• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru mashya ku kirego cya Moses Turahirwa ushobora kwisanga imbere y’Urukiko vuba aha

radiotv10by radiotv10
03/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Moses Turahirwa watangaje ibyateje impaka yahamagajwe na RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore Moses Turahirwa ukurikiranyweho ibyaha birimo iby’inyandiko mpimbano yigaragarije ubwe ko inzego zo mu Rwanda zamwemereye kwitwa ‘igitsinagore/F’ muri Pasiporo, yamaze gukorerwa dosiye, inashyikirizwa Ubushinjacyaha bushobora kumuregera Urukiko mu gihe cyagenwe n’itegeko.

Moses Turahirwa washinze inzu y’imideri yambika abakomeye barimo n’abayobozi ku rwego rw’Igihugu, yatawe muri yombi mu cyumweru gishize, tariki 27 Mata 2023.

Ni nyuma yo guhamagazwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamutumijeho kugira ngo asobanure iby’inyandiko yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko cyera kabaye inzego z’u Rwanda zamwemereye ko muri Pasiporo ye handikwa ko ari igitsinagore (F/Feminine).

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, rwahakanye ko rutatanze iyo Pasiporo ndetse ruza no gusohora itangazo rwamagana iby’iyo nyandiko yari yagaragajwe na Moses.

Nyuma yuko atawe muri yombi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwanatangaje ko uretse icyaha cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, uyu musore anakekwaho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge kuko ibizamini bya laboratori nkuru w’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga, byagaragaje ko mu mubiri we harimo ibiyobyabwenge.

Amakuru ahari ni uko uru Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Gicurasi 2023, rwashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Moses Turahirwa.

Ubusanzwe itegeko rigena iminsi itanu ko mu gihe Ubushinjacyaha bwakiriye dosiye, buyisuzuma, ubundi bwasanga ari ngombwa ko ishyikirizwa Urukiko rubifitiye ububasha, bukaruregera uregwa.

Uyu musore uri mu baza ku isonga mu buhanga bwo guhanga imideri mu Rwanda, yatawe muri yombi nyuma y’ibyo yakunze gutangaza byazamuraga impaka, birimo ifoto yashyize hanze asa nk’uwambaye ubusa yakinze umwenda ku myanya y’ibanga.

Byaje kuba agahomamunwa ubwo yagaragaraga mu mashusho ari gusambana n’abandi bagabo, ndetse na we aza kwiyemerera ko ugaragara muri ayo mashusho, ari we koko, ariko asaba imbabazi Abanyarwanda bakojejwe isoni na yo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + eleven =

Previous Post

Igisubizo cyatanzwe n’uwafashwe yambukiranya Intara ebyiri afite ubwoko bubiri bw’ibigize icyaha gikomeye

Next Post

Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

Next Post
Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.