Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aremeza ko Ruben Amorim wagizwe umutoza mushya wa Manchester Uniteg, yamaze kwemera gutoza iyi kipe iherutse kwirukana umutoza wayo Ten Hag, ndetse akaba ashobora no gutoza umukino iyi kipe ifitanye na Chelesea.

Amakuru atangazwa n’umunyamakuru Fabrizio Romano uzwiho gutangaza amakuru agezweho muri ruhago y’isi, avuga ko Ruben Amorim wari usanzwe atoza ya Sporting Lisbon yanyuzwe n’amasezerano ari guhabwa na Manchester United ndetse n’umushinga w’iyi kipe.

Rúben Filipe Marques Amorim, w’imyaka 39, ni umutoza w’Umunya-Portugal, akaba amaze imyaka itandatu mu kazi k’ubutoza, dore ko mu mwaka w’imikino wa 2018-2019, ari bwo yatangiye, ahera mu ikipe yitwa Casa Pia, yari iri mu cyiciro cya 3 icyo gihe.

Muri Nzeri 2019, Rúben Amorim yerecyeje mu ikipe ya kabiri ya FC Braga, ndetse nyuma y’amezi atatu gusa, aza kuba Umutoza w’ikipe nkuru yayo, asimbuye Umunya Portugal Ricardo Sá Pinto, wari wirukanwe, aho Rúben Amorim yaje no guhesha iyi kipe ya FC Braga igikombe kimwe cy’igihugu, Taça da Liga muri 2019-2020.

Nubwo icyo gihe Rúben Amorim, yari yasinye amasezerano y’imyaka 2 n’igice mu ikipe nkuru ya FC Braga, ntiyahatinze kuko ku ya 04 Werurwe 2020, yagizwe umutoza wa Sporting Lisbon, nyuma yuko iyi kipe yirukanye uwari umutoza wayo, Jorge Manuel Silas.

Kuva ubwo, ikipe ya Sporting Lisbon ntirabura mu makipe ane ya mbere muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Portugal (Primera Liga), ndetse uyu Rúben Amorim akaba yaratwaranye n’iyi kipe ibikombe bitanu.

Rúben Amorim, nyuma y’umukino w’igikombe cy’Igihugu, ikipe ye ya Sporting Lisbon yaraye itsinzemo ikipe yitwa Nacional ibitego 3-1, yabajijwe niba uyu ari wo wari umukino we wa nyuma muri Sporting Lisbon, aca amarenga ko agomba kwerecyeza muri Manchester United.

Yagize ati “Manchester United iranyifuza, ariko amahitamo ni ayanjye. Nta kintu natangaza kugeza hafashwe icyemezo kuri buri kimwe cyose. Nta kintu gifatika nababwira, gusa nzahitamo icyo ari cyo cyose nifuza gukora, nk’uko iteka nagiye mbigenza. Nta kintu nabasezeranya, icyo nzi ni uko nza kuba ndi ku myitozo kuri uyu wa Gatatu, ngategura umukino tuzahuramo na Estrela da Amadora kuri uyu wa Gatanu.”

Rúben Amorim, wabaye n’umukinnyi agaca mu makipe atandukanye arimo Benfica Lisbon, nubwo asa n’uterura ku bijyanye no kwerekeza muri Manchester United, ikipe ya Sporting Lisbon yaraye isohoye itangazo rivuga ko itazakomezanya na we, bivuze ko ikipe ya Manchester United yaba yamaze kwemera kwishyura miliyoni 10 z’Ama-Euros (arenga miliyari 14 Frw) zisabwa kugira ngo ayerekezemo.

Nk’uko Umunyamakuru ukomeye wandikira ESPN, Mark Ogden abitangaza, byitezwe ko ikipe ya Manchester United iri bumugire umutoza mushya wayo, kandi bigakorwa vuba byihuse, ku buryo bishoboka ko yanatoza umukino wa Shampiyona y’u Bwongereza iyi kipe ya Manchester United izakiramo Chelsea kuri iki Cyumweru, tariki 03 Ugushyingo 2024.

Rúben Amorim, ubwo yigaga ibijyanye no gutoza muri 2018, yamaze icyumweru kimwe kuri Stade ya Manchester United (Old Trafford), dore ko yagenzurwaga na José Mourinho watozaga iyi kipe icyo gihe, bikaba bivugwa ko uyu mutoza Rúben Amorim, wigeze kwifuzwa n’amakipe akomeye nka Liverpool, Bayern Munich, FC Barcelone ndetse na West Ham, ari bube umutoza mushya wa Manchester United.

Bivugwa kandi ko azinjirana n’abandi batoza 3 basanzwe bakorana, ndetse bikaba byitezwe ko ari bufate indege yerekeza i Manchester, kugira ngo basoze iby’ibiganiro. Ibi bibaye nyuma y’iminsi ibiri gusa Erik ten Hag yirukanywe nk’umutoza wa Manchester United.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage

Next Post

M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.