Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku Munyarwanda washakishwaga bikomeye uri mu bashyiriweho intego na America

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku Munyarwanda washakishwaga bikomeye uri mu bashyiriweho intego na America
Share on FacebookShare on Twitter

Fulgence Kayishema wahigishwaga uruhindu kubera uruhare akekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatusi, uri mu bashyiriweho intego na Leta Zunze Ubumwe za America ku bazatanga amakuru yo kubafata, yafatiwe muri Afurika y’Epfo.

Itangazo dukesha Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, rivuga ko Kayishema Fulgence yafashwe ku gicamunsi cy’ejo hashize ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023.

Uyu mugabo uri mu Banyarwanda bashakishwaga bikomeye kubera uruhare bakekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe mu gace ka Paarl muri Afurika y’Epfo.

IRMCT ivuga ko Fulgence Kayishema yafashwe ku gikorwa kidasanzwe cyakozwe n’Itsinda ryihariye rw’Ubushinjacyaha bw’uru rwego rishinzwe gushakisha abakekwaho ibyaha, ndetse n’inzego za Afurika y’Epfo.

Akekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi bagera mu bihumbi bibiri (2 000) bari bahungiye ku Paruwasi ya Nyange.

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz agaruka ku ifatwa rye, yagize ati “Fulgence Kayishema yashakishwaga kuva mu myaka irenga makumyabiri ishize. Ifatwa rye ryaduhaye icyizere ko agiye kugezwa imbere y’ubutabera kugira ngo aryozwe ibyaha akekwaho.”

Uyu Mushinjacyaha Mukuru wa IRMCT yakomeje avuga ko Jenoside ari icyaha cy’indengakamere kibasira ikiremwamuntu, bityo ko abakigizemo uruhare bose, umuryango mpuzamahanga uzakora ibishoboka byose kugira ngo babihanirwe.

Ati “Iri fatwa rye ni urugero rukomeye rugaragaza umuhate udasanzwe kandi ubutabera buzatangwa, igihe icyo ari cyo cyose bizafata.”

Yavuze kandi ko ifatwa ry’uyu Munyarwanda ryashobotse ku bufatanye bwa Leta ya Afurika y’Epfo ndetse n’itsinda ryihariye ryashyizweho na Perezida w’iki Gihugu, Cyril Ramaphosa.

Nanone kandi hari Ibihugu byatanze ubufasha bwaganishije ku ifatwa rye, birimo Ubwami bwa Eswatini na Mozambique, nanone ariko hakaba uruhare rukomeye rw’ubuyobozi bw’u Rwanda byumwihariko Ubushinjacyaha Bukuru bw’iki Gihugu buyobowe na Aimable Havugiyaremye, Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda.

Serge Brammertz yaboneyeho no gushimira ubufasha bwatanzwe n’ibindi Bihugu binyuranye ku Isi, birimo Leta Zunze Ubumwe za America, Canada n’u Bwongereza.

Yakomeje yihanganisha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakomeje kugira ibikomere binyuranye. Ati “Ibiro byanjye birizeza ko bitazigera bitezuka ku ntego zo gutuma bahabwa ubutabera.”

Kayishema yari yarashyiriweho impapuro zo kumufata n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwari rwashyiriweho u Rwanda ICTR muri 2001.

Akekwaho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside byumwihariki iyicwa ry’Abatutsi ibihumbi bibiri biciwe i Nyange tariki 15 Mata 1994, aho yatanze peteroli yo gutwika kiliziya yari irimo Abatutsi bari bahunze, byananirana agategeka ko bayibasenyeraho.

Yari mu Banyarwanda bashyiriweho intego ku muntu uzatuma bafatwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − two =

Previous Post

Minisitiri Mimosa yasinye amasezerano y’irindi rushanwa rikomeye rizabera mu Rwanda

Next Post

Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye

Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n'impamvu atishimye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.