Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aremeza ko Ruben Amorim wagizwe umutoza mushya wa Manchester Uniteg, yamaze kwemera gutoza iyi kipe iherutse kwirukana umutoza wayo Ten Hag, ndetse akaba ashobora no gutoza umukino iyi kipe ifitanye na Chelesea.

Amakuru atangazwa n’umunyamakuru Fabrizio Romano uzwiho gutangaza amakuru agezweho muri ruhago y’isi, avuga ko Ruben Amorim wari usanzwe atoza ya Sporting Lisbon yanyuzwe n’amasezerano ari guhabwa na Manchester United ndetse n’umushinga w’iyi kipe.

Rúben Filipe Marques Amorim, w’imyaka 39, ni umutoza w’Umunya-Portugal, akaba amaze imyaka itandatu mu kazi k’ubutoza, dore ko mu mwaka w’imikino wa 2018-2019, ari bwo yatangiye, ahera mu ikipe yitwa Casa Pia, yari iri mu cyiciro cya 3 icyo gihe.

Muri Nzeri 2019, Rúben Amorim yerecyeje mu ikipe ya kabiri ya FC Braga, ndetse nyuma y’amezi atatu gusa, aza kuba Umutoza w’ikipe nkuru yayo, asimbuye Umunya Portugal Ricardo Sá Pinto, wari wirukanwe, aho Rúben Amorim yaje no guhesha iyi kipe ya FC Braga igikombe kimwe cy’igihugu, Taça da Liga muri 2019-2020.

Nubwo icyo gihe Rúben Amorim, yari yasinye amasezerano y’imyaka 2 n’igice mu ikipe nkuru ya FC Braga, ntiyahatinze kuko ku ya 04 Werurwe 2020, yagizwe umutoza wa Sporting Lisbon, nyuma yuko iyi kipe yirukanye uwari umutoza wayo, Jorge Manuel Silas.

Kuva ubwo, ikipe ya Sporting Lisbon ntirabura mu makipe ane ya mbere muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Portugal (Primera Liga), ndetse uyu Rúben Amorim akaba yaratwaranye n’iyi kipe ibikombe bitanu.

Rúben Amorim, nyuma y’umukino w’igikombe cy’Igihugu, ikipe ye ya Sporting Lisbon yaraye itsinzemo ikipe yitwa Nacional ibitego 3-1, yabajijwe niba uyu ari wo wari umukino we wa nyuma muri Sporting Lisbon, aca amarenga ko agomba kwerecyeza muri Manchester United.

Yagize ati “Manchester United iranyifuza, ariko amahitamo ni ayanjye. Nta kintu natangaza kugeza hafashwe icyemezo kuri buri kimwe cyose. Nta kintu gifatika nababwira, gusa nzahitamo icyo ari cyo cyose nifuza gukora, nk’uko iteka nagiye mbigenza. Nta kintu nabasezeranya, icyo nzi ni uko nza kuba ndi ku myitozo kuri uyu wa Gatatu, ngategura umukino tuzahuramo na Estrela da Amadora kuri uyu wa Gatanu.”

Rúben Amorim, wabaye n’umukinnyi agaca mu makipe atandukanye arimo Benfica Lisbon, nubwo asa n’uterura ku bijyanye no kwerekeza muri Manchester United, ikipe ya Sporting Lisbon yaraye isohoye itangazo rivuga ko itazakomezanya na we, bivuze ko ikipe ya Manchester United yaba yamaze kwemera kwishyura miliyoni 10 z’Ama-Euros (arenga miliyari 14 Frw) zisabwa kugira ngo ayerekezemo.

Nk’uko Umunyamakuru ukomeye wandikira ESPN, Mark Ogden abitangaza, byitezwe ko ikipe ya Manchester United iri bumugire umutoza mushya wayo, kandi bigakorwa vuba byihuse, ku buryo bishoboka ko yanatoza umukino wa Shampiyona y’u Bwongereza iyi kipe ya Manchester United izakiramo Chelsea kuri iki Cyumweru, tariki 03 Ugushyingo 2024.

Rúben Amorim, ubwo yigaga ibijyanye no gutoza muri 2018, yamaze icyumweru kimwe kuri Stade ya Manchester United (Old Trafford), dore ko yagenzurwaga na José Mourinho watozaga iyi kipe icyo gihe, bikaba bivugwa ko uyu mutoza Rúben Amorim, wigeze kwifuzwa n’amakipe akomeye nka Liverpool, Bayern Munich, FC Barcelone ndetse na West Ham, ari bube umutoza mushya wa Manchester United.

Bivugwa kandi ko azinjirana n’abandi batoza 3 basanzwe bakorana, ndetse bikaba byitezwe ko ari bufate indege yerekeza i Manchester, kugira ngo basoze iby’ibiganiro. Ibi bibaye nyuma y’iminsi ibiri gusa Erik ten Hag yirukanywe nk’umutoza wa Manchester United.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 13 =

Previous Post

Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage

Next Post

M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.