Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku mwana bivugwa ko yatewe inda n’umwarimu akanamutorokana mu mahanga

radiotv10by radiotv10
12/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
6
Amakuru mashya ku mwana bivugwa ko yatewe inda n’umwarimu akanamutorokana mu mahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umukobwa w’imyaka 12 wiga mu mashuri abanza mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, wari wabuze nyuma yuko biketswe ko yatokanywe n’umwarimu we ukekwaho kumutera inda, yabonetse avanywe muri Uganda.

Uyu mwana yari yaburiye mu Mudugudu wa Kinihira mu Kagari ka Barija mu Murenge wa Nyagatare ku mugoroba wo ku ya 09 Mutarama 2023.

Hari amakuru avuga kandi ko uyu mwarimu ukekwaho gutera inda uyu mwana yabanje kumujyana mu muryango wabo mu Murenge wa Rwempasha kugira ngo bamuhe imiti yo gukuramo iyi nda, ari na bwo yahavanywe ajyanwa muri Uganda.

Nyuma yuko uyu mwana abuze, inzego z’umutekano z’u Rwanda zatangiye gukorana n’iza Uganda kuko hakekwa ko ari ho yatorokanywe n’umwarimu umwigisha ukekwaho kumutera inda.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Mutarama 2023, uyu mwana yageze ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka ku mpande zombi ziramuhererekanya.

Umwe mu bazi ikibazo cy’uyu mwana yabwiye ikinyamakuru Umuseke ko yatewe inda n’umwarimu umwigisha ari na we ushobora kuba ari inyuma yo kuba uyu mwana yari yabanje kubura.

Uyu watanze amakuru yagize ati “Umwarimu wamwigishaga, ni we wamutorokanye muri Uganda.”

Emmanuel Bagabo, se w’uyu mwana avuga ko hari abana bamuherekeje ubwo yari agiye kugenda yari kumwe n’uwo mwarimu we ukekwaho kumutera inda.

Yagize ati “Dushingiye ku makuru twahawe n’abandi bana, ko bamuherekeje, bakamusigana na we muri gare, ni cyo cyatumye twemera neza ko ayo makuru ari yo kandi n’aho yabonetse, uwo bari kumwe ngo yirukanse.”

Inzego zishinzwe umutekano n’iz’ubutabera ziri gushakisha uyu mwarimu ukekwaho gusambanya uyu mwana akamutera inda akanamutorokana, kugira ngo abikurikiranweho.

RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RUB) ariko inshuro zose twagerageje ntibyakunze. Nihamenyekana andi makuru, turayabagezaho.

RADIOTV10

Comments 6

  1. Theonillle MUHIRE says:
    3 years ago

    Uyu mwalimu akwiye gukurikiranwa rwose kuko yangije ejo hazaza huwo mujyambere

    Reply
  2. Jean Damascene says:
    3 years ago

    Uwo murezi rwose akwiye gufatwa agafungwa kuko ubwo suburere

    Reply
  3. ZEPHANIE NSENGIMANA says:
    3 years ago

    Uyu mwarimu yasebeje bagenzi bahuje umwuga wo kwigisha.Rero akwiye gukurikiranwa

    Reply
  4. ZEPHANIE NSENGIMANA says:
    3 years ago

    Uyu mwarimu yasebeje bagenzi be bahuje umwuga wo kwigisha.Rero akwiye gukurikiranwa

    Reply
  5. Aine ugandan says:
    3 years ago

    It’s tremendous scandal.
    Let the law prevail.
    These ignorant teacher with poor mind should be punished and be come an exemplary to others.

    Reply
  6. NZIYUMVIRA Alexis says:
    3 years ago

    Uy’umwarimu ari gusebya umwuga azakurikiranywe akanirwe urumukwiye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Ibisobanuro by’umuhanzi w’Umuyarwanda wakoze ibyafashwe nko kwamamaza ubutinganyi

Next Post

Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Türkiye buriruka amasigamana, mu myaka 3 bwikubye 5

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Türkiye buriruka amasigamana, mu myaka 3 bwikubye 5

Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Türkiye buriruka amasigamana, mu myaka 3 bwikubye 5

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.