Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku mwana bivugwa ko yatewe inda n’umwarimu akanamutorokana mu mahanga

radiotv10by radiotv10
12/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
6
Amakuru mashya ku mwana bivugwa ko yatewe inda n’umwarimu akanamutorokana mu mahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umukobwa w’imyaka 12 wiga mu mashuri abanza mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, wari wabuze nyuma yuko biketswe ko yatokanywe n’umwarimu we ukekwaho kumutera inda, yabonetse avanywe muri Uganda.

Uyu mwana yari yaburiye mu Mudugudu wa Kinihira mu Kagari ka Barija mu Murenge wa Nyagatare ku mugoroba wo ku ya 09 Mutarama 2023.

Hari amakuru avuga kandi ko uyu mwarimu ukekwaho gutera inda uyu mwana yabanje kumujyana mu muryango wabo mu Murenge wa Rwempasha kugira ngo bamuhe imiti yo gukuramo iyi nda, ari na bwo yahavanywe ajyanwa muri Uganda.

Nyuma yuko uyu mwana abuze, inzego z’umutekano z’u Rwanda zatangiye gukorana n’iza Uganda kuko hakekwa ko ari ho yatorokanywe n’umwarimu umwigisha ukekwaho kumutera inda.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Mutarama 2023, uyu mwana yageze ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka ku mpande zombi ziramuhererekanya.

Umwe mu bazi ikibazo cy’uyu mwana yabwiye ikinyamakuru Umuseke ko yatewe inda n’umwarimu umwigisha ari na we ushobora kuba ari inyuma yo kuba uyu mwana yari yabanje kubura.

Uyu watanze amakuru yagize ati “Umwarimu wamwigishaga, ni we wamutorokanye muri Uganda.”

Emmanuel Bagabo, se w’uyu mwana avuga ko hari abana bamuherekeje ubwo yari agiye kugenda yari kumwe n’uwo mwarimu we ukekwaho kumutera inda.

Yagize ati “Dushingiye ku makuru twahawe n’abandi bana, ko bamuherekeje, bakamusigana na we muri gare, ni cyo cyatumye twemera neza ko ayo makuru ari yo kandi n’aho yabonetse, uwo bari kumwe ngo yirukanse.”

Inzego zishinzwe umutekano n’iz’ubutabera ziri gushakisha uyu mwarimu ukekwaho gusambanya uyu mwana akamutera inda akanamutorokana, kugira ngo abikurikiranweho.

RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RUB) ariko inshuro zose twagerageje ntibyakunze. Nihamenyekana andi makuru, turayabagezaho.

RADIOTV10

Comments 6

  1. Theonillle MUHIRE says:
    3 years ago

    Uyu mwalimu akwiye gukurikiranwa rwose kuko yangije ejo hazaza huwo mujyambere

    Reply
  2. Jean Damascene says:
    3 years ago

    Uwo murezi rwose akwiye gufatwa agafungwa kuko ubwo suburere

    Reply
  3. ZEPHANIE NSENGIMANA says:
    3 years ago

    Uyu mwarimu yasebeje bagenzi bahuje umwuga wo kwigisha.Rero akwiye gukurikiranwa

    Reply
  4. ZEPHANIE NSENGIMANA says:
    3 years ago

    Uyu mwarimu yasebeje bagenzi be bahuje umwuga wo kwigisha.Rero akwiye gukurikiranwa

    Reply
  5. Aine ugandan says:
    3 years ago

    It’s tremendous scandal.
    Let the law prevail.
    These ignorant teacher with poor mind should be punished and be come an exemplary to others.

    Reply
  6. NZIYUMVIRA Alexis says:
    3 years ago

    Uy’umwarimu ari gusebya umwuga azakurikiranywe akanirwe urumukwiye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 19 =

Previous Post

Ibisobanuro by’umuhanzi w’Umuyarwanda wakoze ibyafashwe nko kwamamaza ubutinganyi

Next Post

Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Türkiye buriruka amasigamana, mu myaka 3 bwikubye 5

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

The proverb “Charity begins at home” is a reminder that kindness, generosity, and good behavior should start with the people...

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

03/12/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

03/12/2025
Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Türkiye buriruka amasigamana, mu myaka 3 bwikubye 5

Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Türkiye buriruka amasigamana, mu myaka 3 bwikubye 5

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.