Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho mu ikipe ya Rayon imaze iminsi umusaruro warasubiye inyuma

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho mu ikipe ya Rayon imaze iminsi umusaruro warasubiye inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho wari Umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports, yahagaritswe kuri izi nshingano, kubera umusaruro udashimishije amaze iminsi ageza kuri iyi kipe yamaze gutakaza umwanya wa mbere muri Shampiyona.

Amakuru y’ihagarikwa rya Robertinho, yatangiye gucicikana mu ijoro ryacyeye, aho bivugwa ko uyu Mutoza Mukuru yahagarikiwe rimwe n’umutoza w’abanyezamu Mazimpaka André.

Aba batoza bombi bahagaritswe n’ubuyobozi bwa Rayon Sports bubashinja umusaruro mubi, aho iyi kipe imaze iminsi ititwara neza mu mikino ya Shampiyona, ndetse ikaba yaramaze gutakaza umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo yari imaze igihe kinini iyoboye.

Rayon Sports ubu iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 47 ikaba ikurikiye mucyeba wayo APR FC iyirusha inota rimwe, dore ko yo ifite amanota 48.

Iyi kipe bakunze kwita Murera, mu mikino iheruka gukina, ntiyitwaye neza, dore ko nko mu mikino icumi yose, yatsinzemo itatu gusa.

Umukino iheruka gukina wayihuje na Marine FC amakipe yombi akanganya 2-2, ni umwe mu yababaje abafana b’iyi kipe, ari na wo watumye itakaza umwanya wa mbere, aho umunyezamu Khadime Ndiaye yawunengewemo n’abakunzi b’iyi kipe.

Imyitwarire y’uyu munyezamu, bamwe mu bafana bashinja gutsindisha ikipe, ni na yo yatumye Umutoza w’Abanyezamu, Mazimpaka André, na we ahagarikwa.

Rayon Sports ihagaritse aba batoza mu gihe yitegura gukina na Mukura VS mu mikino ya 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro kuri uyu wa Kabiri, mu gihe iyi kipe yo mu Karere ka Huye imaze iminsi ishobora Rayon, dore ko inaheruka kuyitsinda igitego 1-0 mu mikino y’umunsi wa 22 wa Shampiyona.

Amakuru avuga ko iyi kipe ikomeza gutozwa na Rwaka Claude wari Umutoza Wungirije, akaba aherutse kuzamurwa mu ikipe y’abagabo, avuye muri Rayon Sports y’Abagore yari abereye Umutoza Mukuru.

Robertinho yahagaritswe n’ubuyobozo bwa Rayon Sports

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 13 =

Previous Post

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

Next Post

Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.