Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku itegeko rihana abatinganyi muri Uganda ryari ritegerejwe kwemezwa bidasubirwa

radiotv10by radiotv10
29/05/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Amakuru mashya ku itegeko rihana abatinganyi muri Uganda ryari ritegerejwe kwemezwa bidasubirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yemeje bidasubirwaho itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina, ryari riherutse gutorwa n’Inteko Ishinga Amategeko y’iki Gihugu.

Nyuma yuko Perezida wa Uganda yemeje iri tegeko, rirahita rijya mu mategeko y’iki Gihugu, ndetse ritangire gukurikizwa, mu gihe hari abacyekaga ko atazaryemeza kubera igitutu cy’Ibihugu by’ibihangange.

Ubutumwa bwatambutse kuri Twitter y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Gicurasi, bugira buti “Perezida Kaguta Museveni yasinye umushinga w’itegeko rirwanya ubutinganyi rya 2023. Ubu ubutinganyi ni igikorwa kitemewe.”

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Annet Among yashimiye Perezida Museveni wemeje uyu mushinga w’itegeko agendeye ku ngingo ya 91 y’Itegeko Nshinga.

Anita Annet Among yavuze ko Inteko Ishinga Amategeko yatoye uyu mushinga mu rwego rwo gusubiza ibyifuzo by’Abanya-Uganda kandi ko yabikoze na yo yisunze Itegeko Nshinga rya Uganda.

Ati “Twahagurukiye kurinda umuco n’imigenzereze biboneye by’abaturage bacu […] ndashimira nyakubahwa Perezida kuba yemeje iri tegeko mu nyungu za Uganda.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 4 =

Previous Post

Umuyobozi ukomeye mu Burusiya yageze muri Kenya nyuma yuko uwa Ukraine agendereye u Rwanda

Next Post

America mu ba mbere bishimiye itorwa rya Erdogan watsindiye gukomeza kuyobora Turkey

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America mu ba mbere bishimiye itorwa rya Erdogan watsindiye gukomeza kuyobora Turkey

America mu ba mbere bishimiye itorwa rya Erdogan watsindiye gukomeza kuyobora Turkey

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.