koherezwa muri Uganda, bashinjwa ibyaha by’iterabwoba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − eight =

Previous Post

Igisubizo kirimo urujijo cy’umutoza w’Amavubi ku kongererwa amasezerano

Next Post

Umuryango wa Olga wavuze ku ifungurwa ‘ritunguranye’ ry’abasore bakekwaho uruhare mu rupfu rwe

Related Posts

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri,...

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

by radiotv10
15/10/2025
1

Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Raila Odinga wabaye Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, anatangaza ko cyinjiye...

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

by radiotv10
15/10/2025
0

Umujyi wa Dubai urateganya gutangira gukoresha imodoka zo mu kirere zitwara abagenzi mu mwaka utaha, umushinga umwe n’uherutse kumurikwa mu...

Amakuru avugwa ku mirwano ya M23 na FARDC n’ibice yakomerejemo

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha guhangana na AFC/M23

by radiotv10
15/10/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, bakozanyijeho mu mirwano yabereye muri Teritwari ya...

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

by radiotv10
15/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko nyuma y’amasaha macye basinyanye amasezerano i Doha agamije...

IZIHERUKA

Post-grad panic: What happens after university?
MU RWANDA

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

by radiotv10
16/10/2025
0

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

16/10/2025
Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

16/10/2025
Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de SantĂ© birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de SantĂ© birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasore bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Olga bafatiwe icyemezo mu bujurire

Umuryango wa Olga wavuze ku ifungurwa 'ritunguranye' ry’abasore bakekwaho uruhare mu rupfu rwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.