Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku batsindiye indishyi mu rubanza rwaregwamo Rusesabagina

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku batsindiye indishyi mu rubanza rwaregwamo Rusesabagina
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu barenga 80 baregeye indishyi mu rubanza rwaregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, baje guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika, bakaza no kuzemererwa n’Urukiko, bamaze kuzihabwa.

Ni indishyi irenga miliyari 1 Frw yemejwe n’Inkiko zaburanishije uru rubanza rwaregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, baje no guhamywa ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba, birimo n’ibyahitanye Abanyarwanda mu Ntara y’Amajyepfo.

Aba bantu bari barahamijwe ibyaha bakanakatirwa ibihano bitandukanye birimo igifungo cy’imyaka 25 cyari cyakatiwe Paul Rusesabagina, bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika, bararekurwa, aho uyu mugabo yahise asubira mu muryango we muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu gihe bamwe mu bandi bahise berecyeza i Mutobo, bakaba baherutse gusoza amahugurwa.

Abantu barenga 80 bari bemerewe indishyi muri uru rubanza, babanje kwibaza uko bizagenda, ariko amakuru ahari ubu, aremeza ko bamaze kuzihabwa.

Ikinyamakuru Igihe gihamya ko abo bantu bose, barimo abangirijwe ibyabo n’ibitero by’umutwe wa MRCD-FLN, n’abafite ababo babiguyemo, bamaze guhabwa indishyi bari bemerewe, zose hamwe zifite agaciro karenga miliyari 1 Frw.

Umwe muri abo bantu yavuze ko nyuma y’uko bariya bantu babahemukiye barekuwe ku bw’imbabazi, “kugira ngo ubutabera bwuzure, ibijyanye n’abaregeye indishyi na byo byashyizwe mu bikorwa.”

Gusa ntibizwi niba izi ndishyi zaratanzwe n’abaregwaga barimo Rusesabagina Paul na bagenzi be, cyangwa hakaba harakoreshejwe izindi nzira ziteganywa n’amategeko.

Bimwe mu byo amategeko ateganya

Ubwo Paul Rusesabagina na bagenzi be bafungurwaga, RADIOTV10 yavuganye n’Umunyamategeko Me Evode Kayitana ku bijyanye n’indishyi za bariya bantu, bari batangiye kwibaza uko bazazibona.

Icyo gihe Me Evode Kayitana yavuze ko kuba Rusesabagina yahawe imbabazi, bidakuraho ko yakoze icyaha, cyangwa ngo biburizemo ibindi byemezo yafatiwe.

Yari yagize ati “Imbabazi za Perezida wa Repubulika ntabwo zivuga ko ibyo wakoze atari ibyaha, haba hari impamvu zituma uva muri Gereza ariko ibyo wakoze birakomeza bikitwa ibyaha n’abangirijwe bagakomeza kugira uburenganzira bwo gusaba indishyi zabo.”

Me Evode yakomeje agaruka ku batsindiye indishyi, avuga ko niba imbabazi zahawe Rusesabagina zirimo no kuba yaragombaga guhita asubira muri America, na byo bidashobora gutuma abagomba kwishyurwa, badahabwa uburenganzira bwabo.

Yagize ati “Abakurikirana ubwo bakurikirana imitungo ye iri mu Rwanda, kuko ashobora kuba afite amazu cyangwa ubutaka bakabikurikirana bakabifatira bakabigurisha, cyangwa se bagakurikirana imitungo ye iri muri America.”

Yavugaga ko gukurikirana iyo mitungo yo muri America byasaba ko habaho gukorana n’abahesha b’Inkiko bo muri kiriya Gihugu, ku buryo icyemezo cy’Urukiko cyajyanwa muri America kikaba cyaterwaho kashe mpuruza n’inkiko zaho, ubundi hagashakwa indishyi zihabwa abazitsindiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Guhirika ubutegetsi kongeye kubaho muri Afurika kuri kwamaganirwa kure n’abakomeye

Next Post

Umubyeyi w’icyamamarekazi ku Isi yatangiye inzira z’icyemezo cyibazwaho

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyeyi w’icyamamarekazi ku Isi yatangiye inzira z’icyemezo cyibazwaho

Umubyeyi w’icyamamarekazi ku Isi yatangiye inzira z’icyemezo cyibazwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.