Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku batsindiye indishyi mu rubanza rwaregwamo Rusesabagina

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku batsindiye indishyi mu rubanza rwaregwamo Rusesabagina
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu barenga 80 baregeye indishyi mu rubanza rwaregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, baje guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika, bakaza no kuzemererwa n’Urukiko, bamaze kuzihabwa.

Ni indishyi irenga miliyari 1 Frw yemejwe n’Inkiko zaburanishije uru rubanza rwaregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, baje no guhamywa ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba, birimo n’ibyahitanye Abanyarwanda mu Ntara y’Amajyepfo.

Aba bantu bari barahamijwe ibyaha bakanakatirwa ibihano bitandukanye birimo igifungo cy’imyaka 25 cyari cyakatiwe Paul Rusesabagina, bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika, bararekurwa, aho uyu mugabo yahise asubira mu muryango we muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu gihe bamwe mu bandi bahise berecyeza i Mutobo, bakaba baherutse gusoza amahugurwa.

Abantu barenga 80 bari bemerewe indishyi muri uru rubanza, babanje kwibaza uko bizagenda, ariko amakuru ahari ubu, aremeza ko bamaze kuzihabwa.

Ikinyamakuru Igihe gihamya ko abo bantu bose, barimo abangirijwe ibyabo n’ibitero by’umutwe wa MRCD-FLN, n’abafite ababo babiguyemo, bamaze guhabwa indishyi bari bemerewe, zose hamwe zifite agaciro karenga miliyari 1 Frw.

Umwe muri abo bantu yavuze ko nyuma y’uko bariya bantu babahemukiye barekuwe ku bw’imbabazi, “kugira ngo ubutabera bwuzure, ibijyanye n’abaregeye indishyi na byo byashyizwe mu bikorwa.”

Gusa ntibizwi niba izi ndishyi zaratanzwe n’abaregwaga barimo Rusesabagina Paul na bagenzi be, cyangwa hakaba harakoreshejwe izindi nzira ziteganywa n’amategeko.

Bimwe mu byo amategeko ateganya

Ubwo Paul Rusesabagina na bagenzi be bafungurwaga, RADIOTV10 yavuganye n’Umunyamategeko Me Evode Kayitana ku bijyanye n’indishyi za bariya bantu, bari batangiye kwibaza uko bazazibona.

Icyo gihe Me Evode Kayitana yavuze ko kuba Rusesabagina yahawe imbabazi, bidakuraho ko yakoze icyaha, cyangwa ngo biburizemo ibindi byemezo yafatiwe.

Yari yagize ati “Imbabazi za Perezida wa Repubulika ntabwo zivuga ko ibyo wakoze atari ibyaha, haba hari impamvu zituma uva muri Gereza ariko ibyo wakoze birakomeza bikitwa ibyaha n’abangirijwe bagakomeza kugira uburenganzira bwo gusaba indishyi zabo.”

Me Evode yakomeje agaruka ku batsindiye indishyi, avuga ko niba imbabazi zahawe Rusesabagina zirimo no kuba yaragombaga guhita asubira muri America, na byo bidashobora gutuma abagomba kwishyurwa, badahabwa uburenganzira bwabo.

Yagize ati “Abakurikirana ubwo bakurikirana imitungo ye iri mu Rwanda, kuko ashobora kuba afite amazu cyangwa ubutaka bakabikurikirana bakabifatira bakabigurisha, cyangwa se bagakurikirana imitungo ye iri muri America.”

Yavugaga ko gukurikirana iyo mitungo yo muri America byasaba ko habaho gukorana n’abahesha b’Inkiko bo muri kiriya Gihugu, ku buryo icyemezo cy’Urukiko cyajyanwa muri America kikaba cyaterwaho kashe mpuruza n’inkiko zaho, ubundi hagashakwa indishyi zihabwa abazitsindiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − eight =

Previous Post

Guhirika ubutegetsi kongeye kubaho muri Afurika kuri kwamaganirwa kure n’abakomeye

Next Post

Umubyeyi w’icyamamarekazi ku Isi yatangiye inzira z’icyemezo cyibazwaho

Related Posts

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know
IMIBEREHO MYIZA

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyeyi w’icyamamarekazi ku Isi yatangiye inzira z’icyemezo cyibazwaho

Umubyeyi w’icyamamarekazi ku Isi yatangiye inzira z’icyemezo cyibazwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.