Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku bwato bwaburiwe irengero bukomeje kuzamura impaka ku Isi

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Amakuru mashya ku bwato bwaburiwe irengero bukomeje kuzamura impaka ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ubwato bugenda mu nyanja hasi mu mazi buherutse kuburirwa irengero ubwo bwibiraga bugiye kureba ibisigazwa bya Titanic, hakaba hasigaye amasaha macye ngo ubuzima bw’ababurimo butabarwe, hari amakuru mashya yabwo yagiye hanze.

Ubu bwato buzwi nka Titan bwamanutse mu nyanja ya Antlantique ku Cyumweru burimo abantu batanu barimo ba mukerarugendo bagiye gusura ibisigazwa by’ubwato buzwi mu mateka bwa Titanic.

Ubu bwato bwa Titan, bivugwa ko bwatakaje ubushobozi bwo kuvugana n’abo hejuru nyuma y’isaha n’iminota 45’ bugiye.

Ibi byateye ikikango gikomeye, ndetse Ibihugu by’ibihangange nka Leta Zunze Ubumwe za America na Canada batangira ibikorwa byo kubushakisha.

Kugeza ubu, harabura amasaha 24 ngo Oxygen ifasha ababurimo guhumeka, irangire, dore ko buba bufite igihe bugomba kumarira mu mazi.

Gusa ubu amakuru yagiye hanze, avuga ko hari urusaku ruri kumvikana bakeka ko ari urw’ubu bwato nk’uko byatangajwe n’ikigo cy’Abanya-Canada, Atlantic Ocean.

Iki kigo kivuga ko “urwo rusaku” rwumvikanye hafi y’ahakekwaga ko ubwo bwato buherereye.

Abari gushakisha ubu bwato, batanze ubu butumwa bakoresheje imeyiri, bavuze ko urwo rusaku rwumvikanye buri minota 30’ rukongera kumvikana mu isaha imwe.

Ubu bwato burimo umunyemari w’umuherwe w’Umwongereza utunze abarirwa za Miliyari, Hamish Harding ndetse n’umushoramari w’Umunya-Pakistan Shahzada Dawood n’umuhungu we w’imyaka 19 Suleman Dawood.

Abari bagiye muri uru rugendo, bari bishyuye ibihumbi 250 by’Amadolari (arenga Miliyoni 260 Frw) y’uru rugendo rw’ubukerarugendo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Libya: Abimukira bari bagiye guhambirizwa bakoze igikorwa cyateye urujijo

Next Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yafashije ugezweho muri Kenya mu ndirimbo isigiriza umukunzi we

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yafashije ugezweho muri Kenya mu ndirimbo isigiriza umukunzi we

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yafashije ugezweho muri Kenya mu ndirimbo isigiriza umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.