Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho mu ikipe ya Rayon imaze iminsi umusaruro warasubiye inyuma

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho mu ikipe ya Rayon imaze iminsi umusaruro warasubiye inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho wari Umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports, yahagaritswe kuri izi nshingano, kubera umusaruro udashimishije amaze iminsi ageza kuri iyi kipe yamaze gutakaza umwanya wa mbere muri Shampiyona.

Amakuru y’ihagarikwa rya Robertinho, yatangiye gucicikana mu ijoro ryacyeye, aho bivugwa ko uyu Mutoza Mukuru yahagarikiwe rimwe n’umutoza w’abanyezamu Mazimpaka André.

Aba batoza bombi bahagaritswe n’ubuyobozi bwa Rayon Sports bubashinja umusaruro mubi, aho iyi kipe imaze iminsi ititwara neza mu mikino ya Shampiyona, ndetse ikaba yaramaze gutakaza umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo yari imaze igihe kinini iyoboye.

Rayon Sports ubu iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 47 ikaba ikurikiye mucyeba wayo APR FC iyirusha inota rimwe, dore ko yo ifite amanota 48.

Iyi kipe bakunze kwita Murera, mu mikino iheruka gukina, ntiyitwaye neza, dore ko nko mu mikino icumi yose, yatsinzemo itatu gusa.

Umukino iheruka gukina wayihuje na Marine FC amakipe yombi akanganya 2-2, ni umwe mu yababaje abafana b’iyi kipe, ari na wo watumye itakaza umwanya wa mbere, aho umunyezamu Khadime Ndiaye yawunengewemo n’abakunzi b’iyi kipe.

Imyitwarire y’uyu munyezamu, bamwe mu bafana bashinja gutsindisha ikipe, ni na yo yatumye Umutoza w’Abanyezamu, Mazimpaka André, na we ahagarikwa.

Rayon Sports ihagaritse aba batoza mu gihe yitegura gukina na Mukura VS mu mikino ya 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro kuri uyu wa Kabiri, mu gihe iyi kipe yo mu Karere ka Huye imaze iminsi ishobora Rayon, dore ko inaheruka kuyitsinda igitego 1-0 mu mikino y’umunsi wa 22 wa Shampiyona.

Amakuru avuga ko iyi kipe ikomeza gutozwa na Rwaka Claude wari Umutoza Wungirije, akaba aherutse kuzamurwa mu ikipe y’abagabo, avuye muri Rayon Sports y’Abagore yari abereye Umutoza Mukuru.

Robertinho yahagaritswe n’ubuyobozo bwa Rayon Sports

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

Next Post

Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

Related Posts

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

by radiotv10
25/11/2025
0

Haruna Niyonzima wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko gutsindwa kw’amakipe akomeye mu Rwanda...

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.