Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru mashya ku kirego cya Moses Turahirwa ushobora kwisanga imbere y’Urukiko vuba aha

radiotv10by radiotv10
03/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Moses Turahirwa watangaje ibyateje impaka yahamagajwe na RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore Moses Turahirwa ukurikiranyweho ibyaha birimo iby’inyandiko mpimbano yigaragarije ubwe ko inzego zo mu Rwanda zamwemereye kwitwa ‘igitsinagore/F’ muri Pasiporo, yamaze gukorerwa dosiye, inashyikirizwa Ubushinjacyaha bushobora kumuregera Urukiko mu gihe cyagenwe n’itegeko.

Moses Turahirwa washinze inzu y’imideri yambika abakomeye barimo n’abayobozi ku rwego rw’Igihugu, yatawe muri yombi mu cyumweru gishize, tariki 27 Mata 2023.

Ni nyuma yo guhamagazwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamutumijeho kugira ngo asobanure iby’inyandiko yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko cyera kabaye inzego z’u Rwanda zamwemereye ko muri Pasiporo ye handikwa ko ari igitsinagore (F/Feminine).

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, rwahakanye ko rutatanze iyo Pasiporo ndetse ruza no gusohora itangazo rwamagana iby’iyo nyandiko yari yagaragajwe na Moses.

Nyuma yuko atawe muri yombi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwanatangaje ko uretse icyaha cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, uyu musore anakekwaho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge kuko ibizamini bya laboratori nkuru w’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga, byagaragaje ko mu mubiri we harimo ibiyobyabwenge.

Amakuru ahari ni uko uru Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Gicurasi 2023, rwashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Moses Turahirwa.

Ubusanzwe itegeko rigena iminsi itanu ko mu gihe Ubushinjacyaha bwakiriye dosiye, buyisuzuma, ubundi bwasanga ari ngombwa ko ishyikirizwa Urukiko rubifitiye ububasha, bukaruregera uregwa.

Uyu musore uri mu baza ku isonga mu buhanga bwo guhanga imideri mu Rwanda, yatawe muri yombi nyuma y’ibyo yakunze gutangaza byazamuraga impaka, birimo ifoto yashyize hanze asa nk’uwambaye ubusa yakinze umwenda ku myanya y’ibanga.

Byaje kuba agahomamunwa ubwo yagaragaraga mu mashusho ari gusambana n’abandi bagabo, ndetse na we aza kwiyemerera ko ugaragara muri ayo mashusho, ari we koko, ariko asaba imbabazi Abanyarwanda bakojejwe isoni na yo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 18 =

Previous Post

Igisubizo cyatanzwe n’uwafashwe yambukiranya Intara ebyiri afite ubwoko bubiri bw’ibigize icyaha gikomeye

Next Post

Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.