Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku Munyarwanda washakishwaga bikomeye uri mu bashyiriweho intego na America

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku Munyarwanda washakishwaga bikomeye uri mu bashyiriweho intego na America
Share on FacebookShare on Twitter

Fulgence Kayishema wahigishwaga uruhindu kubera uruhare akekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatusi, uri mu bashyiriweho intego na Leta Zunze Ubumwe za America ku bazatanga amakuru yo kubafata, yafatiwe muri Afurika y’Epfo.

Itangazo dukesha Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, rivuga ko Kayishema Fulgence yafashwe ku gicamunsi cy’ejo hashize ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023.

Uyu mugabo uri mu Banyarwanda bashakishwaga bikomeye kubera uruhare bakekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe mu gace ka Paarl muri Afurika y’Epfo.

IRMCT ivuga ko Fulgence Kayishema yafashwe ku gikorwa kidasanzwe cyakozwe n’Itsinda ryihariye rw’Ubushinjacyaha bw’uru rwego rishinzwe gushakisha abakekwaho ibyaha, ndetse n’inzego za Afurika y’Epfo.

Akekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi bagera mu bihumbi bibiri (2 000) bari bahungiye ku Paruwasi ya Nyange.

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz agaruka ku ifatwa rye, yagize ati “Fulgence Kayishema yashakishwaga kuva mu myaka irenga makumyabiri ishize. Ifatwa rye ryaduhaye icyizere ko agiye kugezwa imbere y’ubutabera kugira ngo aryozwe ibyaha akekwaho.”

Uyu Mushinjacyaha Mukuru wa IRMCT yakomeje avuga ko Jenoside ari icyaha cy’indengakamere kibasira ikiremwamuntu, bityo ko abakigizemo uruhare bose, umuryango mpuzamahanga uzakora ibishoboka byose kugira ngo babihanirwe.

Ati “Iri fatwa rye ni urugero rukomeye rugaragaza umuhate udasanzwe kandi ubutabera buzatangwa, igihe icyo ari cyo cyose bizafata.”

Yavuze kandi ko ifatwa ry’uyu Munyarwanda ryashobotse ku bufatanye bwa Leta ya Afurika y’Epfo ndetse n’itsinda ryihariye ryashyizweho na Perezida w’iki Gihugu, Cyril Ramaphosa.

Nanone kandi hari Ibihugu byatanze ubufasha bwaganishije ku ifatwa rye, birimo Ubwami bwa Eswatini na Mozambique, nanone ariko hakaba uruhare rukomeye rw’ubuyobozi bw’u Rwanda byumwihariko Ubushinjacyaha Bukuru bw’iki Gihugu buyobowe na Aimable Havugiyaremye, Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda.

Serge Brammertz yaboneyeho no gushimira ubufasha bwatanzwe n’ibindi Bihugu binyuranye ku Isi, birimo Leta Zunze Ubumwe za America, Canada n’u Bwongereza.

Yakomeje yihanganisha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakomeje kugira ibikomere binyuranye. Ati “Ibiro byanjye birizeza ko bitazigera bitezuka ku ntego zo gutuma bahabwa ubutabera.”

Kayishema yari yarashyiriweho impapuro zo kumufata n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwari rwashyiriweho u Rwanda ICTR muri 2001.

Akekwaho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside byumwihariki iyicwa ry’Abatutsi ibihumbi bibiri biciwe i Nyange tariki 15 Mata 1994, aho yatanze peteroli yo gutwika kiliziya yari irimo Abatutsi bari bahunze, byananirana agategeka ko bayibasenyeraho.

Yari mu Banyarwanda bashyiriweho intego ku muntu uzatuma bafatwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 11 =

Previous Post

Minisitiri Mimosa yasinye amasezerano y’irindi rushanwa rikomeye rizabera mu Rwanda

Next Post

Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye

Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n'impamvu atishimye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.