Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje itariki izakorerwaho ibirori ngarukamwaka byo Kwita Izina Abana b’Ingagi, bisanzwe byitabirwa n’abaturutse mu nguni zose z’Isi mu ngeri zinyuranye barimo abafite amazina azwi.
Mu butumwa burarika abantu kuzirikana itariki y’ibi birori, Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje ko bizaba ku ya 05 Nzeri 2025.
Ubutumwa burarikira abantu kwitegura ibi birori, RDB yagize ati “Kwita Izina biragarutse tariki 05 Nzeri 2025 ku nshuro yayo ya 20. Tuzahurire mu ntanzi z’Imisozi ya Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu birori ngarukamwaka mu Rwanda.”
Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda-RDB ruvuga ko ibi birori biba buri mwaka, bishimangira umuhate w’u Rwanda mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima n’ibidukikije, rwatangaje ko ibi birori bizabera i Kinigi mu Karere ka Musanze nk’uko bisanzwe.
Ibi birori byo Kwita Izina Abana b’Ingagi, byari bitegangijwe umwaka ushize byagombaga kuba tariki 18 Ukwakira 2024, ariko biza gusubikwa, aho icyo gihe hagombaga guhabwa amazina abana b’Ingagi 22.
Kwita Izina abana b’Ingagi, bisanzwe byitabirwa n’abaturutse mu bice binyuranye by’Isi, barimo ibyamamare mu ngeri zinyunye nko mu mupira w’amaguru, muri Politiki, muri sinema ndetse no mu myidagaduro. Kuva hatangira uyu muhango wo Kwita Izina Abana b’Ingagi, hamaze kwitwa amazina abana b’Ingagi 395.
RADIOTV10