Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku bwato bwaburiwe irengero bukomeje kuzamura impaka ku Isi

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Amakuru mashya ku bwato bwaburiwe irengero bukomeje kuzamura impaka ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ubwato bugenda mu nyanja hasi mu mazi buherutse kuburirwa irengero ubwo bwibiraga bugiye kureba ibisigazwa bya Titanic, hakaba hasigaye amasaha macye ngo ubuzima bw’ababurimo butabarwe, hari amakuru mashya yabwo yagiye hanze.

Ubu bwato buzwi nka Titan bwamanutse mu nyanja ya Antlantique ku Cyumweru burimo abantu batanu barimo ba mukerarugendo bagiye gusura ibisigazwa by’ubwato buzwi mu mateka bwa Titanic.

Ubu bwato bwa Titan, bivugwa ko bwatakaje ubushobozi bwo kuvugana n’abo hejuru nyuma y’isaha n’iminota 45’ bugiye.

Ibi byateye ikikango gikomeye, ndetse Ibihugu by’ibihangange nka Leta Zunze Ubumwe za America na Canada batangira ibikorwa byo kubushakisha.

Kugeza ubu, harabura amasaha 24 ngo Oxygen ifasha ababurimo guhumeka, irangire, dore ko buba bufite igihe bugomba kumarira mu mazi.

Gusa ubu amakuru yagiye hanze, avuga ko hari urusaku ruri kumvikana bakeka ko ari urw’ubu bwato nk’uko byatangajwe n’ikigo cy’Abanya-Canada, Atlantic Ocean.

Iki kigo kivuga ko “urwo rusaku” rwumvikanye hafi y’ahakekwaga ko ubwo bwato buherereye.

Abari gushakisha ubu bwato, batanze ubu butumwa bakoresheje imeyiri, bavuze ko urwo rusaku rwumvikanye buri minota 30’ rukongera kumvikana mu isaha imwe.

Ubu bwato burimo umunyemari w’umuherwe w’Umwongereza utunze abarirwa za Miliyari, Hamish Harding ndetse n’umushoramari w’Umunya-Pakistan Shahzada Dawood n’umuhungu we w’imyaka 19 Suleman Dawood.

Abari bagiye muri uru rugendo, bari bishyuye ibihumbi 250 by’Amadolari (arenga Miliyoni 260 Frw) y’uru rugendo rw’ubukerarugendo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + fourteen =

Previous Post

Libya: Abimukira bari bagiye guhambirizwa bakoze igikorwa cyateye urujijo

Next Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yafashije ugezweho muri Kenya mu ndirimbo isigiriza umukunzi we

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

6 Fruits you should eat after every meal
IMIBEREHO MYIZA

6 Fruits you should eat after every meal

by radiotv10
29/01/2026
0

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yafashije ugezweho muri Kenya mu ndirimbo isigiriza umukunzi we

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yafashije ugezweho muri Kenya mu ndirimbo isigiriza umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

6 Fruits you should eat after every meal

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.