Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku Munyarwanda washakishwaga bikomeye uri mu bashyiriweho intego na America

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku Munyarwanda washakishwaga bikomeye uri mu bashyiriweho intego na America
Share on FacebookShare on Twitter

Fulgence Kayishema wahigishwaga uruhindu kubera uruhare akekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatusi, uri mu bashyiriweho intego na Leta Zunze Ubumwe za America ku bazatanga amakuru yo kubafata, yafatiwe muri Afurika y’Epfo.

Itangazo dukesha Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, rivuga ko Kayishema Fulgence yafashwe ku gicamunsi cy’ejo hashize ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023.

Uyu mugabo uri mu Banyarwanda bashakishwaga bikomeye kubera uruhare bakekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe mu gace ka Paarl muri Afurika y’Epfo.

IRMCT ivuga ko Fulgence Kayishema yafashwe ku gikorwa kidasanzwe cyakozwe n’Itsinda ryihariye rw’Ubushinjacyaha bw’uru rwego rishinzwe gushakisha abakekwaho ibyaha, ndetse n’inzego za Afurika y’Epfo.

Akekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi bagera mu bihumbi bibiri (2 000) bari bahungiye ku Paruwasi ya Nyange.

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz agaruka ku ifatwa rye, yagize ati “Fulgence Kayishema yashakishwaga kuva mu myaka irenga makumyabiri ishize. Ifatwa rye ryaduhaye icyizere ko agiye kugezwa imbere y’ubutabera kugira ngo aryozwe ibyaha akekwaho.”

Uyu Mushinjacyaha Mukuru wa IRMCT yakomeje avuga ko Jenoside ari icyaha cy’indengakamere kibasira ikiremwamuntu, bityo ko abakigizemo uruhare bose, umuryango mpuzamahanga uzakora ibishoboka byose kugira ngo babihanirwe.

Ati “Iri fatwa rye ni urugero rukomeye rugaragaza umuhate udasanzwe kandi ubutabera buzatangwa, igihe icyo ari cyo cyose bizafata.”

Yavuze kandi ko ifatwa ry’uyu Munyarwanda ryashobotse ku bufatanye bwa Leta ya Afurika y’Epfo ndetse n’itsinda ryihariye ryashyizweho na Perezida w’iki Gihugu, Cyril Ramaphosa.

Nanone kandi hari Ibihugu byatanze ubufasha bwaganishije ku ifatwa rye, birimo Ubwami bwa Eswatini na Mozambique, nanone ariko hakaba uruhare rukomeye rw’ubuyobozi bw’u Rwanda byumwihariko Ubushinjacyaha Bukuru bw’iki Gihugu buyobowe na Aimable Havugiyaremye, Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda.

Serge Brammertz yaboneyeho no gushimira ubufasha bwatanzwe n’ibindi Bihugu binyuranye ku Isi, birimo Leta Zunze Ubumwe za America, Canada n’u Bwongereza.

Yakomeje yihanganisha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakomeje kugira ibikomere binyuranye. Ati “Ibiro byanjye birizeza ko bitazigera bitezuka ku ntego zo gutuma bahabwa ubutabera.”

Kayishema yari yarashyiriweho impapuro zo kumufata n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwari rwashyiriweho u Rwanda ICTR muri 2001.

Akekwaho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside byumwihariki iyicwa ry’Abatutsi ibihumbi bibiri biciwe i Nyange tariki 15 Mata 1994, aho yatanze peteroli yo gutwika kiliziya yari irimo Abatutsi bari bahunze, byananirana agategeka ko bayibasenyeraho.

Yari mu Banyarwanda bashyiriweho intego ku muntu uzatuma bafatwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Minisitiri Mimosa yasinye amasezerano y’irindi rushanwa rikomeye rizabera mu Rwanda

Next Post

Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye

Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n'impamvu atishimye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.