Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku bwato bwaburiwe irengero bukomeje kuzamura impaka ku Isi

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Amakuru mashya ku bwato bwaburiwe irengero bukomeje kuzamura impaka ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ubwato bugenda mu nyanja hasi mu mazi buherutse kuburirwa irengero ubwo bwibiraga bugiye kureba ibisigazwa bya Titanic, hakaba hasigaye amasaha macye ngo ubuzima bw’ababurimo butabarwe, hari amakuru mashya yabwo yagiye hanze.

Ubu bwato buzwi nka Titan bwamanutse mu nyanja ya Antlantique ku Cyumweru burimo abantu batanu barimo ba mukerarugendo bagiye gusura ibisigazwa by’ubwato buzwi mu mateka bwa Titanic.

Ubu bwato bwa Titan, bivugwa ko bwatakaje ubushobozi bwo kuvugana n’abo hejuru nyuma y’isaha n’iminota 45’ bugiye.

Ibi byateye ikikango gikomeye, ndetse Ibihugu by’ibihangange nka Leta Zunze Ubumwe za America na Canada batangira ibikorwa byo kubushakisha.

Kugeza ubu, harabura amasaha 24 ngo Oxygen ifasha ababurimo guhumeka, irangire, dore ko buba bufite igihe bugomba kumarira mu mazi.

Gusa ubu amakuru yagiye hanze, avuga ko hari urusaku ruri kumvikana bakeka ko ari urw’ubu bwato nk’uko byatangajwe n’ikigo cy’Abanya-Canada, Atlantic Ocean.

Iki kigo kivuga ko “urwo rusaku” rwumvikanye hafi y’ahakekwaga ko ubwo bwato buherereye.

Abari gushakisha ubu bwato, batanze ubu butumwa bakoresheje imeyiri, bavuze ko urwo rusaku rwumvikanye buri minota 30’ rukongera kumvikana mu isaha imwe.

Ubu bwato burimo umunyemari w’umuherwe w’Umwongereza utunze abarirwa za Miliyari, Hamish Harding ndetse n’umushoramari w’Umunya-Pakistan Shahzada Dawood n’umuhungu we w’imyaka 19 Suleman Dawood.

Abari bagiye muri uru rugendo, bari bishyuye ibihumbi 250 by’Amadolari (arenga Miliyoni 260 Frw) y’uru rugendo rw’ubukerarugendo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + thirteen =

Previous Post

Libya: Abimukira bari bagiye guhambirizwa bakoze igikorwa cyateye urujijo

Next Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yafashije ugezweho muri Kenya mu ndirimbo isigiriza umukunzi we

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe
MU RWANDA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

21/11/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

20/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yafashije ugezweho muri Kenya mu ndirimbo isigiriza umukunzi we

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yafashije ugezweho muri Kenya mu ndirimbo isigiriza umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.