Friday, October 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

radiotv10by radiotv10
10/10/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gace ka Kibati muri Gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruhuru, haramutse imirwano hagati ya AFC/M23 n’umutwe w’inyeshyamba wa Wazalendo urwanira ubutegetsi bwa DRC, ushaka kugaruza agace kamaze igihe kagenzurwa na M23.

Ni imirwano yatangiye mu gitondo cya kare saa kumi n’imwe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025, aho bivugwa ko yatangijwe n’inyeshyamba za Wazalendo zikorana na FARDC zagabye ibitero ku birindiro bya AFC/M23.

Ibi bitero by’inyeshyamba za Wazalendo byagabwe biturutse mu gace ka Miba mu bilometeri bitanu uvuye mu burengerazuba bwa Kibati aharamukiye iyi mirwano.

Kuva muri icyo gitondo, hakomeje kumvikana urusaku rw’imbunda ziremereye ndetse n’into, ruturuka muri aka gace kari kuberamo imirwano.

Amakuru kandi avuga ko iyi mirwano ikomeje kugenda isatira agace ka Habula, kari hafi mu burasirazuba bwa Kibati nk’uko byatangajwe n’abari muri ibi bice.

Abaturage benshi bo muri aka gace kari kuberamo imirwano, baheze mu nzu zabo kubera urusaku rw’amasasu, ndetse iyi mirwano ikaba yatumye urujya n’uruza rw’ibinyabiziga hagati ya Kashebere na Mungazi, ruhagarara.

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni ryo rigenzura agace ka Kibati kuva muri Mata, aho umutwe wa Wazalendo wagerageje kenshi ngo ugaruze aka gace ariko bikaba byarananiranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Rwanda receives over Rwf160 billion to support vaccine manufacturing

Next Post

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Related Posts

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuyobozi w’abatavuga rumwe na Leta muri Venezuela, Maria Corina Machado, ni we watsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel aho kuba Perezida...

Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

by radiotv10
10/10/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Kenya yafashe icyemezo cyo guhindura divayi yakoreshwaga mu gutura igitambo cy’Ukarisitiya kuri Alitari, nyuma yuko iyakoreshwaga yari...

Ibivugwa nyuma y’intambwe ikomeye mu guhagarika intambara ya Israel na Hamas

Ibivugwa nyuma y’intambwe ikomeye mu guhagarika intambara ya Israel na Hamas

by radiotv10
10/10/2025
0

Nyuma yuko impande zombi hagati ya Israel na Hamas zemeranyijwe guhagarika intambara imaze imyaka ibiri, izi mpande zanagaragaje ko zishimiye...

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

by radiotv10
08/10/2025
0

Imbabazi Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu aherutse gusaba uwa Qatar, byamenyekanye ko yabitegetswe na Perezida Donald Trump wa America...

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

by radiotv10
08/10/2025
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi, zatashywe n’ubwoba kubera ibikorwa byo gufata no gusaka bamwe muri bo bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo
MU RWANDA

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

by radiotv10
10/10/2025
0

Eng.-Evode Uwizeyimana criticizes Tshisekedi’s “contradictory and chaotic” speeches

Eng.-Evode Uwizeyimana criticizes Tshisekedi’s “contradictory and chaotic” speeches

10/10/2025
Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

10/10/2025
Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

10/10/2025
BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

10/10/2025
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

10/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

Eng.-Evode Uwizeyimana criticizes Tshisekedi’s “contradictory and chaotic” speeches

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.