Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru mashya ku kirego cya Moses Turahirwa ushobora kwisanga imbere y’Urukiko vuba aha

radiotv10by radiotv10
03/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Moses Turahirwa watangaje ibyateje impaka yahamagajwe na RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore Moses Turahirwa ukurikiranyweho ibyaha birimo iby’inyandiko mpimbano yigaragarije ubwe ko inzego zo mu Rwanda zamwemereye kwitwa ‘igitsinagore/F’ muri Pasiporo, yamaze gukorerwa dosiye, inashyikirizwa Ubushinjacyaha bushobora kumuregera Urukiko mu gihe cyagenwe n’itegeko.

Moses Turahirwa washinze inzu y’imideri yambika abakomeye barimo n’abayobozi ku rwego rw’Igihugu, yatawe muri yombi mu cyumweru gishize, tariki 27 Mata 2023.

Ni nyuma yo guhamagazwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamutumijeho kugira ngo asobanure iby’inyandiko yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko cyera kabaye inzego z’u Rwanda zamwemereye ko muri Pasiporo ye handikwa ko ari igitsinagore (F/Feminine).

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, rwahakanye ko rutatanze iyo Pasiporo ndetse ruza no gusohora itangazo rwamagana iby’iyo nyandiko yari yagaragajwe na Moses.

Nyuma yuko atawe muri yombi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwanatangaje ko uretse icyaha cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, uyu musore anakekwaho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge kuko ibizamini bya laboratori nkuru w’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga, byagaragaje ko mu mubiri we harimo ibiyobyabwenge.

Amakuru ahari ni uko uru Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Gicurasi 2023, rwashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Moses Turahirwa.

Ubusanzwe itegeko rigena iminsi itanu ko mu gihe Ubushinjacyaha bwakiriye dosiye, buyisuzuma, ubundi bwasanga ari ngombwa ko ishyikirizwa Urukiko rubifitiye ububasha, bukaruregera uregwa.

Uyu musore uri mu baza ku isonga mu buhanga bwo guhanga imideri mu Rwanda, yatawe muri yombi nyuma y’ibyo yakunze gutangaza byazamuraga impaka, birimo ifoto yashyize hanze asa nk’uwambaye ubusa yakinze umwenda ku myanya y’ibanga.

Byaje kuba agahomamunwa ubwo yagaragaraga mu mashusho ari gusambana n’abandi bagabo, ndetse na we aza kwiyemerera ko ugaragara muri ayo mashusho, ari we koko, ariko asaba imbabazi Abanyarwanda bakojejwe isoni na yo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + thirteen =

Previous Post

Igisubizo cyatanzwe n’uwafashwe yambukiranya Intara ebyiri afite ubwoko bubiri bw’ibigize icyaha gikomeye

Next Post

Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.