Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru avugwa ku rugamba hagati ya M23 na FARDC n’uruhande rukomeje kugaragaza imbaraga

radiotv10by radiotv10
11/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru avugwa ku rugamba hagati ya M23 na FARDC n’uruhande rukomeje kugaragaza imbaraga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya M23 n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), uyu mutwe wafashe agace ka Kaziba Centre gaherereye mu bilometero 50 uvuye mu Mujyi wa Bukavu na wo uri mu maboko yawo.

Umutwe wa M23 wafashe aka gace mu masaha akuze yo mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025 nyuma y’imirwano yirije umunsi wose hagati yawo na FARDC ifatanyije n’abasanzwe bayifasha nka Wazalendo.

Umwe mu batuye muri aka gace, aganira n’ikinyamakuru ACTUARITE.CD yagize ati “Bari kuri Lwanguku ku Rukiko rwa Royale, haracyumvikana urusaku rw’imbunda.”

Abandi bo muri aka gace bavuga ko abarwanyi ba M23 bamaze kugera mu bice byinshi bya Kaziba, ariko ko hari ibikirimo abasirikare ba FARDC n’abarwanyi ba Wazalendo.

Undi wo muri Sosiyete Sivile yagize ati “Ni abarwanyi ba M23 bari hano. Guhera saa moya z’ijoro, ni bwo twatangiye kubona imodoka zabo.”

Amakuru aturuka muri aka gace, avuga ko abarwanyi ba M23 bafashe aka gace, baje baturutse mu bice bya Nyangezi, Nyanfunze, Mushenyi na Cibanda, mbere yo kugera muri Sheferi ya Kaziba, ibaye iya kabiri muri Teritwari ya Walungu igezemo iyi mirwano, nyuma ya Ngweshe.

Umutwe wa M23 kandi mu mpera z’icyumweru gishize, ku Cyumweru tariki 09 Werurwe 2025 wari wafashe agace kitwa Nyabyondo ko muri Teritwari ya Masisi.

Umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira ibindi bice

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 4 =

Previous Post

Icyo RIB ivuga ku ifatwa rya Prince Kid wafatiwe muri America n’inzego zirimo FBI

Next Post

Ikijyanye muri Sudani y’Epfo abasirikare b’umutwe udasanzwe w’Ingabo za Uganda

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikijyanye muri Sudani y’Epfo abasirikare b’umutwe udasanzwe w’Ingabo za Uganda

Ikijyanye muri Sudani y’Epfo abasirikare b’umutwe udasanzwe w'Ingabo za Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.