Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko SACCO-Karangazi yo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare yibwe miliyoni 25 400 000 Frw nta rugi cyangwa idirishya ryishwe; RIB yamaze guta muri yombi abantu batandatu barimo umuyobozi mukuru w’iki kigo cy’Imari.

Ubu bujura bwateye urujijo bwamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, ubwo abakozi b’iyi SACCO y’Umurenge wa Karangazi bazaga mu kazi nkuko bisanzwe ariko bagasanga amafaranga yose yari arimo ntayahari.

Icyo gihe Gatarayiha Dan usanzwe ari Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’iyi SACCO, yari yavuze ko yaba umucungamutungo ndetse n’abakozi batanga serivisi muri iki kigo cy’imari, bagiye kureba aho basiga amafaranga, bakayabura.

Yavuze kandi ko bahise bajya no kureba mu isanduku y’umutamenwa ibikwamo amafaranga menshi, na yo bagasanga irera.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rutangira iperereza kuri ubu bujura, ndetse kugeza ubu rukaba rumaze guta muri yombi abantu batandatu barimo umuyobozi mukuru w’iyi SACCO.

Amakuru avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rukomeje gukora iperereza kuri ubu bujura, kugira ngo hamenyekane uwaba yaratwaye ariya mafaranga y’abaturage.

Icyakora kuva haba ubu bujura, iki kigo cy’imari cya SACCO-Karangazi cyakomeje gutanga serivisi nkuko bisanzwe, ndetse Banki Nkuru y’u Rwanda ikaba yizeza abasanzwe babitsa amafaranga muri iyi SACCO, batazagirwaho ingaruka n’ubu bujura.

Nubwo muri iyi SACCO hibiwemo miliyoni 24,5 Frw; ubusanzwe ibi bigo by’imari ntibyemerewe kurarana amafaranga arenga miliyoni 10 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 15 =

Previous Post

Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho

Next Post

Igikomangoma cy’u Bwongereza cyanze kuba Ibwami yakoze ibyatunguye benshi

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikomangoma cy’u Bwongereza cyanze kuba Ibwami yakoze ibyatunguye benshi

Igikomangoma cy’u Bwongereza cyanze kuba Ibwami yakoze ibyatunguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.