Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aremeza ko Ruben Amorim wagizwe umutoza mushya wa Manchester Uniteg, yamaze kwemera gutoza iyi kipe iherutse kwirukana umutoza wayo Ten Hag, ndetse akaba ashobora no gutoza umukino iyi kipe ifitanye na Chelesea.

Amakuru atangazwa n’umunyamakuru Fabrizio Romano uzwiho gutangaza amakuru agezweho muri ruhago y’isi, avuga ko Ruben Amorim wari usanzwe atoza ya Sporting Lisbon yanyuzwe n’amasezerano ari guhabwa na Manchester United ndetse n’umushinga w’iyi kipe.

Rúben Filipe Marques Amorim, w’imyaka 39, ni umutoza w’Umunya-Portugal, akaba amaze imyaka itandatu mu kazi k’ubutoza, dore ko mu mwaka w’imikino wa 2018-2019, ari bwo yatangiye, ahera mu ikipe yitwa Casa Pia, yari iri mu cyiciro cya 3 icyo gihe.

Muri Nzeri 2019, Rúben Amorim yerecyeje mu ikipe ya kabiri ya FC Braga, ndetse nyuma y’amezi atatu gusa, aza kuba Umutoza w’ikipe nkuru yayo, asimbuye Umunya Portugal Ricardo Sá Pinto, wari wirukanwe, aho Rúben Amorim yaje no guhesha iyi kipe ya FC Braga igikombe kimwe cy’igihugu, Taça da Liga muri 2019-2020.

Nubwo icyo gihe Rúben Amorim, yari yasinye amasezerano y’imyaka 2 n’igice mu ikipe nkuru ya FC Braga, ntiyahatinze kuko ku ya 04 Werurwe 2020, yagizwe umutoza wa Sporting Lisbon, nyuma yuko iyi kipe yirukanye uwari umutoza wayo, Jorge Manuel Silas.

Kuva ubwo, ikipe ya Sporting Lisbon ntirabura mu makipe ane ya mbere muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Portugal (Primera Liga), ndetse uyu Rúben Amorim akaba yaratwaranye n’iyi kipe ibikombe bitanu.

Rúben Amorim, nyuma y’umukino w’igikombe cy’Igihugu, ikipe ye ya Sporting Lisbon yaraye itsinzemo ikipe yitwa Nacional ibitego 3-1, yabajijwe niba uyu ari wo wari umukino we wa nyuma muri Sporting Lisbon, aca amarenga ko agomba kwerecyeza muri Manchester United.

Yagize ati “Manchester United iranyifuza, ariko amahitamo ni ayanjye. Nta kintu natangaza kugeza hafashwe icyemezo kuri buri kimwe cyose. Nta kintu gifatika nababwira, gusa nzahitamo icyo ari cyo cyose nifuza gukora, nk’uko iteka nagiye mbigenza. Nta kintu nabasezeranya, icyo nzi ni uko nza kuba ndi ku myitozo kuri uyu wa Gatatu, ngategura umukino tuzahuramo na Estrela da Amadora kuri uyu wa Gatanu.”

Rúben Amorim, wabaye n’umukinnyi agaca mu makipe atandukanye arimo Benfica Lisbon, nubwo asa n’uterura ku bijyanye no kwerekeza muri Manchester United, ikipe ya Sporting Lisbon yaraye isohoye itangazo rivuga ko itazakomezanya na we, bivuze ko ikipe ya Manchester United yaba yamaze kwemera kwishyura miliyoni 10 z’Ama-Euros (arenga miliyari 14 Frw) zisabwa kugira ngo ayerekezemo.

Nk’uko Umunyamakuru ukomeye wandikira ESPN, Mark Ogden abitangaza, byitezwe ko ikipe ya Manchester United iri bumugire umutoza mushya wayo, kandi bigakorwa vuba byihuse, ku buryo bishoboka ko yanatoza umukino wa Shampiyona y’u Bwongereza iyi kipe ya Manchester United izakiramo Chelsea kuri iki Cyumweru, tariki 03 Ugushyingo 2024.

Rúben Amorim, ubwo yigaga ibijyanye no gutoza muri 2018, yamaze icyumweru kimwe kuri Stade ya Manchester United (Old Trafford), dore ko yagenzurwaga na José Mourinho watozaga iyi kipe icyo gihe, bikaba bivugwa ko uyu mutoza Rúben Amorim, wigeze kwifuzwa n’amakipe akomeye nka Liverpool, Bayern Munich, FC Barcelone ndetse na West Ham, ari bube umutoza mushya wa Manchester United.

Bivugwa kandi ko azinjirana n’abandi batoza 3 basanzwe bakorana, ndetse bikaba byitezwe ko ari bufate indege yerekeza i Manchester, kugira ngo basoze iby’ibiganiro. Ibi bibaye nyuma y’iminsi ibiri gusa Erik ten Hag yirukanywe nk’umutoza wa Manchester United.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 15 =

Previous Post

Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage

Next Post

M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.