Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko SACCO-Karangazi yo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare yibwe miliyoni 25 400 000 Frw nta rugi cyangwa idirishya ryishwe; RIB yamaze guta muri yombi abantu batandatu barimo umuyobozi mukuru w’iki kigo cy’Imari.

Ubu bujura bwateye urujijo bwamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, ubwo abakozi b’iyi SACCO y’Umurenge wa Karangazi bazaga mu kazi nkuko bisanzwe ariko bagasanga amafaranga yose yari arimo ntayahari.

Icyo gihe Gatarayiha Dan usanzwe ari Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’iyi SACCO, yari yavuze ko yaba umucungamutungo ndetse n’abakozi batanga serivisi muri iki kigo cy’imari, bagiye kureba aho basiga amafaranga, bakayabura.

Yavuze kandi ko bahise bajya no kureba mu isanduku y’umutamenwa ibikwamo amafaranga menshi, na yo bagasanga irera.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rutangira iperereza kuri ubu bujura, ndetse kugeza ubu rukaba rumaze guta muri yombi abantu batandatu barimo umuyobozi mukuru w’iyi SACCO.

Amakuru avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rukomeje gukora iperereza kuri ubu bujura, kugira ngo hamenyekane uwaba yaratwaye ariya mafaranga y’abaturage.

Icyakora kuva haba ubu bujura, iki kigo cy’imari cya SACCO-Karangazi cyakomeje gutanga serivisi nkuko bisanzwe, ndetse Banki Nkuru y’u Rwanda ikaba yizeza abasanzwe babitsa amafaranga muri iyi SACCO, batazagirwaho ingaruka n’ubu bujura.

Nubwo muri iyi SACCO hibiwemo miliyoni 24,5 Frw; ubusanzwe ibi bigo by’imari ntibyemerewe kurarana amafaranga arenga miliyoni 10 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + seventeen =

Previous Post

Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho

Next Post

Igikomangoma cy’u Bwongereza cyanze kuba Ibwami yakoze ibyatunguye benshi

Related Posts

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, yateguje ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice bimwe byo mu Turere twa Nyarugenge, Nyamasheke na...

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

by radiotv10
14/11/2025
0

Abakoresha Gare ya Nyanza barasaba ko yakongerwa cyangwa igasanwa, kuko yabaye nto cyane ugereranyije n’umubare w’ibinyabiziga n’abagenzi biyongereye muri iyi...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

by radiotv10
14/11/2025
0

Musonera Germain wakoze mu biro bya Minisitiri w’Intebe, wanifuzaga kuba Umudepite akaza gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, yakatiwe...

IZIHERUKA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga
MU RWANDA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikomangoma cy’u Bwongereza cyanze kuba Ibwami yakoze ibyatunguye benshi

Igikomangoma cy’u Bwongereza cyanze kuba Ibwami yakoze ibyatunguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.