Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku batsindiye indishyi mu rubanza rwaregwamo Rusesabagina

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku batsindiye indishyi mu rubanza rwaregwamo Rusesabagina
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu barenga 80 baregeye indishyi mu rubanza rwaregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, baje guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika, bakaza no kuzemererwa n’Urukiko, bamaze kuzihabwa.

Ni indishyi irenga miliyari 1 Frw yemejwe n’Inkiko zaburanishije uru rubanza rwaregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, baje no guhamywa ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba, birimo n’ibyahitanye Abanyarwanda mu Ntara y’Amajyepfo.

Aba bantu bari barahamijwe ibyaha bakanakatirwa ibihano bitandukanye birimo igifungo cy’imyaka 25 cyari cyakatiwe Paul Rusesabagina, bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika, bararekurwa, aho uyu mugabo yahise asubira mu muryango we muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu gihe bamwe mu bandi bahise berecyeza i Mutobo, bakaba baherutse gusoza amahugurwa.

Abantu barenga 80 bari bemerewe indishyi muri uru rubanza, babanje kwibaza uko bizagenda, ariko amakuru ahari ubu, aremeza ko bamaze kuzihabwa.

Ikinyamakuru Igihe gihamya ko abo bantu bose, barimo abangirijwe ibyabo n’ibitero by’umutwe wa MRCD-FLN, n’abafite ababo babiguyemo, bamaze guhabwa indishyi bari bemerewe, zose hamwe zifite agaciro karenga miliyari 1 Frw.

Umwe muri abo bantu yavuze ko nyuma y’uko bariya bantu babahemukiye barekuwe ku bw’imbabazi, “kugira ngo ubutabera bwuzure, ibijyanye n’abaregeye indishyi na byo byashyizwe mu bikorwa.”

Gusa ntibizwi niba izi ndishyi zaratanzwe n’abaregwaga barimo Rusesabagina Paul na bagenzi be, cyangwa hakaba harakoreshejwe izindi nzira ziteganywa n’amategeko.

Bimwe mu byo amategeko ateganya

Ubwo Paul Rusesabagina na bagenzi be bafungurwaga, RADIOTV10 yavuganye n’Umunyamategeko Me Evode Kayitana ku bijyanye n’indishyi za bariya bantu, bari batangiye kwibaza uko bazazibona.

Icyo gihe Me Evode Kayitana yavuze ko kuba Rusesabagina yahawe imbabazi, bidakuraho ko yakoze icyaha, cyangwa ngo biburizemo ibindi byemezo yafatiwe.

Yari yagize ati “Imbabazi za Perezida wa Repubulika ntabwo zivuga ko ibyo wakoze atari ibyaha, haba hari impamvu zituma uva muri Gereza ariko ibyo wakoze birakomeza bikitwa ibyaha n’abangirijwe bagakomeza kugira uburenganzira bwo gusaba indishyi zabo.”

Me Evode yakomeje agaruka ku batsindiye indishyi, avuga ko niba imbabazi zahawe Rusesabagina zirimo no kuba yaragombaga guhita asubira muri America, na byo bidashobora gutuma abagomba kwishyurwa, badahabwa uburenganzira bwabo.

Yagize ati “Abakurikirana ubwo bakurikirana imitungo ye iri mu Rwanda, kuko ashobora kuba afite amazu cyangwa ubutaka bakabikurikirana bakabifatira bakabigurisha, cyangwa se bagakurikirana imitungo ye iri muri America.”

Yavugaga ko gukurikirana iyo mitungo yo muri America byasaba ko habaho gukorana n’abahesha b’Inkiko bo muri kiriya Gihugu, ku buryo icyemezo cy’Urukiko cyajyanwa muri America kikaba cyaterwaho kashe mpuruza n’inkiko zaho, ubundi hagashakwa indishyi zihabwa abazitsindiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − one =

Previous Post

Guhirika ubutegetsi kongeye kubaho muri Afurika kuri kwamaganirwa kure n’abakomeye

Next Post

Umubyeyi w’icyamamarekazi ku Isi yatangiye inzira z’icyemezo cyibazwaho

Related Posts

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

by radiotv10
23/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batumva ukuntu ingo zabo zasimbutswe mu guhabwa...

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

by radiotv10
23/10/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced that by the end of this month, activities will begin to verify personal...

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

by radiotv10
23/10/2025
0

Umubyeyi w’imyaka 19 wo mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, watewe inda afite imyaka 16, aravuga ko abayeho...

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

by radiotv10
23/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy'lgihugu Gishinzwe Irangamuntu 'NIDA', bwamenyesheje Abanyarwanda bose ko mu mpera z’uku kwezi hazatangira ibikorwa byo kwemeza imyirondoro no...

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’Uburenge ifata amatungo yagaragaye mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Rubavu, yatumye Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu...

IZIHERUKA

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8
IBYAMAMARE

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

by radiotv10
23/10/2025
0

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

23/10/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

23/10/2025
Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

23/10/2025
Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

23/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyeyi w’icyamamarekazi ku Isi yatangiye inzira z’icyemezo cyibazwaho

Umubyeyi w’icyamamarekazi ku Isi yatangiye inzira z’icyemezo cyibazwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.