Monday, March 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho mu ikipe ya Rayon imaze iminsi umusaruro warasubiye inyuma

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho mu ikipe ya Rayon imaze iminsi umusaruro warasubiye inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho wari Umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports, yahagaritswe kuri izi nshingano, kubera umusaruro udashimishije amaze iminsi ageza kuri iyi kipe yamaze gutakaza umwanya wa mbere muri Shampiyona.

Amakuru y’ihagarikwa rya Robertinho, yatangiye gucicikana mu ijoro ryacyeye, aho bivugwa ko uyu Mutoza Mukuru yahagarikiwe rimwe n’umutoza w’abanyezamu Mazimpaka André.

Aba batoza bombi bahagaritswe n’ubuyobozi bwa Rayon Sports bubashinja umusaruro mubi, aho iyi kipe imaze iminsi ititwara neza mu mikino ya Shampiyona, ndetse ikaba yaramaze gutakaza umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo yari imaze igihe kinini iyoboye.

Rayon Sports ubu iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 47 ikaba ikurikiye mucyeba wayo APR FC iyirusha inota rimwe, dore ko yo ifite amanota 48.

Iyi kipe bakunze kwita Murera, mu mikino iheruka gukina, ntiyitwaye neza, dore ko nko mu mikino icumi yose, yatsinzemo itatu gusa.

Umukino iheruka gukina wayihuje na Marine FC amakipe yombi akanganya 2-2, ni umwe mu yababaje abafana b’iyi kipe, ari na wo watumye itakaza umwanya wa mbere, aho umunyezamu Khadime Ndiaye yawunengewemo n’abakunzi b’iyi kipe.

Imyitwarire y’uyu munyezamu, bamwe mu bafana bashinja gutsindisha ikipe, ni na yo yatumye Umutoza w’Abanyezamu, Mazimpaka André, na we ahagarikwa.

Rayon Sports ihagaritse aba batoza mu gihe yitegura gukina na Mukura VS mu mikino ya 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro kuri uyu wa Kabiri, mu gihe iyi kipe yo mu Karere ka Huye imaze iminsi ishobora Rayon, dore ko inaheruka kuyitsinda igitego 1-0 mu mikino y’umunsi wa 22 wa Shampiyona.

Amakuru avuga ko iyi kipe ikomeza gutozwa na Rwaka Claude wari Umutoza Wungirije, akaba aherutse kuzamurwa mu ikipe y’abagabo, avuye muri Rayon Sports y’Abagore yari abereye Umutoza Mukuru.

Robertinho yahagaritswe n’ubuyobozo bwa Rayon Sports

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

Next Post

Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

Related Posts

Rayon Sports na APR FC zatakarije amanota i Rubavu

Rayon Sports na APR FC zatakarije amanota i Rubavu

by radiotv10
08/03/2026
0

Ikipe ya APR FC na RAYON SPORTS ntizahiriwe n'urugendo rw'i Rubavu dore ko zombi zahanganyirije ku munsi wa 23 wa...

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

by radiotv10
06/03/2026
0

Umuyobozi ushinzwe Imiyoborere n’Ubukangurambaga muri Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Jean-Baptiste Musabyimana, yashimangiye ko nta Nteko Rusange izabaho mu gihe...

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

by radiotv10
05/03/2026
1

Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports F.C, Uwayezu Jean Fidèle, yashyize amabanga hanze asobanura impamvu bamwe mu bakoranaga na we...

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

by radiotv10
05/03/2026
0

Umutoza wa Etincelles FC, Bizimana Abdou Bekeni, yasabye abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports igiye guhura n’ikipe ye, kutabyina intsinzi mbere...

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

by radiotv10
01/03/2026
0

Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan watwaye Tour du Rwanda ya 2023, wari umaze iminsi ahatana ngo yegukane etape mu ya 2026 ikamuca...

IZIHERUKA

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa
MU RWANDA

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

by radiotv10
09/03/2026
0

Why former UR students must repay Government study loans

Why former UR students must repay Government study loans

09/03/2026
Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

09/03/2026
Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

09/03/2026
Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

09/03/2026
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

09/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Why former UR students must repay Government study loans

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.